Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: I&M Bank Rwanda Plc Igiye Gutanga Imigabane Y’Inyongera Ku Banyamigabane Bayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

I&M Bank Rwanda Plc Igiye Gutanga Imigabane Y’Inyongera Ku Banyamigabane Bayo

admin
Last updated: 29 April 2021 11:03 am
admin
Share
SHARE

Inama y’ubutegetsi ya I&M Bank (Rwanda) Plc yemeje itangwa ry’imigabane y’inyongera ku banyamigabane bayo, aho buri muntu azahabwa umugabane umwe ufite agaciro ka 10 Frw kuri buri migabane ine afitemo.

Iyo nama yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Mata 2021.

Nyuma yo kwemeza itangwa ry’umugabane umwe ku migabane ine umuntu afite muri iyi Banki, bivuze ko nk’umuntu ufite imigabane 120 azagira imigabane 150.

Izatangwa ku banyamigabane basanzwe b’iyi Banki bazaba babarwa kugeza ku wa 13 Gicurasi 2021.

Ubu buryo bushobora gukoreshwa n’ibigo mu guha inyungu abanyamigabane aho kubaha amafaranga ku nyungu y’umwaka, bikanakorwa mu kuzamura ubwizigame.

Gutanga iyo migabane y’inyongera bizatuma amafaranga abarwa ku banyamigabane azamuka agere kuri miliyari 15 Frw, avuye kuri miliyari 12 Frw.

Inama y’inteko rusange ya I&M Bank (Rwanda) Plc kandi yemeje ko Bonaventure Niyibizi, aba Umunyarwanda wa mbere uyoboye inama y’ubutegetsi y’iyi Banki.

Si ubwa mbere Niyibizi abaye mu nama y’ubutegetsi ya I&M Bank Rwanda Plc kuko yari ayirimo kuva mu Ukuboza 2015 kugeza mu Ukuboza 2017.

Yanabaye mu yindi myanya ikomeye harimo aho yabaye Minisitiri w’Ubucuruzi, Inganda n’amakoperative, aba n’Umuyobozi Mukuru w’ikigo cyari gishinzwe Ishoramari n’Ibyoherezwa mu mahanga, cyaje kuba Urwego rw’Iterambere, RDB.

Niyibizi aheruka gushyirwaho asimbuye Bill Irwin wayoboraga inama y’ubutegetsi ya I&M Bank (Rwanda) Plc, wagiye mu kiruhuko mu Ukuboza 2020. Yayiyoboye kuva mu 2009.

Mu gihe cye cy’imyaka 16, iyi Banki yazamuye inguzanyo itanga inshuro 26 ziva kuri miliyari 8 Frw zatanzwe kugeza mu Ukuboza 2004 zigera kuri miliyari 208 Frw zatanzwe kugera muri Nzeri 2020.

Amafaranga abitswa n’abakiliya nayo yazamutse inshuro cumi kuko yavuye kuri miliyari 29 Frw zigera kuri miliyari 287 Frw muri kiriya gihe.

Ubuyobozi bw’iyi banki bwarateranye bugirana inama y’uko yakomeza gutera imbere

Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda, Robin Bairstow, yijeje abanyamigabane ko n’ubwo ari mu bihe by’icyorezo cya COVID-19, yakomeje guhagarara neza ku isoko, abizeza ko izakomeza kwita ku bakiliya bayo kandi ikarushaho kubona inyungu.

Iheruka gutangaza ko n’ubwo umwaka ushize wari ugoye mu bijyanye n’ubucuruzi kubera icyorezo cya COVID-19, nyuma yo kwishyura imisoro yabonye inyungu ya miliyari 5.1 Frw.

Iyi Banki yatangiye mu Rwanda mu 1963, ari nayo Banki imaze igihe kinini mu Rwanda.

TAGGED:BankifeaturedI&MMinisitiriRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibibazo Ni Byinshi Ku Rubanza Rw’Ubutaka Bushobora Guhuguzwa Umupadiri
Next Article Pariki Y’Akagera Ku Rutonde Rw’Izindi Zikomeye Muri Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?