Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impaka Zishyushye Hagati Ya Tshisekedi Na Macron
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Impaka Zishyushye Hagati Ya Tshisekedi Na Macron

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 March 2023 4:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikiganiro Perezida w’u Bufaransa yahaye itangazamakuru afatanyije na mugenzi we wa DRC kiri  mu biganiro bishyushye byahawe itangazamakuru mu bihe bya vuba aha bitanzwe n’Abakuru b’ibihugu.

Emmanuel Macron ari muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu ruzinduko rw’akazi.

Uretse ingingo zirebana n’umubano usanzwe hagati ya DRC  n’u Bufaransa, baganiriye no ku byerekeye ubwisanzure bw’itangazamakuru aho Tshisekedi yanenze ko iyo hari ibitagenda neza muri Afurika bivugwaho cyane i Burayi ariko hagira ikigenda neza iwabo ntabakivuge.

Marcon yasubije ko ibyo atari byo kuko ngo n’iwabo iyo habaye ikibazo, itangazamakuru ribivugaho ndetse ngo no mu gihe bitagendaga neza ku butegetsi bwa Jacques Chirac, itangazamakuru ryarahagarutse rirabyamagana.

Ati: “ Ntabwo tugira indimi ebyiri, ahubwo iyo hari ibitagenda neza iwacu biramaganwa nk’uko bigenda iwanyu, itangazamakuru ryacu ririgenga, kandi nibyo demukarasi ishingiyeho.”

Abajijwe impamvu atajya akoresha ijambo ‘aggression’ ku Rwanda muri DRC, Macron yavuze ko akoresha iryo jambo ku mitwe y’inyeshyamba.

Avuga ko yamagana kandi atemera ibyo M23 ikora kandi ngo n’inama izaba kuwa Kabiri azakora k’uburyo nta ntambara yavuka muri iki gice.

Yeruye ko umuyobozi utazakurikiza ibyo bazemeranyaho mu nama izabera i Luanda mu Cyumweru kiri  imbere, azafatirwa ibihano.

Macron yavuze ko adashaka ko Akarere k’Afurika y’i Burasirazuba kazadukamo intambara yeruye, bityo ko ari ngombwa ko amahoro aganirwaho agashyirirwaho umurongo utuma agaruka kandi akaramba.

Tshisekedi yabwiye mugenzi we uyobora u Bufaransa ko u Burayi n’Amerika bagomba kumenya ko Afurika itakiri insina ngufi, ahubwo ko umuntu wese ushaka gukorana nayo agomba kuyubaha.

Ngo kubaha Afurika nibwo buryo bwiza buzatuma ikorana n’abifuza imikoranire nayo.

TAGGED:BufaransafeaturedImpakaM23MacronRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyamuryango Ba GAERG Baganiriye Ku Ruhare Rwabo Mu Mibanire Myiza
Next Article Umujyanama Mukuru Wa Museveni Wavukiye Mu Rwanda Yapfuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?