Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imisoro Y’Abanyarwanda Ifite 52.9% Ku Ngengo Y’Imari- RRA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Imisoro Y’Abanyarwanda Ifite 52.9% Ku Ngengo Y’Imari- RRA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2025 11:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ronald Niwenshuti, Komiseri Mukuru wa Rwanda Revenue Authority.
SHARE

Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro Ronald Niwenshuti avuga ko aho bigeze ubu, imisoro iva mu baturage igira uruhare rwa 52.9% mu mafaranga yose agize Ingengo y’Imari y’u Rwanda.

Niwenshuti yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyagarutse ku byo ikigo ayobora cyagezeho mu mwaka w’ingengo y’imari urangirana na Kamena, ugatangirana na Nyakanga y’umwaka ukurikiye.

Umuyobozi mukuru wa Rwanda Revenue Authority avuga ko ijanisha risigaye ngo u Rwanda rwihaze ku ngingo y’imari rukenera yose ivuye mu misoro, bizasaba igihe no kwigisha abantu.

Ati: “ Aho tugeze ubu ni aho kwishimira kuko twaturutse kure. Ni urugendo rurerure rwo kwigisha abantu akamaro ko gusora no kubaha ikoranabuhanga ngo bishyure biboroheye”.

Kugira ngo ibyo bishoboke, Ronald Niwenshuti avuga ko abakora politiki bashyiraho imisoro itari isanzweho kugira ngo izibe icyo cyuho.

Yakomozaga ku musoro ku nyongeragaciro uherutse gushyirirwaho ibikomoka kuri petelori, akemeza ko ari ibintu bibaha inshingano zo kwishyuza n’uwo musoro.

Komiseri mukuru wa RRA avuga ko imwe mu ngamba zituma abantu bishyura neza ari uko bakoresha ikoranabuhanga rya EBM.

Umwe mu ba Komiseri bakuru muri iki kigo yabwiye Taarifa Rwanda ko hari amafaranga runaka Leta ‘yigomwe’ iyishyura abarangura ibikomoka kuri petelori kugira ngo n’umusoro utaba muremure cyane.

Ati: “…Iyo bavuze ngo Leta yarigomwe baba bavuze ko iyo isoresha uko byakagombye igiciro cyari kuba kirekire, bivuze ko Leta yatangiriye umuturage amafaranga runaka kugira ngo bigabanye igiciro”.

Buri mwaka ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro gitangiza umwaka wo gusora utangirana na Nyakanga, ukarangizanya na Kamena mu mwaka ukurikiyeho.

Mu isoresha ry’uyu mwaka, Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kivuga ko kinjije arenga Miliyari Frw 3 kandi arenga ayo bari barihaye nk’intego.

Ikindi Ronald Niwenshuti yishimira ni uko mu Rwanda hose habarurwa abacuruzi 147,000 bakoresha EBM.

Imwe mu ngamba zafashije mu kubigeraho ni ubukangurambaga no guha abantu agahimbazamusyi ka 10% by’amafaranga runaka yasoze akoresheje EBM.

Ashima kandi ko hari abantu bibwirije basora ibirarane kuko bongerewe igihe cyo kuyishyura.

Ikindi avuga no uko habayeho uburyo bwo kurwanya abanyereza imisoro n’abacuruza magendu.

Hari gahunda kandi ikigo cy’igihugu gifite yo kuzamura ubushake bwo kwishyura no kwaka EBM binyuze mu bindi bihembo bazagezwaho mu gihe kiri imbere.

Ubusanzwe umuntu ucuruza amafaranga ari munsi ya Miliyoni Frw 2 ntasora.

TAGGED:AmahorofeaturedImariImisoroIngengoKomiseriNiwenshuti
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bwiza Yasohoye Indirimbo Ifite Ubutumwa Nk’Ubw’Iya Miss Jojo
Next Article Iran Yahakanye Iby’Uko Ishaka Imishyikirano Na Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?