Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibuga Cya Golf Cyatwaye Akayabo Cyangijwe Kitarakoreshwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikibuga Cya Golf Cyatwaye Akayabo Cyangijwe Kitarakoreshwa

admin
Last updated: 10 June 2021 10:02 am
admin
Share
SHARE

Abari banyotewe no gukinira Golf ku bibuga kigezweho mu Mujyi wa Kigali bashobora gutegereza kurusha uko byari byitezwe, nyuma y’uko cyangijwe n’imiti yatewemo, ubwatsi bwari butoshye bukuma.

Iki kibuga cyahoze ari gito, ariko guhera muri Kanama 2019 cyatangiye kwagurwa n’ikigo Grégori International cyo mu Bufaransa, kiratunganywa ku buryo mbere cyari kigizwe n’imyobo 9 ariko ubu kigizwe na 18. Ni ishoramari ryubatswe kuri hegitari 65.

Magingo aya igice kinini cy’ubwatsi bw’iki kibuga cya Golf cyatwaye hafi miliyoni $11 – ni miliyari zisaga 10 Frw – bwarumye. Bishobora kuzafata igihe ngo bwongere kumera nk’uko bwahoze.

Ibi byose byatangiye ubwo mu kugura imiti n’ifumbire bya buriya bwatsi bugize ikibuga, hirengagijwe kamere yabwo n’ubutaka bwateweho, ari nabyo byagombaga kugena ifumbire n’imiti bikenewe. Kigali Golf Club yabitanzeho arenga $70,000.

Byaje kugaragara ko umuti n’ifumbire byaguzwe bitajyanye n’ubwatsi. Bigikoreshwa ubwatsi bwahise butangira kuma buhereye hejuru, ku buryo igice kinini cy’ikibuga kimaze kwangirika.

Ntabwo abayobora iki kibuga baramenya icyemezo kigomba gukurikira, gusa igishoboka ni ukurandura ubu bwatsi hagaterwa ubundi cyangwa kurindira bakareba niba bushobora gushibuka.

Mbere yo gukoresha iriya miti n’ifumbire byari byoroshye gukora igerageza ku gice gito cy’ikibuga bakareba umusaruro uvamo, mbere y’uko biterwa mu kibuga cyose bikacyangiza.

Taarifa yamenye ko ubuyobozi bwa Kigali Golf Club bwakoranye ku wa Kabiri ngo burebe icyakorwa mbere y’uko ibintu biba bibi kurushaho.

Hari amakuru ko amasezerano y’ikigo Grégori International cyo mu Bufaransa cyatunganyaga iki kibuga, yahise ahagarikwa. Ni nacyo cyacyubatse.

Ubwatsi bw’iki kibuga bwangijwe butarakoreshwa

Ntabwo iki kibuga kirakira irushanwa na rimwe kuva cyavugururwa ndetse kikagurwa.

Byateganywaga ko kizaganurwa ubwo u Rwanda rwari kuba rwakira inama y’abakuru b’ibihugu na guverinoma bigize Commonwealth, yagombaga kuba muri uku kwezi. Yaje kwimurwa kubera izamuka ry’ubwandu bwa COVID-19 hirya no hino ku isi.

Bivuze ko iyo idasubikwa, igihugu cyari kugira igisebo gikomeye kubera uburangare bwa rwiyemezamirimo.

Muri Gicurasi Minisitiri w’Ibikorwa remezo Gatete Claver ari na we ukurikirana iri shoramari, yatumije inama y’abafatanyabikorwa muri uyu mushinga, asaba raporo igaragaza uko ishoramari rihagaze.

Taarifa yabonye amakuru yizewe ko itsinda ryahawe kubikurikirana rishobora kuba ryararenze ku murongo yatanze.

Bishoboka ko yabeshywe ko ibintu bimeze neza cyangwa nta raporo yigeze ikorwa, kubera ibimenyetso bigaragaza ko umushinga ucunzwe nabi ndetse ko hashobora kuba harabaye inyerezwa ry’umutungo.

Taarifa imaze igihe icukumbura ibijyanye n’icungwa nabi ry’uyu mushinga wose ufite agaciro karenga miliyoni $20, mu minsi mike ikazatangaza byinshi.

Iki kibuga ntabwo kikimeze gutya kubera ko ubwatsi bwumye
Bizafata igihe ngo kiriya kibuga cyongere kumera gutya
TAGGED:CHOGMCHOGM 2021featuredGolfIkibugaKigali Golf Club
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacuruza ‘Occasion’ bararye bari menge
Next Article Protais Mpiranya Mu Bucuruzi Bwakomeje Gutuma Yihisha Ubutabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?