Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Icyo Polisi Ivuga Ku Buzukuru Ba Shitani B’i Rubavu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Icyo Polisi Ivuga Ku Buzukuru Ba Shitani B’i Rubavu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2024 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Visi Perezida wa Sena Hon Nyirasafari Espérance asabiye inzego zose guhagurukira abiyise Abuzukuru ba Shitani bazengereje abatuye Rubavu, Taarifa yabajije Polisi icyo ivuga kuri abo buzukuru ba Sekibi.

Mbere y’uko twumva icyo Polisi ibivugaho, ni ngombwa kwibukiranya icyo Abasenateri babivuzeho.

Mu ngendo barimo  mu Turere tw’u Rwanda, abasuye Akarere ka Rubavu babwiwe n’ubuyobozi bw’imwe muri Koperative z’aho ko bajya bahohoterwa n’abitwa Abuzukuru ba Shitani.

Hon Nyirasafari nawe ukomoka mu Karere ka Rubavu yasabye ubuyobozi bw’aka Karere kurangiza iki kibazo cy’ubujura n’urugomo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abo Buzukuru ba Shitani biganjemo abana bato bakunze kuvugwa mu Mujyi wa Rubavu mu mirenge ya Rubavu na Gisenyi.

Nyirasafari yari ari kumwe na mugenzi we Marie Rose Mureshyankwano.

Abo Buzukuru biyise ko ari aba Sekibi bavugwaho kwambura abaturage ku manywa y’ihangu, abibasirwa cyane bakaba abatuye  imirenge ya Nyamyumba, Mudende na Bugeshi.

Espérance Nyirasafari avuga ko kuba muri Rubavu hari abantu bitwa batyo kandi barangwa n’urugomo biha Rubavu isura mbi kandi isanzwe ari ahantu hitabirwa n’abakerarugendo.

Icyo Polisi ivuga kuri iki kibazo gihangayikishije Abasenateri…

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba Superintendent of Police ( SP) Bonaventure Twizere Karekezi yabwiye Taarifa ko urwego avugira rufatana iki kibazo uburemere.

Ati: “…Icyo twabwira abaturage ni uko Police ishinzwe umutekano w’abaturage bose. Ntabwo izihanganira uwo ariwe wese ushaka guhungabanya umutekano wabo. Tuzakomeza kubungabunga umutekano w’abaturage nk’uko dusanzwe tubikora.”

N’ubwo ari uko Polisi ibivuga, ku rundi ruhande hari abaturage banenga ko nta matara y’umutekano aba ku mabaraza y’inzu z’i Rubavu, ibi bigatiza umurindi abakora urugomo kuko babikorera mu kabwibwi.

Indi mpamvu Taarifa yamenye ishobora kuba ari nawo muzi ushibukaho abo Buzukuru ba Shitani ni uko hari abaturage kavukire bo muri Rubavu babyara indahekana, abana bagatangira kubura uburere bakiri bato, bakaboneza umuhanda.

Umwana umaze kwigira hejuru iyo abuze ibiribwa cyangwa ibindi by’ibanze,  ahebera urwaje akajya gushikuza abantu telefoni, ibikapu n’amasakoshi y’abagore.

Kuba umujyi wa Rubavu ukorerwamo ubucuruzi bwambikiranya imipaka bituma ibonekamo amafaranga menshi ndetse n’amadolari y’Amerika($) bigatuma abana bararukira kujya kuyashaka yo.

Mu gihe i Rubavu havugwa abo Buzukuru, hari ahandi mu Rwanda havugwa andi matsinda y’abantu biyemeje kwica amategeko.

Abo ni Abahebyi b’i Muhanga, bahohotera abarinda ibirombe by’amabuye y’agaciro, bakabikora bitwaje intwaro zirimo ibisongo, amapiki, inyundo  n’ibitiyo.

Mu Karere ka Gatsibo haba abitwa ‘Imparata’.

‘Imparata’ zikorera mu Karere ka Gatsibo aho zicukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe, zikongeraho no kwangiza ibikorwaremezo.

Abo bose Polisi ifite inshingano zo kubageza imbere y’amategeko akabahanira ibyo bakora bihabanye nayo.

Rwanda: Abasenateri Barasaba Inzego Guhagurukira Abuzukuru Ba Shitani

TAGGED:AbahebyiAbuzukuruAmabuyefeaturedGatsiboMuhangaNyirasafariRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahinzi Barishimira Ko Umusaruro Wazamutse Kuri Hegitari Ifumbiye
Next Article Kigali: Abazunguzayi Bagiye Kunganirwa Ngo Bacike Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?