Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMF Yagumishije Icyizere Ku Muyobozi Ushinjwa Amakosa Muri ‘Doing Business Report’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

IMF Yagumishije Icyizere Ku Muyobozi Ushinjwa Amakosa Muri ‘Doing Business Report’

admin
Last updated: 12 October 2021 9:42 am
admin
Share
SHARE

Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yemeje ko ifitiye icyizere gihagije umuyobozi wacyo Kristalina Georgieva, ushinjwa ko yagize uruhare mu guhindura amanota yasohokaga muri raporo igaragaza uko ibihugu birushanwa mu korohereza ubucuruzi, yamenyekanye nka ‘Doing Business Report’.

Ni amakosa Georgieva ashinjwa ko yagizemo uruhare ubwo yari Umuyobozi nshingwabikorwa wa Banki y’Isi.

Mu kwezi gushize nibwo Banki y’Isi yatangaje ko yahagaritse ‘Doing Business Report’ yasohokaga buri mwaka.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’ibibazo by’imitangire y’amanota bivugwa ko yagiye ahindurwa mu nyungu z’ibihugu bimwe, nk’uko byagaragaye kuri raporo y’umwaka wa 2018 ubwo hazamurwaga amanota y’u Bushinwa no ku ya 2020 kuri Saudi Arabia, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Azerbaijan.

Georgieva ubu usigaye uyobora IMF, yari amaze iminsi akorwaho iperereza n’iki kigo mu gihe na Banki y’Isi irikomeje ku rundi ruhande.

IMF kuri uyu wa Mbere yatangaje ko Inama y’Ubutegetsi yari imaze gukora inama umunani kuri iki kibazo, ndetse habaye izindi ebyiri zabereyemo ibiganiro byitabiriwe n’abahagarariye ikigo WilmerHale cyashyize hanze amakosa yakozwe muri raporo, na Georgieva ubwe.

Ngo yasanze ibimentetso byose byatanzwe bitagaragaza mu buryo ntakuka ko umuyobozi wayo yagize uruhare rudakwiye muri raporo ya ‘Doing Business 2018’, ubwo yari Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Banki y’Isi.

Yakomeje iti “Nyuma yo kureba ibimenyetso byose byagaragajwe, Inama y’Ubutegetsi yongeye gushimangira icyizere cyuzuye ifitiye imiyoborere y’Umuyobozi Mukuru n’ubushobozi bwe bwo gukomeza kubahiriza neza inshingano ze.”

Muri raporo y’umwaka wa 2018, Georgieva yashinjwe ko yagize uruhare muri gahunda zo kuzamura amanota y’u Bushinwa binyuze mu guhindura ibyashingirwagaho.

Byatumye muri raporo yatangajwe ku wa 31 Ukwakira 2017, u Bushinwa buza ku mwanya wa 78. Ni umwanya bwari ho mu 2017, mu gihe bwagombaga kujya ku wa 85 iyo hadahindurwa uburyo amanota yari yamaze gutangwa.

 

Amanyanga Akomeye Yatumye ‘Doing Business Report’ Ihagarikwa

 

TAGGED:Banki y'IsiDoing BusinessfeaturedInama y'UbutegetsiKristalina Georgieva
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Inama Dr Ngirente Atanga Mu Kuzahura Ubukungu Bw’Afurika
Next Article Aho Tuzatumwa Gucunga Umutekano Hose Tuzabikora Neza- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?