Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imirwano Mishya Hagati Ya M23 Na FDLR
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Imirwano Mishya Hagati Ya M23 Na FDLR

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2022 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Taliki 16, Ukuboza , 2022 ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zateye M 23 ziyitunguye ziyisukaho umuriro w’inkekwe. Iyo mirwano yarangiye ingabo za DRC zigambye kwirukana M23 mu bice bine  wari umaranye igihe biri ahitwa  Gurupema ya Bishusha.

Aha ni muri Teritwari ya Rutshuru.

Mu rwego rwo kwirinda gutakaza abasirikare, ingabo za DRC zarasiraga kure biriya bisasu biremereye.

Mu buryo bwo kuyobya uburari, ingabo za DRC zari zasabye abaturage kuva mu bice biri hafi aho kubera ko ziteguraga kuhakorera imyitozo.

Icyo bitaga imyitozo cyaje kuvamo urufaya rw’amasasu ku barwanyi ba M23 bo mu gace iriya mirwano yabereyemo.

Mu mpera z’Icyumweru gishize( hari ku wa Gatandatu) ingabo za Leta n’abo bifatanyije basatiriye ibirindiro bya M23 biri  i Rusekera basubizwa inyuma ndetse hari  amakuru ataremezwa n’impande zose avuga ko hari n’abafatiwe ku rugamba.

Ingabo za DRC ziragaba ibi bitero zifatanyije na FDLR, Mai-Mai n’indi mitwe.

Ahitwa  Gurupema ya Binza, umutwe wa M23 uherutse kuharwanira na FARDC umuhenerezo yanga ko hari uwayihatsinzura akahafata.

Icyakora ngo M23 yaje kuganzwa ndetse ivanwa  mu bice bine bigize Gurupoma ya Bishusha muri Rutshuru.

Kuri uyu wa Mbere kandi hari urusaku rw’imbunda ziremereye rwumvikanye mu duce twa Chumba na Swagara muri Gurupema ya Bishusha mu bilometero 20 uvuye i Kitshanga.

Ibi byatumye abaturage benshi bahunga ingo zabo bajya mu bice M23 igenzura kuko ari ho bumva ko batekanye kurushaho.

Ntacyo M23 iratangaza ku ngingo y’uko yambuwe biriya bice ariko, ku rundi, ruhande, ivuga ko Guverinoma idashaka amahoro kandi ko yirengagije amasezerano baherutse kugirana i Kibumba.

TAGGED:FARDCImirwanoIntambaraInyeshyambaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gufatanya N’u Burundi Kuguyaguya Impunzi Z’Abarundi Ngo Zitahe
Next Article Abagize Inteko Nshya EALA Barahiye, Harimo N’Abahagarariye DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?