Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: IMF Yishimira Uko Ubukungu Bw’U Rwanda Buri Kuzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

IMF Yishimira Uko Ubukungu Bw’U Rwanda Buri Kuzamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2023 9:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itsinda ry’abakozi bo mu Kigega mpuzamahanga cy’imari bavuga ko ubukungu bw’u Rwanda buri kuzamuka neza kuko ubu buri ku kigero cya 6.3% mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2023.

N’ubwo bimeze gutyo, kimwe mu bintu byakomye mu nkokora ubukungu bw’u Rwanda ni ukurumbya umusaruro w’ibihingwa ngangurarugo cyane cyane muri Gicurasi, 2023.

Ikigega mpuzamahanga cy’imari gishima ko n’ubwo ibintu byagenze gutyo, u Rwanda rwabyitwayemo neza.

Ruben Atoyan wayoboye ubutumwa bwa IMF ari mu bashima uko u Rwanda rwabyitwayemo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko n’ubwo rwahuye n’ibihe bikomeye,  politike yo guteze imbere ubukungu yashyizwe mu bikorwa kandi irabuzanzamura.

Abo muri IMF bavuga ko u Rwanda rufite gahunda igaragara yo guhangana n’ihindagurika ry’ibiciro ku masoko bikomeje kwiyongera.

Ibi biciro bituma hashyirwaho Politiki zo kubungabunga ubukungu n’iterambere rirambye bikajyanirana no kunoza politiki y’ifaranga.

Icyakora IMF isaba Guverinoma y’u Rwanda gukora amavugurura y’imisoro imbere mu gihugu bikazarufasha kugera ku ntego yo gukusanya amafaranga menshi igihugu cyinjiza aturutse mu misoro.

IMF yasabye kandi ko ishoramari rya Leta rirushaho kongera imikorere hagamijwe kongera ibikorwa bigeza serivisi ku baturage.

- Advertisement -

U Rwanda rusanganywe gahunda yo kubaka ubukungu buhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kandi ngo bigaragara ko izatanga umusaruro nishyirwa mu bikorwa uko yateganyijwe.

Mu biganiro byahuje abari bahagarariye Guverinoma mu by’ubukungu n’abakozi ba IMF, hasinyiwe n’amasezerano y’inkunga iki kigo kizaha u Rwanda angana na Miliyoni $ 48.5 azashyirwa muri gahunda ya Resilience and Sustainability Facility n’andi angana miliyoni $ 87.5 nayo yo kuzamura ubukungu bwarwo.

TAGGED:featuredIkigegaImariMpuzamahangaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Igisasu Cyavuye Muri DRC Cyakomerekeje Undi Munyarwanda
Next Article Uko Umutekano Urinzwe Nibyo Abanyarwanda Bishimira Kurusha Izindi Serivisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?