Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imihanda Y’I Musanze Yangiritse Itamaze Kabiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imihanda Y’I Musanze Yangiritse Itamaze Kabiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2023 10:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bice bimwe by’Umujyi wa Musanze hagaragara imihanda yangiritse itaramara byibura imyaka ine yubatswe.

Abayubatse kandi baba barayitashye ku mugaragaro, bimeze kwemezwa ko yubatswe mu buryo bunoze.

Ibi bigaragara cyane ku muhanda Camp Muhoza-Gashangiro, agahanda k’ibitaka k’imbere y’Ishuri ryisumbuye ryitiriwe Mutagatifu Visenti n’ahandi.

Imihanda y’amapave yagenewe abanyamaguru nayo yarangiritse k’uburyo bugaragarira buri wese uhaciye.

Rigore zari zipfundikijwe béton zararidutse, kuhanyura bisaba kwigengesera, ugaca ku ruhande, ukikiye rigole ngo utayigwamo.

Umwe mu bahatuye yabwiye Kigali Today ko ababyeyi bahorana impungenge z’uko abana bazahavunikira.

Yitwa Alphonsine Byukusenge.

Ati: “ Ku babyeyi dufite abana b’abanyeshuri cyane cyane bakiri bato banyura ahangiritse bajya cyangwa bava ku ishuri usanga duhangayikiye ubuzima bwabo bitewe n’uko nta ntege zihagije baba bafite zo kwiramira.”

Iyi mihanda kandi igaragara no mu Mujyi wa Musanze rwagati.

Akarere ka Musanze karabizi…

Umuyobozi w’Ishami ry’Ibikorwa remezo n’Imiturire mu Karere ka Musanze  witwa Etienne Nizeyimana avuga ko iby’iki kibazo babizi.

Asobanura ko  bateganya ko mu gihe ‘kidatinze’ kizaba cyakemutse kuko rwiyemezamirimo ushinzwe gusana imihanda n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) bamaze gushyikirizwa urutonde rw’ahagomba gusanwa.

Ati: “Tumaze iminsi tureba ahantu hose hagaragaye ibyo bibazo twanahakoreye urutonde, turushyikiriza rwiyemezamirimo ushinzwe gusana imihanda kugira ngo atangire arebe uko yayisana. Uretse iyo, hari n’indi mihanda dufite Akarere kaba gashinzwe gukukiranira hafi, hagira ikibazo kiyigaragaramo gisaba ko isanwa, kakihutira kumenyesha inzego zigakuriye harimo na RTDA kugira ngo isanwe.”

Abahatuye nabo basabwa gufata neza ibyo bikorwaremezo kugira ngo birambe.

Nizeyimana avuga ko hari abaturage bagira uruhare mu iyangirika ry’ibi bikorwa remezo.

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwashyize Umujyi wa Musanze mu mijyi migari ikwiye kubakwa ku rwego rw’umujyi nk’uwa Kigali.

Abatembera u Rwanda bavuga ko Umujyi wa Musanze ari uwo usurwa n’abantu benshi bava muri Kigali bashaka kujya kuharuhukira cyangwa kuhakorera inama.

Mu rwego rwo gutuma umujyi wa Musanze ukomeza kuba nyabagendwa, ubuyobozi bw’Intara y’Amajyarugu n’ubw’Akarere ka Musanze  by’umwihariko, bamaze igihe bubaka imihanda n’ibindi bikorwa remezo.

Icyakora bisa n’aho bitoroshye kubera ko uriya mujyi ufite  ahantu henshi hubatswe mu buryo butari ku murongo k’uburyo bisaba ko hari inzu zisenywa.

Imihanda myinshi yubakwa muri Musanze yubakwa ku nkunga ya Banki y’isi.

Ifoto@Kigali Today

TAGGED:ImihandaKwangirikaMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Fatouma Ndangiza Yasabye Uhagarariye DRC Muri EALA Kudasebya u Rwanda
Next Article Abarwanyi Ba Hamas Batunze Igitabo Mein Kampf Cya Hitler
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?