Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imbuga Nkoranyambaga Ziracyagusha Urubyiruko Mu Gukora Ibyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imbuga Nkoranyambaga Ziracyagusha Urubyiruko Mu Gukora Ibyaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2022 8:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kubera ko bitakiri ngombwa cyane ko umuntu aba ari kumwe n’undi ngo babone kuganira kubera ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga, hari abantu bafite umutima mubi bashuka abandi bakashora mu byo amategeko afata nk’ibyaha.

Mu bakunze kugwa muri ibi byaha, harimo n’urubyiruko kuko ruba rutaramenya gutandukanya ururo n’urwatsi.

Niyo mpamvu Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha na Minisiteri y’uburezi bari gukora ubukangurambaga mu rubyiruko rwiga amashuri yisumbuye kugira ngo ruburirwe ku mayeri abakora cyangwa abakoresha abandi biriya byaha bityo rubyirinde.

Abanyeshuri bo muri Nu-Vision ya Kabuga bateze amatwi inama y’abagenzacyaha

Nyuma yo kuganiriza abanyeshuri biga mu Kigo cyo mu Karere ka Nyarugenge, abakozi b’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, bakomereje buriya bukangurambaga mu Karere ka Gasabo mu ishuri ryitwa Nu- Vision High School iri ahitwa i Kabuga.

Aha ni mu Murenge wa Rusororo.

Mu biganiro byatanzwe hagaragajwe uko ibyaha byo gusambanya abana, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu rihagaze ndetse n’uburyo bwo  kwirinda ubutagondwa mu rubyiruko.

Mu bindi byagarutsweho ni uko imbuga nkoranyambaga zikomeje gukururira urubyiruko mu byaha.

Munana Ntaganira Emmanuel ukora mu ishami ry’ubushakashatsi no gukumira ibyaha mu  Rwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha,  yagaragarije abanyeshuri bo muri kiriya kigo ibi byaha byibasiye urubyiruko kandi bakwiye gushishoza bakamenya inshuti nyazo aho kuba inshuti n’uwo ari we wese kandi ashobora kukuroha.

Munana Ntaganira Emmanuel

Abanyeshuri bagomba kuzirikana ko n’ubwo baba bakiri bato ariko umuntu wese ufite cyangwa urengeje imyaka 14 y’amavuko amategeko aba ashobora kumukurikirana igihe cyose ayishe.

Ubuyobozi bw’ikigo New Vision High School bwijeje abakozi b’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha  ubufatanye mu gukumira ibyaha no gukomeza guhana amakuru kugira ngo bikumirwe.

Ubu bukangurambaga burakomeza kuri uyu wa Gatatu taliki 27, Mata, 2022 bukomereze mu kigo cya Groupe Scolaire Kagarama mu Karere ka Kicukiro.

Ese ubundi bigenda gute ngo urungano rugushore mu byaha?

Urubyiruko rukunze kugwa mu mutego wo kwigana abandi kandi bikarugiraho ingaruka. Ababyeyi bagomba kuruba hafi

Inshuti mbi cyangwa ikigare nk’uko abato babyita ni ingaruka urungano rugira ku rundi.

Akenshi bituruka ku myumvire y’uko kugira ngo umuntu yemerwe na bagenzi be, ababamo bamwiyumvamo, aba agomba kuvuga kandi agakora nk’abo kugira ngo batamufata nk’utari umwe muri bo.

Mu Cyongereza nibyo bita Peer pressure.

Iki gitutu ushyirwaho n’urungano nicyo gituma umusore cyangwa inkumi agera aho akemera ibyo bagenzi be bamusaba kuvuga cyangwa gukora.

Igitera abantu impungenge ni uko iyo uwo muntu ari urubyiruko, aba ashobora gukora ibintu bisanzwe bifatwa nk’ibitemewe mu muryango mugari w’abantu, akabikora agamije kwemerwa na bagenzi bangana mu myaka.

Kubera ko muri iki gihe hadutse ikoranabuhanga ryifashisha imbuga nkoranyambaga, akenshi urubyiruko rwigana abantu batandukanye ndetse bakuriye mu mico itemerwa n’amategeko y’ibihugu runaka harimo n’u Rwanda.

Aha niho hari bamwe bagwa mu mutego wo gukoresha ibiyobyabwenge, kwishora mu busambanyi cyangwa bagashukwa n’abantu bakuru bakabajyana aho batazi bakabagurisha.

TAGGED:featuredIbyahaKabugaRIBUbugenzacyahaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Ukekwaho Jenoside Wafatiwe Muri Sweden Yagejejwe Mu Rwanda
Next Article Ndabahamiriza Ko Turi Abaturage B’Imico Myiza Kandi Bihagazeho- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?