Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igihugu Cya Mynamar Cyagushije Ishyano: Abantu 1002 Bishwe N’Umutingito 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Igihugu Cya Mynamar Cyagushije Ishyano: Abantu 1002 Bishwe N’Umutingito 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 March 2025 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare – nayo y’agateganyo- iravuga ko abantu 1002 ari bo bahitanywe n’umutingito wabaye muri Mynamar.

Wibasiye cyane iki gihugu ariko ugera n’ahandi harimo mu Bushinwa, mu Buhinde, Bangladesh, Thailand na Laos.

Ingabo zo muri Mynamar nizo ziri gukora cyane mu gushakisha ababa bagihumeka.

Uretse abantu 1002 bamaze kubarurwa ko bahitanywe na kiriya kiza, hari abandi 2,376 bakomeretse mu gihe abantu 30 baburiwe irengero.

Umutingito wabaye mu gice Mynamar iherereyemo wari ufite ubukana bwa 7.7.

Ikigo cy’Amerika gukurikirana imikorere y’imitingito n’ibirunga, US Geological Survey, kivuga ko isoko y’uriya mutingito iherereye ahitwa Mandalay, hakaba ari naho hahuye n’ibibazo byinshi byatewe nawo.

Umwe mu batabazi bo muri kiriya gice yabwiye BBC ko bari gucukuza ibitiyo n’amapiki ngo barebe ko hari abantu basanga baguhumeka.

Ati: ” Turi gukoresha ibiganza byacu ngo turebe ko twagira abo dusanga bagihumeka”.

Hamwe mu habanje guhura n’ikibazo ni ahantu abafundi barenga 100 bubakaga umuturirwa urabahirimira.

Abenshi muri bo bahaguye abandi barengewe n’inkuta bakaba bagishakishwa.

Ubutegetsi bwa Mynamar bwasabye amahanga kuza kubugoboka kugira ngo harebwe uko abantu benshi batabarwa bibaye ari ibishoboka.

Myanmar, cyangwa se Repubulika y’ubumwe ya Myanmar, hakaba n ‘abayita Burma, ni igihugu gikora icyarimwe mu Majyaruguru no mu Majyepfo ya Aziya.

Gituwe na Miliyoni 55 kigaturana n’Ubuhinde, Bangladesh, Ubushinwa, Thailand na Laos.

Umurwa mukuru wa Mynamar ni Naypyidaw.

TAGGED:AbantuAbasirikareAbaturagefeaturedMynamarUmutingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yasabye RIB Kwita Ku Bwenge Buhangano Mu Guhashya Ibyaha
Next Article Musanze: Ubuziranenge Bw’Ibiryo By’ Amatungo Bushimwa N’Aborozi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?