Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikipe Y’u Rwanda Ya Handball Yatsindiye Gukinira Igikombe Cy’Isi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ikipe Y’u Rwanda Ya Handball Yatsindiye Gukinira Igikombe Cy’Isi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2022 12:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amaboko wa Handball yaraye mu byishimo nyuma yo gutsindira kujya mu mikino yo guhatanira igikombe cy’isi.

Ni nyuma y’umukino u Rwanda rwanganyijemo na Algeria ku manota 30 kuri 30, biruha gukomeza kuko rwari rwitwaye neza mu mikino yari yabanje.

Mu mpera za Kanama, 2022 nibwo hatangiye imikino y’Afurika mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 18 (U-18 African Men’s Handball Championship).

Mbere y’iyi mikino, bakuru babo bafite guhera ku myaka 20 bari bitwaye nabi kuko imikino yabo yarangiye u Rwanda rubaye urwa nyuma.

Abo mu ikipe y’abatarengeje imyaka 18 bo bitwaye neza muri rusange none byabahesheje itike yo kuzakina imikino yo guhatanira igikombe cy’isi muri uyu mukino.

Umutoza wabo yabigishije amayeri yatuma bazajya mu mikino y’igikombe cy’isi cy’uyu mukino w’amaboko.

Ku ikubitiro, ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 u Rwanda batangiye bitwara neza ndetse batsinda Madagascar ibitego 53-32.

Ku mukino wa kabiri ariko, u Rwanda ntirwawutsinze ahubwo rwatsinzwe na Misiri amanota 40 ku manota 30.

Kuri uyu wa Gatanu Taliki 02, Nzeri, 2022, nibwo umukino umuntu yakwita ‘kamarampaka’ wabaye aho u Rwanda rwagombaga gutsinda cyangwa kunganya ariko ntirutsindwe.

Kunganyiriza mu itsinda rwarimo byatumye rukomeza.

Ibindi bihugu byatsindiye kuzakina iriya mikino ni Maroc, Misiri n’u Burundi.

Rwanda🇷🇼, Burundi🇧🇮, Egypt🇪🇬 and Morocco🇲🇦 have all secured qualification to the 2023 Men’s Youth World Handball Championship after progressing to the semi-finals of the U-18 #AfricaHandballChampionship in Rwanda. pic.twitter.com/u4A2X8X5to

— Rwanda Handball Federation (@FerwahandRwanda) September 2, 2022

Imikino y’igikombe cy’isi cy’umukino wa Handball izaba mu mwaka wa 2023 ibere muri Pologne no muri Suède.

Abafana b’ikipe y’u Rwanda ya Handball bari bishimiye intsinzi
TAGGED:HandballIkipeIsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imanza Z’Akarengane Zijyanwa Mu Bujurire Ni Umutwaro Uremerereye Ubutabera Mu Rwanda
Next Article ‘Tweet’ Yanditse Nabi Igiye Kujya Ikosorwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ese APR FC Iri Ku Rwego Rwo Gukina N’Amakipe Nka Pyramids FC?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?