Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IGP Munyuza Yibukije Urubyiruko Akamaro Ko Gutangira Amakuru Ku Gihe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

IGP Munyuza Yibukije Urubyiruko Akamaro Ko Gutangira Amakuru Ku Gihe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 July 2022 4:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yasozaga amahugurwa urubyiruko rw’abakorera bushake yari amaze iminsi abera  mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri mu Murenge wa Gishari, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yababwiye ko gutanga amakuru mu gihe nyacyo ari ingenzi mu gukumira ibyaha no gukurikirana ababikekwaho.

Si ugutangira amakuru ku gihe yabibukije gusa, ahubwo yabibukije ko nabo bagombye kwirinda ibyaha kuko nabo bashobora kubikora bikabagiraho ingaruka ndetse no ku gihugu muri rusange.

Urubyiruko rw’abakorera bushake ni abasore n’inkumi bafasha mu kwitabira gahunda za Leta no kureba niba zikurikizwa uko zakabaye ariko rutabangamiye inshingano za Polisi cyangwa ubugenzacyaha muri rusange.

Mu masaha yabanjirije ijambo rya IGP Munyuza, ruriya rubyiruko rwabanje kuganirizwa n’abandi bayobozi barimo na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alice Kayitesi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yari ari kumwe n’abayobozi b’Uturere tugize Intara ayobora.

Bamuteze amatwi

Babwiye ruriya rubyiruko ko hari ahantu bashobora gushora imari cyangwa kwigana n’abahakorera uko imirimo yahahangirwa.

Abasore n’inkumi baganirijwe no ku ruhare rwabo mu kurwanya ibyaha bikorerwa mu ikoranabuhanga n’itangazamakuru bakangurirwa gukoresha ubumenyi bafite mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga no kubyirinda kuko Umutekano w’ikoranabuhanga ukeneye imbaraga n’ubumenyi by’urubyiruko.

Mu Ugushyingo, 2021 Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza nabwo  yasoje ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi itanu yahuzaga urubyiruko rw’abakorerabushake.

Yari yaratangiye tariki ya 29 Ukwakira, yafunguwe  na Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi.

- Advertisement -

Aya yo yabereye mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze (NPC).

Asoza ku mugaragaro ayo mahugurwa umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza icyo yashimiye uru rubyiruko ku bikorwa rukora, abasaba gukomereza muri uwo mujyo wo gukorera Igihugu.

Yababwiye ko ari urubyiruko rw’abakorerabushake kandi bakorana imbaraga kandi babishimirwa.

Yibukije urubyiruko rw’abakorerabushake ko aribo igihugu gifite mu guhangana n’abakora bene ibyo byaha

TAGGED:AbakorerabushakefeaturedGishariMunyuzaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isuri Iri Mu Bishonjesha Abanyarwanda
Next Article Nyamagabe: Umusirikare Yabwiye Abitabiriye Umuganda Ko Umutekano Ucunzwe Neza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?