Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igitero Cya Mbere Cya Israel Ya Bennett Cyagabwe Kuri Syria
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igitero Cya Mbere Cya Israel Ya Bennett Cyagabwe Kuri Syria

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2021 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka z’intambara za Israel zagabye igitero mu mujyi witwa Quneitra uri mu Majyaruguru yayo ni ukuvuga mu Majyepfo ya Syria.

Ni agace kari kamaze iminsi gakoreshwa n’abarwanyi ba Hezbollah bazaga kuhacungira uko ingabo za Israel zitoreza ahitwa Golan.

Israel yarashe kariya gace nyuma y’uko hari ikindi gitero yari iherutse kugaba mu kandi gace kifashishwaga n’abarwanyi ba Hezbollah kugira ngo bacunge ibikorwa by’ingabo za Israel.

Ibifaro bya Israel nibyo byasenye biriya bice byombi.

Umwe mu bakora mu Biro by’Umuvugizi w’Ingabo za Israel witwa Lt Col Avichay Adraee yanditse kuri Twitter ko ‘ingabo z’igihugu cye zahisemo kurasa kariya gace kubera ko zari zararangije kubona ko kifashishwa n’abarwanyi ba Hezbollah kugira ngo bazineke.’

Iki nicyo gitero cya mbere Israel igabye ku banzi bayo kuva Naftali Benett yaba Minisitiri w’intebe mu ntangiriro z’icyumweru cyatangiye ku wa Mbere tariki 14, Kamena, 2021.

Akiri Minisitiri w’ingabo Naftali Bennett yakoze uko ashoboye ngo igihugu cye cyotse igitutu Iran n’abarwanyi yateraga inkunga baherereye mu Majyaruguru yayo.

Ingabo za Israel zizwiho kurasa ahantu hose zamenye ko hakorera Hezbollah cyangwa Hamas, zikabikora mu rwego rwo gukumira ko hari intwaro Iran ishobora guha umwe muri iyi mitwe nayo ikazazikoresha irasa abatuye Israel.

Hari abandi barwanyi benshi Israel yiciye mu bice bitandukanye harimo no muri Golan aho bababaga bashaka gushinga ibirindiro kugira ngo bajye bayitera ari ho baturutse.

Muri iki gihe abanga Israel bashinze umutwe bise The Golan Project ugamije kuzigarurira igice cya Golan, kandi ukajya utegura ugakora n’ibikorwa byo gutera Israel uturutse yo.

Ukorera mu murwa mukuru wa Syria witwa Damascus n’uwa Liban witwa Beirut.

The Jerusalem Post yandika ko abenshi muri bayoboke b’uriya mutwe bakorera no mu mijyi ya Hadar, Quneitra na Erneh.

Aba bantu kandi ngo nibo bakora ibikorwa byo gutata ngo barebe uko Israel yitoreza muri Golan.

TAGGED:BennettfeaturedHamasHezbollahIntambaraIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amasasu yavugiye muri nyungwe ubwoba bwari bwose || Kayitesi Alice wakomerekejwe nibitero bya FLN
Next Article Bamenya ukina muri Bamenya series na Miss Igisabo muri Equity bank bahawe imirimo mishya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?