Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikoranabuhanga Rya RURA Ryo Gufasha Abagenzi Muri Kigali Ntirikora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikoranabuhanga Rya RURA Ryo Gufasha Abagenzi Muri Kigali Ntirikora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2024 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko  rwatengushywe n’ikoranabuhanga rwarimo rutegura  mu gufasha abagenzi kwishyura ingendo bishingiye ku ntera bakoze.

Mu kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri RBA niho ibi byatangarijwe.

Ni inkuru ishobora guca benshi intege kubera ko itangajwe hashize igihe gito RURA n’Umujyi wa Kigali batangarije abatuye Umujyi wa Kigali ko guhera taliki 16, Werurwe, 2024 bazajya bishyura urugendo ruhwanye n’intera bagenze.

Icyo gihe byavugwaga ko hari ikoranabuhanga ribara urugendo umugenzi akoze rikarushyira mu mafaranga akaba ari yo yishyura gusa.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gushyiraho ibiciro no kubigenzura muri RURA, Norbert

Kamana niwe wabibwiye RBA mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri.

Iby’uko umuntu azajya yishyurira urugendo yakoze gusa byari byatoranyijwe n’igisubizo kuko Leta yari iherutse gukuraho ‘Nkunganire’ yishyuriraga umugenzi ingana na 35% by’urugendo rwe rwose.

Mu magambo ye, Kamana yavuze ko iri koranabuhanga ryagombye kuba ryaratangiye gukora ubwo harangazwaga aya mabwiriza ariko ngo ryaje kwanga.

Yemeza ko rizatangira gukora mu mezi atatu ari imbere.

Bivuze ko rizatangira gukora mu mpeshyi y’uyu mwaka!

Ati: “Ikoranabuhanga ryaradutengushye ntibyatuma icyo cyifuza gishyirwa mu bikorwa ariko mu gihe cya vuba, nkurikije ibyo nabonye, ni uko rizaba ryamaze gutungana mu mezi atatu ku buryo abanyamujyi bazatangira kwishyura hagendewe ku ngendo bakoze”.

Icyo abaturage babivugaho

Umuturage witwa Gatsinzi avuga ko ibyo RURA ivuga bidahwitse kuko yagombye kuba yarabwiye abantu gahunda nshya ari uko IZI NEZA ko ikora.

Ati: “ Niba bafashe icyemezo nk’icyo, bagombye kuba bararangije kureba niba iryo koranabuhanga koko rikora. Ntabwo bagombye kubwira abantu gutangira gukurikiza gahunda kandi bazi neza ko ikoranabuhanga ryayo ridakora neza”.

Yongeraho kandi ko n’ubwo bavuga ko hasigaye amezi atatu ngo rikore nabwo bazarishima baribonye.

Asaba ko hagati aho ubuyobozi bwa RURA n’abandi bari gutegurana iby’iryo koranabuhanga bagombye kuba bari gusobanurira abaturage uko rizakora.

Mukamurenzi wo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro nawe yatubwiye ko ibyo bintu birimo guhuzagurika, agasaba ko gahunda zajya zitangazwa zamaze guhabwa umurongo aho guhoza abantu mu mpinduka za buri kanya.

Mu buryo busanzwe bukoresha abatega imodoka muri Kigali, umugenzi uteze imodoka ya Nyabugogo-Kanombe ariko akuviramo Rwandex icyo gihe yishyura amafaranga yose yo kuva Nyabugogo ugera Kanombe.

Norbert  Kamana  wo muri RURA yavuze ko ku bakora ingendo zijya mu Ntara ho bisanzwe ko umuntu yishyurira aho ageze, bityo iyo gahunda nshya ngo ntibareba.

 

TAGGED:AbagenzifeaturedIkoranabuhangaingendoRURA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Icyizere Ko Umunyamakuru Wa Jeune Afrique Ari Burekurwe
Next Article George Weah Azitabira Igikombe Cy’Isi Kizabera Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?