Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitero Cya Mbere Cya Israel Ya Bennett Cyagabwe Kuri Syria
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igitero Cya Mbere Cya Israel Ya Bennett Cyagabwe Kuri Syria

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2021 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka z’intambara za Israel zagabye igitero mu mujyi witwa Quneitra uri mu Majyaruguru yayo ni ukuvuga mu Majyepfo ya Syria.

Ni agace kari kamaze iminsi gakoreshwa n’abarwanyi ba Hezbollah bazaga kuhacungira uko ingabo za Israel zitoreza ahitwa Golan.

Israel yarashe kariya gace nyuma y’uko hari ikindi gitero yari iherutse kugaba mu kandi gace kifashishwaga n’abarwanyi ba Hezbollah kugira ngo bacunge ibikorwa by’ingabo za Israel.

Ibifaro bya Israel nibyo byasenye biriya bice byombi.

Umwe mu bakora mu Biro by’Umuvugizi w’Ingabo za Israel witwa Lt Col Avichay Adraee yanditse kuri Twitter ko ‘ingabo z’igihugu cye zahisemo kurasa kariya gace kubera ko zari zararangije kubona ko kifashishwa n’abarwanyi ba Hezbollah kugira ngo bazineke.’

Iki nicyo gitero cya mbere Israel igabye ku banzi bayo kuva Naftali Benett yaba Minisitiri w’intebe mu ntangiriro z’icyumweru cyatangiye ku wa Mbere tariki 14, Kamena, 2021.

Akiri Minisitiri w’ingabo Naftali Bennett yakoze uko ashoboye ngo igihugu cye cyotse igitutu Iran n’abarwanyi yateraga inkunga baherereye mu Majyaruguru yayo.

Ingabo za Israel zizwiho kurasa ahantu hose zamenye ko hakorera Hezbollah cyangwa Hamas, zikabikora mu rwego rwo gukumira ko hari intwaro Iran ishobora guha umwe muri iyi mitwe nayo ikazazikoresha irasa abatuye Israel.

Hari abandi barwanyi benshi Israel yiciye mu bice bitandukanye harimo no muri Golan aho bababaga bashaka gushinga ibirindiro kugira ngo bajye bayitera ari ho baturutse.

Muri iki gihe abanga Israel bashinze umutwe bise The Golan Project ugamije kuzigarurira igice cya Golan, kandi ukajya utegura ugakora n’ibikorwa byo gutera Israel uturutse yo.

Ukorera mu murwa mukuru wa Syria witwa Damascus n’uwa Liban witwa Beirut.

The Jerusalem Post yandika ko abenshi muri bayoboke b’uriya mutwe bakorera no mu mijyi ya Hadar, Quneitra na Erneh.

Aba bantu kandi ngo nibo bakora ibikorwa byo gutata ngo barebe uko Israel yitoreza muri Golan.

TAGGED:BennettfeaturedHamasHezbollahIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amasasu yavugiye muri nyungwe ubwoba bwari bwose || Kayitesi Alice wakomerekejwe nibitero bya FLN
Next Article Bamenya ukina muri Bamenya series na Miss Igisabo muri Equity bank bahawe imirimo mishya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?