Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikifuzo Cya Théoneste Bagosora Cyatewe Utwatsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27Ubutabera

Ikifuzo Cya Théoneste Bagosora Cyatewe Utwatsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2021 8:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Théoneste Bagosora ufungiwe muri Mali yangiwe kurekurwa atarangije igihano cye. Umucamanza  Carmel Agius niwe watangaje ko Bagosora agomba gukomeza gufungwa akarangiza igifungo cy’imyaka 35 yakatiwe kubera guhamwa na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mbere yari yarakatiwe gufungwa burundu, ariko igihano cye kiza kugabanywa afungwa ategekwa gufungwa imyaka 35. Icyo gihe hari muri 2011.

Urukiko mpuzamahanga rwashyiriwe u Rwanda nirwo rwamuhamije biriya byaha ruramukatira.

Igihano yahawe n’umucamanza Carmel Agius azakirangiza afite imyaka 89 y’amavuko.

Bagosora yavukiye mu cyahoze ari Komini Giciye, ubu ni mu Karere ka Nyabihu.

Muri 1992 yashinzwe guhagararira Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Minisiteri y’ingabo.

Muri 1993 yavuye mu ngabo asezerewe agiye mu kiruhuko cy’izabukuru ariko akomeza kugira ijambo rikomeye mu ngabo z’u Rwanda zitwaga Inzirabwoba.

N’ubwo yitabiriye ibiganiro byavuyemo amasezerano yiswe aya Arusha muri Kanama, 1993, Bagosora ntiyigeze yemera ibiyakubiyemo ahubwo yigeze kuyavamo ataha mu Rwanda avuga ko agiye gutegurira Abatutsi icyo yise ‘imperuka, apocalypse’.

Umucamanza Carmel Agius

Umwe mu basirikare bakuru ba MINUAR witwa Luc Marchal yigeze kuvuga ko Bagosora yamubwiye ko uburyo bumwe bwo gukemura ikibazo Abatutsi batezaga u Rwanda ari ‘ukubarimbura’

Nyuma yaje gushinga umutwe w’insoresore zigizwe n’Abahutu b’abahezanguni wiswe ‘Interahamwe.’

Zagombaga gukorera muri buri Komini y’u Rwanda, zigakorana na Polisi n’ubutegetsi.

Urukiko rwamuhamije ko yagize uruhare mu gukwirakwiza imihoro mu baturage, iyo mihoro ikaba yarakoreshejwe mu kwica Abatutsi muri Jenoside yabakorewe guhera muri Mata kugeza muri Nyakanga 1994.

Hagati ya Mutarama 1993 na Werurwe 1994, u Rwanda rwatumije imihoro 500 000, uyu ukaba ari umubare warutaga inshuro ebyiri imihoro yose rwatumije hanze kuva rwabaho.

Tariki 18, Ukuboza, 2008 nibwo Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriwe ho u Rwanda rwahamije Thèoneste Bagosora n’abandi basirikare bakuru barimo Major Aloys Ntabakuze na Colonel Anatole Nsengiyumva icyaha cya Jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyoko muntu, rubakatira gufungwa burundu.

TAGGED:AbatutsiBagosorafeaturedJenosideMaliUmucamanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mibare: Ingengabitekerezo Ya Jenoside Yari Yifashe Ite Mu Myaka 3 Ishize
Next Article I Bujumbura Bishimiye Icyemezo U Rwanda Ruherutse Gufata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Ikigo ICPAR Kishimira Aho Kigeze Giteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?