Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ijambo Rya Perezida Kagame Rigaragaza Uko Igihugu Gihagaze Mu 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Ijambo Rya Perezida Kagame Rigaragaza Uko Igihugu Gihagaze Mu 2021

admin
Last updated: 27 December 2021 3:50 pm
admin
Share
SHARE

 

Bayobozi b’inzego zitandukanye z’igihugu cyacu,

Nshuti z’u Rwanda,

Banyarwanda mwese,

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbanje kubasuhuza

Uyu ni umwaka wa kabiri dusoje duhanganye n’icyorezo cya COVID-19.

Byadusabye kwiga vuba nk’igihugu kugira ngo tumenye guhangana n’ibibazo bishya byatewe n’iki cyorezo uko cyagiye gihinduka. Icyakora twashoboye gutera intambwe nziza kandi igihugu cyacu gihagaze neza.

Ndagira ngo nshimire abanyarwabnda twese ku bwo gukomeza gukora cyane no gukomera ku iterambere n’imibereho myiza byacu n’iby’igihugu cyacu, cyane cyane muri ibi bihe bitoroshye.

Muri uyu mwaka u Rwanda rwahanganye n’ibibazo byinshi birimo ibyo mu nzego z’ubuzima, ubukungu n’umutekano. Bumwe mu buryo bw’ingenzi twifashishieje mu kurinda abanyarwanda ni ugukingira igihugu cyose urukingo rwa COVID-19.
Kugeza ubu 80% by’abaturage bacu guhera ku bafite imyaka 12 kuzamura bahawe nibura urukingo rumwe.

- Advertisement -

Turashimira ababigizemo uruhare bose harimo n’abafatanyabikorwa baduhaye inkingo n’izindi nkunga.

Uko dukomeza gutera intambwe tujya imbere, tugomba kurushaho kwigira kandi tukitegura guhangana n‘icyashaka kuduhungabanya.
Niyo mpamvu twatangiye gufatanya n’imiryago, ari Ubumwe bwa Afurika n’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi ndetse n’amasosiyete nka BioNTech mu gukorera inkingo n’indi miti mu Rwanda guhera mu mwaka utaha.

Bitewe n’ibyemezo bishingiye ku bushishozi byafashwe muri uyu mwaka, ubukungu bw’u Rwanda bwariyongereye bishimishije kandi twizeye ko bizakomeza.

Ikigega cyo kuzahura ubukungu kingana na miliyari 100 Frw kugeza ubu cyafashije ubucuruzi bwibasiwe cyane harimo n’urwego rw’ubukerarugendo no kwakira abashyitsi gukomeza gukora kandi bagakomeza guha abanyarwanda akazi.

Twakusanyije andi mafaranga azafasha mu gice cya kabiri cy’iyi gahunda, azakomemza kunganira ishoramari risanzwe mu gihugu ndetse n’irishya.

Ndagira ngo nshimire abasora bakomeje kugira uruhare mu iterambere ry’’ubukungu bw’u Rwanda, nubwo hari icyorezo.

Covid-19 yashimangiye isano hagati y’ikoranabuhanga n’iterambere ry’ubukungu.

Kuba u Rwanda rwarashyize ibaraga muri gahunda z’ikoranabuhanga hakiri kare byaradufashije bituma igihugu cyacu kitabohwa n’iki cyorezo ndetse n’ibindi bizaza.

Turashishikariza abanyarwanda bose cyane cyane urubyiruko rwacu, gukomeza guhanga udushya no gushakira ibisubizo ibibazo bitwugarije uyu munsi n’ejo hazaza.

Nyuma yo gufunga kenshi amashuri hirya no hino mu Rwanda, yongeye gufungura kandi yakomeje no gukora mu gice kinini cy’uyu mwaka.

Abanyeshuri bashoboye gukora ibizamini bya leta igihe ibintu byose byari bigifunze no kwimukira mu cyiciro gikurikiraho cy’amasomo yabo.

Amatora y’inzego z’ibanze yarabaye nyuma yo gusubikwa. Ubu duteze byinshi ku bayobozi batowe, icy’ingenzi cyane cyane muri byo ni ukunoza imitangire ya serivisi ku baturage.

Urwego rw’ubuhinzi rukomeje kuba ingenzi, aho rwatanze umusanzu wa 25% ku bukungu bw’igihugu mu 2021.

U Rwanda rukomeje kwihaza mu biribwa, rufite ibigega bihagije. Ndagira ngo nshimire abahinzi bacu kuba barakomeje kwihangana muri ibi bihe.

Nubwo hakiri ibibazo byinshi mu ngendo no guteranira hamwe, u Rwanda rwashoboye kwakira ibirori by’ingenzi muri uyu mwaka harimo n’Irushanwa nyafurika rya Basketball (Basketball Africa League) ryari ribaye ku nshuro ya mbere, ndetse n’inama zikomeye.

Igituma dukomeza kugera ku iterambere ry’u Rwanda ni ubufatanye buhamye dufitaye n’abafatanyabikorwa, byaba ibigo cyangwa ibihugu.

Kwishyira hamwe byaba mu karere cyangwa umugabane wa Afurika bikomeje kuba ku isonga muri gahunda zacu.

Dukomeje gushimangira umubano w’igihugu cyacu n’ibindi bihugu byo mu karere turimo ndetse no hanze yako, tunashakisha ibindi bishya byatubyarira inyungu twese.

Ibi birimo ubufatanye mu gukemura ibibazo by’umutekano harimo muri Repubulika ya Central Africa na Mozambique.

U Rwanda rushobora kugira ubwo bufatanye n’ibindi bihugu kuko umutekano n’umutuzo by’igihugu cyacu birinzwe kandi bikomeje gushyirwa imbere.

Tugakomeza kandi kureba ko umuntu wese wahungabanya umutekano n’umudendezo by’Abanyarwanda yashyikirizwa ubutabera kugira ngo abibazwe.

Reka dukomeze dukorere hamwe kandi twubakire ku byo tumaze kugeraho.

Mbifurije mwese hamwe n’abanyu gusoza uyu mwaka mu mahoro, ubuzima bwiza n’ibyishimo.

Murakoze.

TAGGED:COVID-19featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Somalia Yahagaritse Minisitiri W’Intebe
Next Article Aba Mbere Ku Isi Bahawe Urukingo Rwa Kane Rwa COVID
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?