Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikibuga Cy’indege I Bugesera, PSG, Arsenal… Icyezere Cy’Ubukerarugendo Bw’U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikibuga Cy’indege I Bugesera, PSG, Arsenal… Icyezere Cy’Ubukerarugendo Bw’U Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2021 4:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga muri Kaminuza yigisha iby’ubukerarugendo yitwa University of Technology,  Tourism and Business Studies bavuga ko n’ubwo ruriya rwego rwazahajwe n’ingamba zo gukumira ubwandu bwa COVID-19, ariko bafite icyizere cy’uko buzazanzamuka ikibuga cy’indege cya Bugesera nicyuzura.

Ikindi ngo ni uko bizeye ko amasezerano u Rwanda rugirana n’amakipe akomeye yo ku isi nka Arsenal, PSG n’andi azongera umubare w’abazasura u Rwanda kandi ngo ubu buzaba ari uburyo bwo kuzahura ubukerarugendo no kwakira abashyitsi.

Umuyobozi wa Kaminuza w’iriya Kaminuza Dr Callixte Kabera avuga ko abanyeshuri bo mu kigo ayobora bahabwa amasomo azabafasha mu kazi kandi kandi ngo yizeye ko igihe ibintu byasubiye mu buryo, ubukerarugendo buzakorwa neza nk’uko bisanzwe.

Kabera ati: “ Ibintu nibisura mu buryo, twizeye ko urwego rw’ubukerarugendo ruzafasha mu kongera kuzanzamura ubukungu kandi ubumenyi abanyeshuri bacu bahabwa nibwo buzabibafashamo.”

Prof Dr Callixte Kabera

aarifa yamubajije niba yari yajya muri Hotel runaka agahabwa serivisi mbi, asubiza ko byamubayeho ariko ko inama aha abantu ari ukujya bacyebura ubahaye serivisi mbi, yakwanga kubyumva bakabibwira umuyobozi we.

Ikindi ngo ni uko iyo yagiye muri Hotel akenshi aba yajyanywe no gusuzuma uko ibihakorerwa bikorwa( ni ukuvuga imitangire ya serivisi) kugira ngo hazabeho gufasha abanyeshuri.

Kuri uyu wa Kane hari abanyeshuri bari buhabwe impamyabumenyi…

Guhera kuri uyu wa Kane tariki 18, Kanama, 2021 Kaminuza yigisha iby’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubushabitsi (UTB) iraha abanyeshuri barangije mu myaka y’amashuri abiri ishize, ni ukuvuga umwaka wa 2019-2020 na 2020-2021.

Abanyeshuri bose bazahabwa ziriya mpamyabumenyi ni 1406 ariko muri 200 nibo bazahagararira abandi mu birori bizabera muri imwe muri hoteli z’i Kigali.

Iyi Kaminuza yatangiye muri 2006. Icyo gihe amasomo yamaraga igihe gito, amezi runaka, ariko igenda ikura.

Muri iki gihe ifite ishami i Rubavu, ikaba yarafunguwe mu Ukwakira, 2020.

Muri Kigali hari indi campus nshya nayo izatahwa mu Ukwakira 2021.

Ikorana n’izindi zo mu Rwanda no mu Karere.

Kuva iyi Kaminuza yatangira imaze gusohora abanyeshuri 5 800.

Iriya Kaminuza yahaye abanyeshuri batazabasha kwitabira uriya muhango bahawe murandasi yo kuzakurikira umuhango ifite agaciro ka Miliyoni 6 Frw.

TAGGED:AbanyeshurifeaturedKaberaKaminuzaKigaliRubavuUbukerarugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abo Mu Rwanda Batumiza Ibintu I Dubai ‘Bararye Bari Menge’
Next Article Inguzanyo Zishyurwa Nabi Mu Rwanda Zageze Kuri 5.7 Ku Ijana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?