Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikiganiro Cya Biden Nyuma Y’Uko Abatalibani Bafashe Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ikiganiro Cya Biden Nyuma Y’Uko Abatalibani Bafashe Afghanistan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2021 6:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yaraye ahaye ABC News, Perezida w’Amerika Joe Biden yavuze ko abantu baherutse guhanuka mu ndege y’ingabo z’Amerika bashaka ko ibajyana muri Amerika batahanutse ku wa Mbere tariki 16, Kanama,2021 ngo byabaye ‘mu minsi itanu yabanje.’

Nicyo kiganiro cya mbere Perezida w’Amerika yatanze kuva Abatalibani bafashe ubutegetsi i Kabul muri Afghanistan.

Ku wa mbere nibwo amashusho y’abantu bahanukaga mu ndege y’ingabo z’

Amerika yari yaje kujyana bamwe mu banya Afghanistan muri Amerika yagaragaye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iriya ndege ya rutura yo mu bwoko bwa Hercules yatwaye abaturage ba Afghanistan bafashije Amerika ubwo yari mu rugamba muri kiriya gihugu ariko hari abandi bashakaga ko ibajyana bayurira ku mababa yayo bafata amatara bizeye ko abapilote bari bubagirire impuhwe bakabaha uburyo bwo kuyinjiramo.

Si ko byagenze kuko indege yagurutse hanyuma ba bantu umuyaga urabahanura.

Byatangaje isi biranayibabaza kuko hari inyandiko nyinshi zasohowe mu binyamakuru byo ku isi harimo n’ibyo muri Amerika byabyamaganye.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 18, Kanama, 2021 ubwo yahaga ikiganiro umunyamakuru wa ABC News witwa George Stephanopoulos, Perezida Biden yabajijwe niba ariya mafoto yarayabonye kandi akagira icyo amubwira, undi asubiza ko atari ayo ku wa Mbere ahubwo ari ayo mu minsi ine, itanu…ishize.

George Stephanopoulos mu kiganiro na Perezida Biden

Ikindi yavuze ko cyamutangaje ni uko ngo abashinze iperereza mu gihugu cye bari baramubwiye ko ubutegetsi bw’i Kabul buzahangana n’Abatalibani kugeza mu mpera za 2021 ariko ngo yatunguwe no kubona uburyo buriya butegetsi bwatsinzwe byihuse.

- Advertisement -

Ati: “ Iyo urebye muri raporo nabonaga ubona ko ibintu byihuse… Bari barambwiye ko Afghanistan izahangana kugeza mu mpera z’uyu mwaka…”

Biden yavuze ko gucyura ingabo ze byari icyemezo gikwiye kandi cyoroshye gufata kuko ngo Amerika ntako itagize ngo ireme bundi bushya Afghanistan.

Avuga ko Amerika yatoje ingabo 300,000 za Afghanistan iziha byose ariko ngo ziba ibigwari Abatalibani bazifatana igihugu.

Kuri we, gucyura ingabo ze nta kibazo abibonamo kuko ntacyo igihugu cye kitakoze.

Umurwanyi w’Umutalibani yishimira intsinzi

Amerika imaze igihe yaranze kugira icyo itangaza ku ivanwa ry’ingabo zayo muri Afghanistan, ariko igitutu cy’itangazamakuru cyatumye Perezida Biden agira icyo atangaza.

Hashize ukwezi, Biden abwiye abanyamakuru ko ingabo za Afghanistan zari nyinshi kandi zifite ibikoresho kurusha Abatalibani.

Abashinzwe iperereza rye bavugwaho kutamuha raporo z’ukuri bikaba byaratumye afata ibyemezo bidashingiye ku bushishozi.

Ku rundi ruhande ariko, we ntabibona atyo, ahubwo avuga ko Afghanistan ari yo yagize amahitamo mabi bitewe n’ubuyobozi bwayo.

Ngo kuba Perezida wa kiriya gihugu yarahisemo kugita nibyo byagishyize mu kaga kurusha uko Amerika yatahanye abasirikare bayo.

Amerika binyuze mu ijwi rya Perezida wayo ivuga ko yasanze iramutse igumishije abaturage bayifashije muri kiriya gihugu yari bube ibashyize mu menyo ya rubamba, Abatalibani bakabagirira ‘ibya mfura mbi.’

Ngo yasanze ibyiza ari ukuburiza indege, abo ishoboye ikabajyana abasigaye bagasigara!

Perezida Biden yabwiye umunyamakuru wa ABC News ati: “ Ndi Perezida w’Amerika. Icyemezo nafashe ngihagazeho kugeza n’ubu. Ibyo twigiye muri Afghanistan ni isomo rikomeye. Twavuye yo ariko ntitwahataye burundu.”

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanAmerikaBidenfeaturedIngabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bwoherereje U Rwanda Inkingo Za Sinopharm
Next Article Amafoto: Arthur Nkusi Na Fiona Ntarindwa Ku Munsi W’Ubukwe Bwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?