Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikigo CCTTFA Gihuriweho N’Ibihugu Byo Mu Karere U Rwanda Rurimo Cyahembwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikigo CCTTFA Gihuriweho N’Ibihugu Byo Mu Karere U Rwanda Rurimo Cyahembwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 March 2022 1:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe rishinzwe iterambere ry’ibikorwaremezo riherutse guhemba ikigo cyo mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba kitwa The Central Corridor Transit Transport Facilitation Agency, AFTTCC, kubera uruhare rwacyo mu kubaka imihanda yafashije mu buhahirane.

Ikigo Central Corridor Transit Transport Facilitation Agency, AFTTCC, gishimirwa ko cyagize uruhare mu guhuza inzego z’ibihugu byo mu Muryango w’Afurika y’i Burasirazuba kugira ngo hubakwe imihanda hagamijwe koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

AFTTCC ni ikigo cyashinzwe ku bufatanye bw’ibihugu by’u Rwanda, u Burundi, Tanzania, Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kiriya gihembo cyatanzwe by’umwihariko kubera iyubakwa ry’umuhanda Bukavu- Uvira, kikaba cyaratanzwe n’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe binyuze muri gahunda yacyo yo guteza imbere ibikorwa remezo yitwa Programme for Infrastructure Development in Africa (PIDA).

Umuhango wo kugitanga wabereye i Nairobi muri Kenya muri imwe mu nzu zo kibuga cy’indege yitwa Kenyatta International Conference Center.Witabiriwe n’abanyacyubahiro barimo Perezida wa Kenya Nyakubahwa Uhuru Muigai Kenyatta, umuyobozi ushinzwe ibikorwa remezo mu Muryango w’Afurika yunze ubumwe witwa Raila Amollo Odinga na Jakaya Morisho Kikwete  wigeze kuyobora Tanzania.

Kugira ngo ibyemeranyijwe n’ibihugu twavuze haruguru mu buhahirane bishoboke, Leta zashyizeho Ikigo The Central Corridor Transit Transport Facilitation Agency, AFTTCC.

Umuhora wo hagati ni igice kigaragara ko ari kigufi kugira ngo ibihugu bihahirane

Zimwe mu ntego zacyo ni ugushaka amikoro aturutse mu baterankunga kugira ngo imihanda igize umuhora wo hagati ishobore gukorwa.

Ni ikigo cyashyizwe n’ ibihugu byinshi bigize Umuryango w’Afurika w’i Burasizuba ukuyemo Kenya na Sudani y’Epfo.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu muryango Umurundi witwa Captaine Dieudonné Dukundane niwe wakiriye kiriya gihembo.

Captaine Dieudonné Dukundane yabwiye itangazamakuru ko bahawe kiriya gihembo nka kimwe mu bigo byitwaye neza mu gukurura abashoramari n’abaterankunga batera inkunga mu kubaka ibikorwa remezo biteza imbere ubuhahirane.

Yavuze ko kiriya gihembo ari ikimenyetso cyiza cy’imikoranire y’ibihugu bigize Umuhora wo Hagati, iyo mikoranire ikaba yaratumye haboneka ibikorwa remezo birimo imihanda isanzwe, iya gari ya moshi  n’ibindi.

Dukundane yavuze ko kiriya gihembo kizabafasha kuvugurura umuhanda Bukavu-Uvira kandi ngo ni umuhanda uzagirira akamaro n’ibindi bihugu biri muri aka Karere ari byo Uganda, u Burundi, Tanzania, u Rwanda na Tanzania.

Ibihembo byatanzwe n’Ishami ry’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe rishinzwe iterambere ry’ibikorwaremezo  byahawe ibigo bitatu byagaragaje intambwe nziza muri uriya mujyo.

Muri ibyo harimo The Central Corridor Transit Transport Facilitation Agency, AFTTCC.

‘Umuhora wo hagati’ ni  inzira y’ibicuruzwa ‘igerageza’ kuba ngufi kurusha izindi ziva ku Nyanja zikagera mu gace k’i Burasirazuba bw’Afurika.

Kugira ngo ubu buhahirane bushoboke byari ngombwa ko hubakwa ibikorwaremezo birimo umuhanda wa gari ya moshi, ibyambu biteye neza, imihanda, koroshya ingendo zo mu kirere, ingufu, ikoranabuhanga n’ubundi buryo bwose bugamije koroshya ubucuruzi n’ubuhahirane mu bihugu bituranye.

Mu mwaka wa 2021 iki kigo cyasinyanye n’u Rwanda amasezerano yo kurufasha kubaka za stations z’aho imidoka zitwara ibintu zizajya zinywera amavuta n’abazitwaye bakaruhuka.

Capt. Dieudonne Dukundane na Eng Patricie Uwase ubwo basinyaga ariya masezerano

Amasezerano y’iyi mikoranire yashyizweho umukono na Capt. Dieudonne Dukundane wari uhagarariye ikigo CCTTFA na Eng Patricie Uwase wari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa remezo mu Rwanda, akaba ari we wari uhagarariye Leta y’u Rwanda.

U Rwanda rwahawe 100,000 $ yo kuzakoresha muri kiriya gikorwa.

TAGGED:BurundifeaturedIgikombeIkigoKenyaMinisiteriRwandaUwase
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rulindo: Hafashwe Ibikoresho Bipima COVID Bitujuje Ubuziranenge Byizanywe I Kigali
Next Article Ihaniro N’Ihanuriro: Gahunda Y’Abaturage Yo Kwicyemurira Amakimbirane Muri Kibirizi Ya Nyanza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?