Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibuga Cy’Indege Cya Kabul Cyarashweho Ibisasu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ikibuga Cy’Indege Cya Kabul Cyarashweho Ibisasu

admin
Last updated: 30 August 2021 12:09 pm
admin
Share
SHARE

Ikibuga cy’Indege cya Kabul cyarashweho ibisasu kuri uyu wa Mbere, mu gihe ingabo zirimo iza Amerika zirimo gusoza ibikorwa byo guhungisha abanyamahanga n’abo bakoranaga muri Afghanistan, nyuma y’uko igihugu giheruka gufatwa n’umutwe wa Taliban.

Ni ibikorwa birimo kugana ku musozo, ariko amakenga ni yose kubera ibitero by’umutwe wa Islamic State udacana uwaka na Taliban.

Uheruka kugaba igitero ku kibuga cy’indege, cyahitanye abantu barenga 100 mu cyumweru gishize barimo abasirikare 13 ba Amerika.

Kuri iki Cyumweru Amerika yatangaje ko yarashe imodoka yari yamaze gutegurwa ngo yifahishwe mu gitero cya Islamic State. Iyo modoka my myanya y’inyuma harimo ibisasu nabyo byangijwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru avuga ko iyo modoka yarashwe n’indege nto ya Amerika, mu ntera ya kilometero ebyiri uvuye ku kibuga cy’indege.

Ibyo byose byakurikiwe n’ibisasu bya ‘rocket’ byarashwe ku kibuga cy’indege.

Umwe mu bayobozi bo mu mutwe wa Taliban yatangaje ko amakuru bafite ari uko harashwe ibisasu bitanu, byose bikaba byashwanyuwe n’ubwirinzi bw’ibisasu buba ku kibuga cy’indege.

Nta makuru yatangajwe y’abantu baba baguye muri ibyo bitero cyangwa ikindi kintu byangije, gusa byarushijeho gutera inkeke.

Amerika yavuze ko ibikorwa byo gukomeza guhungisha abantu i Kabul byakomeje nta nkomyi.

- Advertisement -

Uretse igitero cyagabwe ku modoka yarashwe n’indege, hari n’ikindi cya Islamic State yaburijemo ndetse hari amakuru ko hari abasivili bashobora kuba bahaburiye ubuzima, nk’uko AFP yabitangaje.

Ubwoba bufitiwe ibikorwa by’umutwe wa Islamic State bwatumye Abanyamerika na Taliban bafataya gucunga ikibuga cy’indege, ibintu bitatekerezwaga ko bishoboka mu byumweru bike bishize.

Perezida Joe Biden aheruka gutangaza ko ibikorwa byo kuvana ingabo za Amerika muri Afganistan no guhungisha abantu bakoranaga nazo mu myaka 20 zimaze muri Aghanistan, bizasozwa ku wa Kabiri.

Kugeza ubu abantu barenga 120,000 bamaze guhungishwa banyuze ku kibuga cy’indege cya Kabul.

Iyi modoka yarashwe n’indege yari irimo ibisasu

 

 

TAGGED:AfghanistanfeaturedTaliban
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafite Ubuhanga Mu Muco Nyarwanda N’Umurage Wawo Basabwe Kubyandika
Next Article U Rwanda Na Ethiopia Bihuzwa N’Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?