Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikoranabuhanga Ryo Ku Rubuga IREMBO Rirashaje
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikoranabuhanga Ryo Ku Rubuga IREMBO Rirashaje

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2022 2:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’ikoranabuhanga gifite muri serivisi zacyo imikorere y’urubuga IREMBO witwa Israël Bimpe avuga ko hari gahunda bafite yo kuvugurura uru rubuga rukagendana n’uko ikoranabuhanga ryo muri iki gihe rihagaze.

Ati: “ Nk’urubuga IREMBO abantu bakoresha…uko rwubakwaga mu myaka itanu cyangwa itandatu ishize, ikoranabuhanga ryari ho muri icyo gihe n’uko ikoranabuhanga rimeze muri iki gihe ntabwo bijyanye n’igihe tugezemo.”

Avuga ko bafite umushinga wo kuvurura no kongera serivisi ‘nyinshi cyane’  ku rubuga IREMBO.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyarwanda cy’Ikoranabuhanga gifite urubuga rutangirwaho serivisi za leta, Irembo, Israel Bimpe avuga ko barimo gukorana n’abarangiye muri Rwanda Coding mu mavugurura y’uru rubuga hagamijwe kunoza no kongera umubare wa serivisi zirutangirwaho. #RBAAmakuru pic.twitter.com/G6R3h55bsp

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) August 6, 2022

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri iki gihe, kuri uru rubuga hariho serivisi 160, ariko ngo rugiye kwagurwa rugeho serivisi ziri hagati ya 800 na 1000, abahanga mu ikoranabuhanga bakaba bari kureba uko bazishyira mu buryo bw’ikoranabuhanga, ibyo bita digitalization.

Bimpe atangaza ko mu kuvugurura uru rubuga, abakozi b’ikigo ayobora bazakorana n’abanyeshuri biga ikoranabuhanga mu ishuri ryitwa Rwanda Coding Academy riri mu Karere ka Nyabihu.

Abiga muri iri shuri baherutse kumurikira Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo imishinga yabo mu ikoranabuhanga.

Abayimuritse ni abarangije amasomo yabo mu gucura ubwenge bwa porogaramu za mudasobwa zikoreshwa muri gahunda nyinshi mudasobwa ifashamo abantu kugera ku byo bashaka.

Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yabwiye itangazamakuru ko Leta ifite umushinga wo kubaka ishuri nka ririya muri buri Ntara y’u Rwanda.

- Advertisement -

Ingabire Paula yashimye ubuhanga bwa bariya banyeshuri kuko gahunda z’ikoranabuhanga bakoze, zizafasha Leta mu bice bitandukanye.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Madamu Musoni Paula Ingabire

Avuga ko kuba barazikoze ari ikintu cyo kwishimira kuko ubusanzwe Leta yari buzigure ku bandi bantu, bamwe batari n’Abanyarwanda.

Yavuze ko ahantu hazabanziriza ahandi mu kubakwa ishuri nka ririya, ari mu Karere ka Muhanga.

Muri iri shuri ho hazaba akarusho kuko abazahiga baziga no gukora imashini zikora nk’abantu.

Babyiga mu isomo bita ‘Robotics.’

TAGGED:AbanyeshuriBimpefeaturedIkoranabuhangaMudasobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indi Ntambara Ya Israel Na Palestine YUBUYE
Next Article Bwa Mbere Muri Amerika Umwirabura Yahawe Kuyobora Ingabo Zitwa US Marines Corps
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?