Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigo Abercrombie & Kent Cyatangiye Kuzana Mu Rwanda Ba Mukerarugendo Bo Ku Rwego Rwo Hejuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikigo Abercrombie & Kent Cyatangiye Kuzana Mu Rwanda Ba Mukerarugendo Bo Ku Rwego Rwo Hejuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 12:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahagana saa sita z’amanywa nibwo indege ya Boeing 777 yari igeze ku kibuga cy’indege cya Kigali izanye ba mukerarugendo 77 baje kwinjiriza u Rwanda amadevize menshi bitewe n’igihe bazamara basura ahantu nyaburanga hakomeye.

Baje mu ndege yo mu bwoko bwa  20 Safari SUVs nyuma bahita bakomereza mu mahoteli akomeye mu Rwanda yitwa  Mountain Gorilla View Lodge, Singita, na  One&Only zose ziba mu Kinigi.

Kuri iki cyumweru bazazamuka imisozi y’ibirunga bagiye gusura  ingagi ndetse n’inkende zifite ibara rya zahabu(golden monkeys) nazo ziba hejuru cyane mu Birunga.

Bakigera mu Rwanda aba bashoramari bakiriwe n’Ikigo kitwa Abercrombie & Kent cy’Abanyarwanda gitanga serivisi zitandukanye zijyanye n’ubukerarugendo.

Banashima ko abakozi bo ku kibuga cy’indege ndetse n’abandi bakora muri serivisi zo kwakira abantu babahaye serivisi nziza.

Aba bakerarugendo bari mu bakerarugendo bake bakora ubukerarugendo rwo ku rwego rwo hejuru kandi basanzwe bakorana n’ikigo gitanga serivisi z’ubukerarugendo kitwa Abercrombie & Kent (A&K).

Iki kigo gitanga serivisi z’ubukerarugendo zitandukanye zirimo imodoka zitwara ba mukerarugendo no gutanga amacumbi ameze neza.

Ubu bari mu Rwanda mu rwego rwo kurushaho kwishimira henshi hatandukanye ku isi hasanzwe hari ibintu nyaburanga.

Ubusanzwe buri mukerarugendo yishyira byibura $200,000.

Ikigo Abercrombie & Kent kimaze imyaka 60 gitangiye gukora.

Mu Rwanda gihagarariwe na  rwiyemezamirimo witwa Paul Muvunyi.

Ni  ikigo cyashinzwe na Geoffrey Kent ari kumwe n’ababyeyi be.

Kuva iki kigo cyatangira gukora mu mwaka wa 1962, cyakomeje kwaguka mu mikorere, kikaba kiri hirya no hino ku isi, aho abagikoresha bakorera ingendo hirya no hino ku isi kandi bakishimira ibyo bahasanga.

Gikorera ubukerarugendo mu bihugu 100 ku migabane irindwi y’isi.

Aho hose kihafite ibiro 55 kandi mu bihugu 30 bikorana n’ibindi bituranye nabyo mu rwego rwo kwirinda gutatanya ingufu.

Gikoresha abantu 2,500 bazobereye mu by’ubukerarugendo.

Paul Muvunyi, uhagarariye kiriya kigo mu Rwanda avuga ko kugira ngo gihitemo igihugu gisura hari ibintu byinshi birebwaho.

Ati: “ Uretse kuba u Rwanda ari igihugu gifite imisozi n’ibisiza bibereye ijisho,  n’igihugu gitekanye.”

Paul Muvunyi

Muvunyi avuga ko umutekano ari ikintu gikomeye gituma abasura u Rwanda basanga bari barakererewe.

Yungamo ko u Rwanda rufite n’ingagi kandi zikaba ari ikiremwa kidasanzwe mu biri ku isi muri iki gihe.

Icyakora u Rwanda rwatumye iby’uko ingagi ziri mu nyamaswa zenda gushira ku isi, bitakiri ukuri kudasubirwaho.

Ikindi kandi ni uko ubu u Rwanda rufite inyamaswa enye nini zikunda gusurwa muri pariki zashyizwe ahantu haba umukenke.

Umukenke bawita savanna plantation.

Akandi karusho k’u Rwanda ni uko ari igihugu gito, umuntu ashobora gusura mu gihe gito akahava abonye ibyiza byose yifuzaga.

Visit Rwanda kandi ngo ifasha mu kongera abasura u Rwanda kuko ari ubukangurambaga burenga imipaka y’u Rwanda bukozwe n’ibyamamare bikomeye mu mupira w’amaguru.

Muvunyi  we avuga ko ibyamamare byo Arsenal na PSG biri gutuma umusaruro u Rwanda rwashagaka muri Visit Rwanda uboneka kandi mu rugero rushimishije.

Biteganyijwe ko abashyitsi bari mu Rwanda muri gahunda twavuze haruguru bazarusigira Miliyoni $2 ni ukuvuga Miliyari Frw 2.

Imodoka zikomeye zijyana ba mukerarugendo aho bifuza
Ubwo bari barimo kururuka indege.
Indege y’Ikigo Abercrombie & Kent
TAGGED:featuredIbirungaIngagiMukerarugendoMuvunyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: 35% By’Ibyemezo By’Inkiko Nibyo Bishyirwa Mu Bikorwa
Next Article Xi Jinping Yatorewe Gukomeza Kuyobora Ishyaka Riyoboye u Bushinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?