Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibuga Cy’indege I Bugesera, PSG, Arsenal… Icyezere Cy’Ubukerarugendo Bw’U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikibuga Cy’indege I Bugesera, PSG, Arsenal… Icyezere Cy’Ubukerarugendo Bw’U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2021 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga muri Kaminuza yigisha iby’ubukerarugendo yitwa University of Technology,  Tourism and Business Studies bavuga ko n’ubwo ruriya rwego rwazahajwe n’ingamba zo gukumira ubwandu bwa COVID-19, ariko bafite icyizere cy’uko buzazanzamuka ikibuga cy’indege cya Bugesera nicyuzura.

Ikindi ngo ni uko bizeye ko amasezerano u Rwanda rugirana n’amakipe akomeye yo ku isi nka Arsenal, PSG n’andi azongera umubare w’abazasura u Rwanda kandi ngo ubu buzaba ari uburyo bwo kuzahura ubukerarugendo no kwakira abashyitsi.

Umuyobozi wa Kaminuza w’iriya Kaminuza Dr Callixte Kabera avuga ko abanyeshuri bo mu kigo ayobora bahabwa amasomo azabafasha mu kazi kandi kandi ngo yizeye ko igihe ibintu byasubiye mu buryo, ubukerarugendo buzakorwa neza nk’uko bisanzwe.

Kabera ati: “ Ibintu nibisura mu buryo, twizeye ko urwego rw’ubukerarugendo ruzafasha mu kongera kuzanzamura ubukungu kandi ubumenyi abanyeshuri bacu bahabwa nibwo buzabibafashamo.”

Prof Dr Callixte Kabera

aarifa yamubajije niba yari yajya muri Hotel runaka agahabwa serivisi mbi, asubiza ko byamubayeho ariko ko inama aha abantu ari ukujya bacyebura ubahaye serivisi mbi, yakwanga kubyumva bakabibwira umuyobozi we.

Ikindi ngo ni uko iyo yagiye muri Hotel akenshi aba yajyanywe no gusuzuma uko ibihakorerwa bikorwa( ni ukuvuga imitangire ya serivisi) kugira ngo hazabeho gufasha abanyeshuri.

Kuri uyu wa Kane hari abanyeshuri bari buhabwe impamyabumenyi…

Guhera kuri uyu wa Kane tariki 18, Kanama, 2021 Kaminuza yigisha iby’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubushabitsi (UTB) iraha abanyeshuri barangije mu myaka y’amashuri abiri ishize, ni ukuvuga umwaka wa 2019-2020 na 2020-2021.

Abanyeshuri bose bazahabwa ziriya mpamyabumenyi ni 1406 ariko muri 200 nibo bazahagararira abandi mu birori bizabera muri imwe muri hoteli z’i Kigali.

Iyi Kaminuza yatangiye muri 2006. Icyo gihe amasomo yamaraga igihe gito, amezi runaka, ariko igenda ikura.

Muri iki gihe ifite ishami i Rubavu, ikaba yarafunguwe mu Ukwakira, 2020.

Muri Kigali hari indi campus nshya nayo izatahwa mu Ukwakira 2021.

Ikorana n’izindi zo mu Rwanda no mu Karere.

Kuva iyi Kaminuza yatangira imaze gusohora abanyeshuri 5 800.

Iriya Kaminuza yahaye abanyeshuri batazabasha kwitabira uriya muhango bahawe murandasi yo kuzakurikira umuhango ifite agaciro ka Miliyoni 6 Frw.

TAGGED:AbanyeshurifeaturedKaberaKaminuzaKigaliRubavuUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abo Mu Rwanda Batumiza Ibintu I Dubai ‘Bararye Bari Menge’
Next Article Inguzanyo Zishyurwa Nabi Mu Rwanda Zageze Kuri 5.7 Ku Ijana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?