Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMF Yagumishije Icyizere Ku Muyobozi Ushinjwa Amakosa Muri ‘Doing Business Report’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

IMF Yagumishije Icyizere Ku Muyobozi Ushinjwa Amakosa Muri ‘Doing Business Report’

admin
Last updated: 12 October 2021 9:42 am
admin
Share
SHARE

Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yemeje ko ifitiye icyizere gihagije umuyobozi wacyo Kristalina Georgieva, ushinjwa ko yagize uruhare mu guhindura amanota yasohokaga muri raporo igaragaza uko ibihugu birushanwa mu korohereza ubucuruzi, yamenyekanye nka ‘Doing Business Report’.

Ni amakosa Georgieva ashinjwa ko yagizemo uruhare ubwo yari Umuyobozi nshingwabikorwa wa Banki y’Isi.

Mu kwezi gushize nibwo Banki y’Isi yatangaje ko yahagaritse ‘Doing Business Report’ yasohokaga buri mwaka.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’ibibazo by’imitangire y’amanota bivugwa ko yagiye ahindurwa mu nyungu z’ibihugu bimwe, nk’uko byagaragaye kuri raporo y’umwaka wa 2018 ubwo hazamurwaga amanota y’u Bushinwa no ku ya 2020 kuri Saudi Arabia, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Azerbaijan.

Georgieva ubu usigaye uyobora IMF, yari amaze iminsi akorwaho iperereza n’iki kigo mu gihe na Banki y’Isi irikomeje ku rundi ruhande.

IMF kuri uyu wa Mbere yatangaje ko Inama y’Ubutegetsi yari imaze gukora inama umunani kuri iki kibazo, ndetse habaye izindi ebyiri zabereyemo ibiganiro byitabiriwe n’abahagarariye ikigo WilmerHale cyashyize hanze amakosa yakozwe muri raporo, na Georgieva ubwe.

Ngo yasanze ibimentetso byose byatanzwe bitagaragaza mu buryo ntakuka ko umuyobozi wayo yagize uruhare rudakwiye muri raporo ya ‘Doing Business 2018’, ubwo yari Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Banki y’Isi.

Yakomeje iti “Nyuma yo kureba ibimenyetso byose byagaragajwe, Inama y’Ubutegetsi yongeye gushimangira icyizere cyuzuye ifitiye imiyoborere y’Umuyobozi Mukuru n’ubushobozi bwe bwo gukomeza kubahiriza neza inshingano ze.”

Muri raporo y’umwaka wa 2018, Georgieva yashinjwe ko yagize uruhare muri gahunda zo kuzamura amanota y’u Bushinwa binyuze mu guhindura ibyashingirwagaho.

Byatumye muri raporo yatangajwe ku wa 31 Ukwakira 2017, u Bushinwa buza ku mwanya wa 78. Ni umwanya bwari ho mu 2017, mu gihe bwagombaga kujya ku wa 85 iyo hadahindurwa uburyo amanota yari yamaze gutangwa.

 

Amanyanga Akomeye Yatumye ‘Doing Business Report’ Ihagarikwa

 

TAGGED:Banki y'IsiDoing BusinessfeaturedInama y'UbutegetsiKristalina Georgieva
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Inama Dr Ngirente Atanga Mu Kuzahura Ubukungu Bw’Afurika
Next Article Aho Tuzatumwa Gucunga Umutekano Hose Tuzabikora Neza- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?