Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impamvu Uturere Twa Nyanza, Bugesera Na Gisagara Twagumye Mu Kato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Impamvu Uturere Twa Nyanza, Bugesera Na Gisagara Twagumye Mu Kato

admin
Last updated: 17 March 2021 5:41 am
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko igipimo kiri hejuru cy’ubwandu bwa COVID-19 ari cyo cyatumye uturere twa Nyanza, Bugesera na Gisagara tudakomorerwa, ubwo hafungurwaga ingendo zihuza Intara, Umujyi wa Kigali n’utundi Turere tw’igihugu.

Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere yanzuye ko amabwiriza yihariye utwo turere dutatu tuzakurikiriza azashyirwaho na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.

Minisitiri Ngamije yavuze ko mu igenzura ryakozwe ku bwandu bwa COVID-19 mu turere twose, basanze utwa Nyanza, Bugesera na Gisagara turengeje uko bimeze mu tundi.

Ati “Utwo turere dutatu twagaragaje umwihariko ko imirenge myinshi yatwo twagiye tubonamo, ku bantu twafashe bageze nko ku 100 tukabonamo nka 20 bafite COVID bamwe batanabizi ko banayifite, abandi bari bamaze iminsi barwaye bafite intege nkeya ariko bakajya mu kazi, bituma bigaragara ko muri utwo turere ikibazo kigihari.”

Nko mu minsi ibiri ishize mu Karere ka Gisagara habonetse abarwayi 26, mu Karere ka Nyanza haboneka abarwayi 19 naho mu Ka Bugesera nta wabonetse.

Minisitiri Ngamije yabwiye RBA ko nubwo harimo gutangwa inkingo za COVID-19, zitaragera ku mibare ishimishije ku buryo wavuga ko hahagaritswe ikwirakwira rya virus itera COVID mu baturage.

Ibindi byemezo byafashwe n’inama yateranye kuri uyu wa Mbere ni uko amasaha y’ingendo yongerewe, avanwa hagati ya saa kumi za mu gitondo na saa mbili z’ijoro, ashyirwa hagati ya saa kumi za mu gitongo na saa tatu z’ijoro.

Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa mbili z’ijoro, mu gihe ubundi byafungaga saa kumi n’ebyiri nubwo kugera mu rugo mu rugo byari saa mbili z’ijoro.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije

TAGGED:BugeseraCOVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedGisagaraNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Barenga Ibihumbi 300 Tumaze Gukingira Na AstraZeneca, Nta Kibazo Turabona – Dr Ngamije
Next Article Izamurwa Ry’Umusoro w’Ubutaka Ryari Ryateje Impagarara Ryakuweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

ImyidagaduroMu Rwanda

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?