Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abo Mu Rwanda Batumiza Ibintu I Dubai ‘Bararye Bari Menge’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

Abo Mu Rwanda Batumiza Ibintu I Dubai ‘Bararye Bari Menge’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2021 2:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni umuburo utangwa na Kassim Kaganda uyobora Diaspora y’Abanyarwanda baba muri Leta yiyunze y’Abarabu nyuma yo kubona ko hari bagenzi babo batumiza ibintu i Dubai bakazategereza ko bigera i Kigali bagaheba!

Kaganda yabwiye Taarifa ko mu myaka hafi 23 amaze muri kiriya gihugu atigeze abona hari Abanyarwanda batekera bagenzi babo imitwe bakabariganya amafaranga yabo. Ngo bitangiye muri iki gihe.

Mu kiganiro cyihariye yaduhaye Kassim Kaganda, avuga ko mu mezi macye ashize hari ibirego byamugezeho biturutse muri Ambasade y’u Rwanda muri kiriya gihugu bivuga ko hari Abanyarwanda baba i Dubai bohererezwa na bagenzi babo amafaranga ngo baboherereze ibicuruzwa runaka abandi bakayarya.

Avuga ko hari n’Abanyarwanda bajyayo, bakahasanga inshuti zabo bakazizera bakazisigira amafaranga ngo zizaboherereze ibintu nibagera i Kigali ariko bagategereza amaso agahera mu kirere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Kassim Kaganda mu Biro bye i Dubai

Ikindi ngo ni uko hari n’ubwo Umunyarwanda asigira mugenzi we uba i Dubai nka $ 10,000 ngo azamurangurire anamwoherereze imari, undi akohereza imari ya $ 3,000, yamubaza aho andi ari, undi akamusubiza ko yabaye ayakoresheje, ko azayamwishyura.

Iki cyizere ngo kimaze igihe kiraza amasinde!

Kaganda avuga ko ikibabaje ari uko abenshi mu bamburwa ariya mafaranga ari ababa baragiriye bagenzi babo icyizere ntibirirwe bandikirana.

Ikibazo cyageze mu Biro by’Umukuru w’Igihugu

Bwana Kassim Karanga avuga ko ikibazo cy’Abanyarwanda batekera abandi umutwe kizwi haba muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ndetse ngo cyagejejwe no mu Biro by’Umukuru w’u Rwanda.

- Advertisement -

Ati: “Maze kubona intera ibi bintu bifite, nahisemo ko twatangira gukumira hakiri kare kugira ngo Umuryango w’Abanyarwanda baba muri iki gihugu utazagibwaho umugayo, tukitwa ba bihemu aho duciye hose.”

Avuga ko byaba ari igisebo kibi ku Rwanda kumva ko abaturage barwo ari abahemu nk’uko bivugwa kuri bamwe  mu Banyafurika baba muri kiriya gihugu.

Hari inama iherutse guterana yiga kuri iki kibazo igifatiramo imyanzuro irimo no kuzashyira ku rubanda urutonde rw’abo yise ‘ruharwa mu kuba bihemu.’

Karanga yatubwiye ko hari gahunda yo kuzagera urutonde ku rwego rw’ubugenzacyaha bwa kiriya gihugu kugira ngo rukurikirane abo Banyarwanda bahemukira bagenzi babo.

TAGGED:AbacuruziAbanyarwandaAbarabufeaturedRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyashingiweho U Rwanda Rwongera Amasezerano Na Arsenal F.C
Next Article Ikibuga Cy’indege I Bugesera, PSG, Arsenal… Icyezere Cy’Ubukerarugendo Bw’U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

UN N’u Rwanda Mu Bufatanye Bufite Agaciro Ka Miliyari $1

Nduhungirehe Mu Nama Ihuza Afurika N’Uburayi

Hagiye Kongera Kwibukwa Imiryango Y’Abatutsi Yazimye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kamerthe Ntashira Amakenga Iby’Amasezerano Y’Amahoro Ya DRC N’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zahabu Igiye Kuba Indi Mari Ibitswe Muri BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?