Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imibare Y’Afurika Niyo Izatuma Yigobotora Ingaruka Za COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Imibare Y’Afurika Niyo Izatuma Yigobotora Ingaruka Za COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 April 2021 8:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigega mpuzamahanga cy’imari ,IMF, kivuga ko kugira ngo ubukungu bw’ibihugu by’aAfurika buzikure mu ngaruka za COVID-19 bizaterwa n’uburyo bizakora imibare yabyo. Ibizabara neza nibyo bizunguka n’aho ibizabara nabi, bizasubira inyuma kurusha aho byari biri mbere y’uko kiriya cyorezo kigera muri Afurika.

Ibi ni ibyanzuwe n’ubuyobozi bukuru bwa kiriya kigega mu nama bwagiranye n’ishami ryacyo rishinzwe gukurikirana ibibazo by’Afurika bita Africa Caucus.

Abandi bantu bari bitabiriye iriya nama barimo abahagarariye ibihugu 12 by’Afurika muri kiriya kigega.

Itangazo ryasohowe na kiriya kigega risinyweho n’umuyobozi wacyo Madamu Kristarina Georgieva hamwe na Bwana Domitien Ndihokubwayo uyobora ishami rishinzwe gukurikirana ibibazo by’Afurika.

Muri ryo ibihugu by’Afurika bisabwa gukomeza gukingira abaturage babyo ariko nanone bikihatira gushyiraho politiki zizamura imibereho y’abaturage bakennye kurusha abandi.

 Ikigega mpuzamahanga cy’imari kivuga ko imibare cyakoze yacyeretse ko ubukungu bw’ibihugu by’Afurika y’Amajyaruguru bikize kuri Petelori buzazanzamuka vuba ugereranyije n’ubw’ibindi bihugu biri munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Kivuga ko ubukungu bw’ibi bihugu tuvuze nyuma budashobora kuzanzamuka mu buryo bufatika byibura mbere ya 2025.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, kiriya kigega gitanga inama y’uko ibihugu by’Afurika byagombye gushyira imbaraga muri politik zigamije iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga no kurengera ibidukikije.

Ikindi ni uko ibihugu bigomba gushyiraho za politiki ziha abashoramari uburyo bwo gukora, imisoro ikagabanywa kandi uburyo bwo kubona uruhushya rwo gukora bukihutishwa.

Madamu Kristarina Georgieva

Abahanga mu bukungu ba kiriya kigega basaba ibihugu by’Afurika kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’ubucuruzi buhuza ibihugu by’uyu mugabane yiswe African Continental Free Trade Agreement.

Ndihokubwayo na Georgieva bavuga ko Afurika nikomeza muri uyu mujyo, izabona inkunga yo gukoresha kugira ngo yiteze imbere, ive mu ngaruka yatewe na COVID-19.

Tariki 22, Ukwakira, 2020 IMF yasohoye icyegeranyo k’uburyo ibihugu by’Afurika byazahajwe na kiriya cyorezo.

Ni icyegeranyo kiswe Regional Economic Outlook. Kiriya cyegeranyo cyerekanye ko ubukungu bw’Afurika bwagabanutseho -3% muri rusange kandi ko ibihugu bishingiye ubukungu bwaryo ku bukerarugendo ari byo byazahaye cyane.

TAGGED:AfurikaCOVID-19featuredIngarukaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 5G Yageze Muri Kenya
Next Article Kuba Minisitiri W’Intebe Ni Ukugorwa…Ubuhamya Bwa Tony Blair
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?