Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikaramu Hitler Yandikishaga Yaguzwe $6,700
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ikaramu Hitler Yandikishaga Yaguzwe $6,700

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2023 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni muri cyamunara yari igamije kugurirwamo ibikoresho by’ umunyagitugu Adolf Hitler yakoreshaga igihe kirekire ubwo yategekaga Ubudage n’Uburayi by’Abanazi.

Si ikaramu ye Hitler izagurishwa muri iyi cyamunara kuko hari n’indi mitungo ye.

Cyamunara yabereye ahitwa Belfast.

Ikaramu ya Hitler yari ikozwe mu butare( silver, cuivre).

Mbere y’uko igurwa kuri kiriya giciro,  byavugwaga ahubwo ko ifite agaciro ka $62,000 ni ukuvuga £50,000.

Iriya karamu Hitler yayihawe n’umugore we witwaga Eva Braun ku munsi we w’amavuko ubwo yari agize imyaka 52.

Eva Anna Paula Hitler yari asanzwe ari gafotozi w’umwuga.

Eva Braun na Hitler. Ntitwashoboye kumenya italiki iyi foto yafatiwe.

Ikimenyetso cy’abanazi Hitler yambaraga cyagurishijwe ku £170 ni ukuvuga $210.

Iyi cyamunara yari yabanje kwamaganwa kubera ko hari ababonaga ko ari uburyo bwo guha umwanya abashyigikiye ibitekerezo by’Abanazi.

Bavugaga ko gukora iriya cyamura ari uguha Abanazi isura y’uko ari ibyamamare, ko n’ubwo bakoze amahano ibikoresho byabo ari iby’ibyamamare, bikwiye guhabwa agaciro.

Umwe mu babyamaganye ni umuyobozi w’ishyirahamwe ry’Abayahudi bo mu Bwongereza witwa Marie Van Der Zyl.

Yabwiye ikinyamakuru kitwa Jewish Chronicle ko biriya ari ibikorwa bidahwitse, bitiyubashye kandi bihungabanya abantu.

Abateguye iriya cyamunara, bo bavuga ko babikoze kugira ngo abantu basanzwe bazashobore kubona bimwe mu bikoresho by’ibanze Adolf Hilter yakoreshaga umunsi ku wundi.

Bivugwa ko yakundaga guhisha byinshi mu byo yari atunze, akabikora mu rwego rwo kwirinda ko abanzi be babona aho bahera bamugirira nabi.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abanyabwenge bo mu idini rya Kiyahudi bita rabbis( yitwa Rabbi Menachem Margolin) avuga ko kugurisha ibikoresho nka biriya ku bantu bose ngo ni uko bafite amafaranga, ari ugutanga amahirwe ku basanzwe banga Abayahudi.

Rabbi Menachem Margolin

Avuga ko kuba ntawamenya icyo ababiguze bazabikoresha, ubwabyo biteje impungenge.

Mu mwaka wa 2022 isaha Hitler yahoze yambara yaguzwe muri cyamunara miliyoni $1.1.

Iyo saha yatangiye kuyambara mu mwaka wa 1933.

TAGGED:AbanaziAbayahudiHitlerIkaramuIsraelUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abajenerali Babiri Birukanywe Muri RDF
Next Article Ruhango: Yemereye Urukiko Ko Yishe Umugore We Utwite Ku Bushake
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?