Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikawa Nayo Iri Mu Nzira Yo Gucika Ku Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikawa Nayo Iri Mu Nzira Yo Gucika Ku Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 August 2022 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakurikiranira hafi uko ikawa inyobwa ku isi n’uko abantu bayikunda kandi bakabihuza n’ibibazo biri mu buhinzi, bavuga ko kugeza ubu hari ubwoba bw’uko ishobora kuzabura ku kigero cya 60% mu gihe gito kiri imbere.

Guhumana kw’ikirere, kigashyuha byatumye uko imvura yagwaga bihinduka, bituma ubutaka butakaza imyunyungugu isanzwe izwiho gutuma ikawa iryoha by’umwimerere.

Imihindagurikire y’ikirere kandi ituma hirya no hino ku isi mu bihugu bisanzwe bizwiho kwera ikawa haduka ubutayu, bigatuma ibiti by’ikawa bigabanuka.

Igihugu cya mbere ku isi cyera ikawa ni Brazil, inyuma hakaza ibindi nka Ethiopia n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuhanga wandika iby’ubuhinzi n’ibindi bifitanye isano n’ubukungu mu kinyamakuru kitwa Business Insider witwa Abby Tang avuga ko ikindi kibazo gihari ari uko iyi mihindagurikire y’ikirere yatumye haduka n’indwara zifata ibiti by’ikawa.

Mu Rwanda ikawa ihera ni yo yitwa Arabica Canephora.

Ikawa iri mu binyobwa bikundwa kurusha ibindi ku isi

Kubera ko ibice ikawa yeragamo byugarijwe n’ibibazo twavuze haruguru, bituma idakura neza bityo hakaba hari impungenge z’uko rya janisha rivugwa haruguru rizacika ku isi.

Tang avuga ko ibintu bikomeje gutya, ikawa yazagera aho igacika ku isi mu myaka iri hagati ya 10 na 20 iri imbere.

Yungamo ko niyo ikawa yazaba ikiriho muri iki gihe, yazaba itagifite icyanga nk’icyo abantu bayiziho muri iki gihe.

- Advertisement -

Kugira ngo abantu birinde ko ibi byazabaho, ni ngombwa ko barinda ko ubutaka n’ikirere bikenewe kugira ngo ikawa izakomeze kugira icyanga nk’icyo ifite ubu, ari ngombwa ko abantu barinda ko ubutaka bukomeza kwangirika, ikawa ikarindirwa mu murima n’aho ihunikwa.

Ikawa ni igihingwa cy’ingirakamaro haba ku mubiri w’uyinywa haba no ku bukungu bw’ibihugu

Hagati aho ariko, ikawa ya Arabica niyo yugarijwe kurusha ubundi bwoko bw’ikawa bubaho.

Kuba ari yo yugarijwe kandi ikaba ari yo kawa ikunzwe kurusha ubundi bwoko ku isi, ni ikintu gihangayikishije.

Ubusanzwe ku isi hari ubwoko 124 bw’ikawa. Muri bwo ubugera kuri 75% harimo na Arabica Canephora buri mu marembera!

Aho ikawa ibera umwihariko ni uko bigoye ko ikawa yamerera mu butaka bwo muri labo nk’uko bikorwa ku bindi bimera.

Iragoye kuko imara igihe kirekire mu murima kugira ngo ibone amazi n’urumuri bihagije biyifasha gutuma ibitumbwe biba ibitumbwe no kugira ubudahangarwa buhagije buyirinda udukoko twa hato na hato.

Ibindi bihugu bifite ikawa nyinshi kandi bishobora kuzagerwaho n’ikibazo cyo kugabanuka cyane ku ikawa niba itarinzwe ibiryi ni Madagascar na Tanzania.

TAGGED:ArabicafeaturedIkawaIsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hafi ½ Cy’Amavuriro Ku Isi Ntagira Ubukarabiro Bwujuje Ibisabwa- WHO, UNICEF
Next Article Salma Mukansanga Umusifuzikazi Ukomeje Kwesa Imihigo: Agiye Kwita Ingagi IZINA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?