Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigega Cyagenewe Kuzahura Ubukungu Kigiye Kongerwamo Miliyari Zirenga 250 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikigega Cyagenewe Kuzahura Ubukungu Kigiye Kongerwamo Miliyari Zirenga 250 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2021 4:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko Guverinoma ifite intego yo kongera miliyari 250 Frw mu kigega cya leta kigamije kuzahura ubukungu, ziyongera kuri miliyari zisaga 100 Frw cyatangiranye mu mwaka ushize.

Yabitangaje ubwo kuri uyu wa Kane yagezaga ku nteko ishinga amategeko ibirimo gukorwa mu rwego rwo guteza imbere inganda muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Ni urwego rwahungabanye cyane mu gihe rusanzwe rugize igice kinini cy’umusaruro mbumbe w’igihugu, aho uruhare rw’inganda rwavuye kuri 17% mu 2017 rugera kuri 19% mu 2020, ndetse intego ni uko rwarenga 24% mu 2024.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko muri miliyari zisaga 100 Frw ikigega nzahurabukungu cyatangiranye, gikomeje gufasha inzego zahungabanye kurusha izindi ku buryo ubu miliyari zisaga 75 Frw zimaze guhabwa abikorera ku nyungu ntoya.

Yakomeje ati “Bitarenze 2021, iki kigega kizakomeza kongerwamo ubushobozi ku buryo duteganya ko kizageza kuri miliyari 370 Frw, ni ukuvuga inyongera ishakishwa ishobora kuzageza muri miliyari 250 Frw zizaba ziyongera muri miliyari 100 Frw twagitangiranye.”

“Urwego rw’inganda, izitunganya umusaruro zimaze guhabwa arenga miliyoni zirenga 955 Frw ndetse biteganyijwe ko bitarenze uyu mwaka wa 2021, urwego rw’inganda ruzongererwa miliyari 150 Frw.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarirwa inganda 962 zikorera hose mu gihugu, zirimo 569 zitunganya umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, 47 zikora ibijyanye n’ubwubatsi na 346 zikora ibindi bikoresho bitandukanye.

Nko mu cyanya cy’inganda cya Masoro mu Karere ka Gasabo ho harimo inganda 123 na 49 zikirimo kubakwa.

Bijyanye n’ingaruka za COVID-19, umusaruro w’inganda mu mwaka ushize waragabanyutse cyane ugera kuri – 4.

Ibicuruzwa byatunganyijwe mu nganda z’u Rwanda byoherejwe mu mahanga mu mwaka ushize byari bifite agaciro gasaga miliyoni $760.

Icyanya cy’inganda cya Masoro kimaze kugeramo inganda nyinshi
TAGGED:COVID-19Dr Edouard NgirentefeaturedMInisitiri w'INtebe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hafashwe Toni 8.7 Z’Urumogi Na Héroïne
Next Article Maj. (Rtd) Habib MUDATHIRU Yakatiwe Igifungo Cy’Imyaka 25
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?