Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imanza Zisaga 2000 Zaketswemo Akarengane Mu Mwaka Ushize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Imanza Zisaga 2000 Zaketswemo Akarengane Mu Mwaka Ushize

admin
Last updated: 08 September 2021 8:59 am
admin
Share
SHARE

Raporo y’inkiko mu mwaka wa 2020/21 igaragaza ko imanza zasabiwe gusubirwamo ku mpamvu z’akarengane zageze ku 2033, mu gihe imanza zamaze gusesengurwa byagaragaye ko izabonetsemo akarengane zari 3%.

Imanza zakiriwe mu nkiko zisabirwa gusubirwamo kubera akarengane ariko zagabanyutseho 0.15% ugereranyije n’umwaka wa 2019/20, kubera ko bwo zari 2390.

Itegeko ryemera ko mu gihe hakekwa akarengane mu manza zaciwe, umuburanyi ageza urubanza rwe kuri Perezida w’Urukiko rukuriye urwaciye urubanza.

Imanza asanze zishobora kuba zarabeyemo akarengane azoherereza Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, akagena urukiko rusazubiramo urubanza.

Izo Perezida w’Urukiko washyikirijwe ikibazo asanze nta karengane karimo azisubiza inyuma, ariko umuburanyi afite uburenganzira bwo kwiyambaza Urwego rw’Umuvunyi.

Urwo rwego rusuzuma niba koko zishobora kuba zirimo akarengane, rwasanga karimo, Umuvunyi Mukuru agasaba Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga gusuzuma niba zikwiriye kongera kuburanishwa.

Raporo igira iti “Urebye muri rusange imanza zoherejwe mu nkiko n’ababuranyi n’izoherejwe n’Umuvunyi, ukareba izamaze gufatwaho umwanzuro wa nyuma, ni ukuvuga izo abaperezida b’inkiko basanze nta karengane karimo ukongeraho izaburanishijwe, usanga akarengane kari kuri 3%.”

Imibare igaragaza ko imanza z’akarengane zoherejwe n’Urwego rw’Umuvunyi kuva muri 2012 kugera Kamena 2020 zari 541.

Izo Ubugenzuzi bw’Inkiko bwamaze gusesengura ni 450, muri zo, imanza 325 zingana na 72% Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yasanze zigomba gusubirwamo ku mpamvu z’akarengane naho 117 zingana na 26% asanga nta karengane karimo.

Ubaze imanza zose zaketswemo akarengane, izasuzumwe mu mwaka ushize zari 973.

Imanza 853 (87.7%) ba Perezida b’inkiko basanze nta karengane karimo, 120 (12.3%) bazohereza kwa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kugira ngo hagenwe urukiko rwongera kuziburanisha.

Raporo ikomeza iti “Mu manza zasabiwe gusubirwamo ku mpamvu z’akarengane, haburanishwijwe izigera kuri 127, muri zo 33 zingana na 26% zahinduriwe ibyemezo mu gihe umwaka ushize zari 68,6%.”

Gusa ugereranyije n’umwaka wabanje, ibirego byasabiwe gusubirwamo ku mpamvu z’akarengane byagabanutseho 15%.

TAGGED:AkarenganefeaturedInkikoUrukiko rw'Ikirenga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mamady Doumbouya: Umugabo Wahiritse Perezida Condé Ni Muntu KI?
Next Article Banki Z’Ubucuruzi Mu Rwanda Ziri Ku Gitutu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?