Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMF Yagumishije Icyizere Ku Muyobozi Ushinjwa Amakosa Muri ‘Doing Business Report’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

IMF Yagumishije Icyizere Ku Muyobozi Ushinjwa Amakosa Muri ‘Doing Business Report’

admin
Last updated: 12 October 2021 9:42 am
admin
Share
SHARE

Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yemeje ko ifitiye icyizere gihagije umuyobozi wacyo Kristalina Georgieva, ushinjwa ko yagize uruhare mu guhindura amanota yasohokaga muri raporo igaragaza uko ibihugu birushanwa mu korohereza ubucuruzi, yamenyekanye nka ‘Doing Business Report’.

Ni amakosa Georgieva ashinjwa ko yagizemo uruhare ubwo yari Umuyobozi nshingwabikorwa wa Banki y’Isi.

Mu kwezi gushize nibwo Banki y’Isi yatangaje ko yahagaritse ‘Doing Business Report’ yasohokaga buri mwaka.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’ibibazo by’imitangire y’amanota bivugwa ko yagiye ahindurwa mu nyungu z’ibihugu bimwe, nk’uko byagaragaye kuri raporo y’umwaka wa 2018 ubwo hazamurwaga amanota y’u Bushinwa no ku ya 2020 kuri Saudi Arabia, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Azerbaijan.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Georgieva ubu usigaye uyobora IMF, yari amaze iminsi akorwaho iperereza n’iki kigo mu gihe na Banki y’Isi irikomeje ku rundi ruhande.

IMF kuri uyu wa Mbere yatangaje ko Inama y’Ubutegetsi yari imaze gukora inama umunani kuri iki kibazo, ndetse habaye izindi ebyiri zabereyemo ibiganiro byitabiriwe n’abahagarariye ikigo WilmerHale cyashyize hanze amakosa yakozwe muri raporo, na Georgieva ubwe.

Ngo yasanze ibimentetso byose byatanzwe bitagaragaza mu buryo ntakuka ko umuyobozi wayo yagize uruhare rudakwiye muri raporo ya ‘Doing Business 2018’, ubwo yari Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Banki y’Isi.

Yakomeje iti “Nyuma yo kureba ibimenyetso byose byagaragajwe, Inama y’Ubutegetsi yongeye gushimangira icyizere cyuzuye ifitiye imiyoborere y’Umuyobozi Mukuru n’ubushobozi bwe bwo gukomeza kubahiriza neza inshingano ze.”

Muri raporo y’umwaka wa 2018, Georgieva yashinjwe ko yagize uruhare muri gahunda zo kuzamura amanota y’u Bushinwa binyuze mu guhindura ibyashingirwagaho.

- Advertisement -

Byatumye muri raporo yatangajwe ku wa 31 Ukwakira 2017, u Bushinwa buza ku mwanya wa 78. Ni umwanya bwari ho mu 2017, mu gihe bwagombaga kujya ku wa 85 iyo hadahindurwa uburyo amanota yari yamaze gutangwa.

 

Amanyanga Akomeye Yatumye ‘Doing Business Report’ Ihagarikwa

 

TAGGED:Banki y'IsiDoing BusinessfeaturedInama y'UbutegetsiKristalina Georgieva
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Inama Dr Ngirente Atanga Mu Kuzahura Ubukungu Bw’Afurika
Next Article Aho Tuzatumwa Gucunga Umutekano Hose Tuzabikora Neza- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?