Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impamvu Zikomeye Zatumye Ingamba Zo Kurwanya COVID-19 Mu Rwanda Zikazwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Impamvu Zikomeye Zatumye Ingamba Zo Kurwanya COVID-19 Mu Rwanda Zikazwa

admin
Last updated: 29 June 2021 7:27 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kabiri hafashwe ibyemezo bikomeye mu Mujyi wa Kigali n’utundi turere umunani, aho ibiro bya leta n’abikorera, amashuri, insengero n’amakoraniro byafunzwe, kubera izamuka rikabije ry’ubwandu bwa COVID-19.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye abanyamakuru ko abantu bakwiye kumva kimwe ayo mabwiriza kandi bakayubahiriza, kugira ngo abashe gutanga umusanzu mu kurinda ubuzima bw’Abanyarwanda.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko ibipimo bamaze iminsi bafata byerekana ko ubwandu bwiganje mu duce tumwe na tumwe kurusha ahandi, nubwo hose COVID-19 ihari.

Yiganje mu Umujyi wa Kigali n’Uturere twa Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rutsiro na Rwamagana.

Ati “Bigaragara ko icyorezo turimo kugisanga mu turere 11 ugereranyije n’utundi turere dusigaye, bityo ingamba zikaba zafashwe kugira ngo hirindwe ko ubwo bwandu bwagumya kwiyongera cyane, kuko ibipimo dufite mu nzego z’ubuvuzi ni uko uretse kwiyongera kw’abarwayi ugereranyije n’uko byari bimeze mu kwezi kwa gatanu, ikigaragara ni uko uwandu bwikubye nk’inshuro nk’enye.”

Mbere ngo abantu batangazwaga ko banduye ku munsi bageraga muri 50, none ubu bageze muri 900.

Ikindi Dr Ngamije yagarutseho ni uko mbere wasangaga mu bantu 100 banduye nibura abarenga 90 badafite ibimenyetso bya COVID, ku buryo harwaraga bake.

Yakomeje ati “Ubu rero si ko bimeze kuko n’iyo urebye ahantu bari gusuzumirwa, abafite ubwandu bwa COVID-19 benshi bageze kuri 50% bari kwisuzumishiriza mu bigo nderabuzima, mu bitaro ndetse no mu mavuriro yigenga.”

“Ni ukuvuga ngo ava mu rugo afite ikibazo gituma ajya kwisuzumisha, benshi ntabwo tubasanga aho bari nta kimenyetso bafite ngo tubasuzume tubone bafite ubwandu.”

Icyo ngo ni ikintu gihangayikishije, kuko abarwayi bafite ibimenyetso biyongereye kimwe n’abinjizwa mu bitaro.

Guhera mu ntangiro za Kamena, mu bitaro bya Nyarugenge byakira abanduye COVID-19 ngo harimo abarwayi batarenga 20, none ubu bagera mu 127.

Dr Ngamije yakomeje ati “Bivuze ngo abarwayi bariyongereye mu bitaro muri rusange, ariko cyane cyane biriya tuvuriramo abantu bafite COVID.”

“Ikigaragara rero ni uko umwuka twakoreshaga nawo muri biriya bitaro umuntu arabona ko ibipimo byiyongereye inshuro zigeze ku 10 ku munsi, ku bantu bagomba gukoresha umwuka.”

Ikindi ngo ni uko abapfa nabo biyongereye.

Hashize iminsi haboneka abantu bagera muri barindwi bapfa ku munsi, ibintu bitaherukaga, kandi ugasanga harimo abakiri bato batanafite ibindi bibazo by’ubuzima.

Dr Ngamije yakomeje ati “Ibyo byose iyo umuntu abirebeye hamwe, iki kibazo cya COVID kirakomeye ndetse ingamba zagiye zifatwa hakenewe ko zishimangirwa n’izindi kugira ngo uyu muvuduko w’ubwiyongere bwa COVID udakomeza kwiyongera, ugasanga kibaye ikibazo tudashobora guhangana nacyo.”

Impamvu z’ubwiyongere bw’ubwandu

Minisitiri Ngamije yavuze ko mu mpamvu zirimo gutera ubu bwiyongere harimo uburyo abantu badohotse ku kwirinda, n’impamvu z’urujya n’uruza rw’abantu rwatewe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

Yavuze ko nubwo nta wakwemeza ko ubwandu bwa Coronavirus yihinduranyije buri mu Rwanda kuko bwandura cyane, binashoboka ko buhari.

Yagize ati “Ku bijyanye na Coronavirus yihinduranyije, ubushakashatsi burakorwa, kandi koko niba iyo yihinduranyije y’Abahinde iri mu bindi bihugu duturanye, nta gitangaza ko ushobora kuyumva mu Rwanda, ni ibintu bishoboka.”

“Iyi virus ifite ukuntu igenda yihinduranya kugira ngo ibashe kubaho nayo, kuko nibwo buryo bwayo bwo kugira ngo ihangane n’inkingo n’imiyi yindi ihari kugira ngo iyirwanye.”

Yavuze ko Leta ifite ubushobozi buhagije bwo kwakira abarwayi, ahubwo iri no gushaka uko yakuba nka kabiri cyangwa gatatu ubushobozi bw’umwuka uhabwa abarwayi.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Dan Munyuza, yavuze ko abaturage bakwiye guhindura imyumvire ku kwirinda iki cyorezo, kuko hari abantu usanga bitwara nk’aho batinya polisi n’abayobozi kurusha icyorezo.

Abo barimo nk’abo usanga batambaye agapfukamunwa neza cyangwa ugasanga badahana intera ndetse bagatumirana cyangwa bagakoranira mu birori bitemewe, ibintu yavuze ko bikwiye kwamaganwa.

Ati “Ibyo rero ukabona bidakwiye, abantu bose bagomba kumva ko bagomba kwambara agapfukamunwa, igihe utari mu rugo usohotse ugomba kukambara kandi ukakambara neza. Ibi rero ntabwo Polisi y’igihugu yabigeraho yonyine idafatanyije n’abandi banyarwanda bumva neza akamaro ko kwambara agapfukamunwa.”

Amashuri, Ibiro Bya Leta n’Iby’Abikorera Byafunzwe

 

Iki kiganiro cyitabiriwe n’abanyamakuru hamwe n’abayobozi batandukanye
IGP Dan Munyuza yasabye abaturarwanda gutinya COVID-19 kurusha uko batinya abayobozi
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi JMV yitabiriye iki kiganiro
Dr Daniel Ngamije yavuze ko abantu baremba barimo kwiyongera cyane
TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedGatabazi JMVIGP Dan MunyuzaPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Ndayishimiye Yirukanye Uyobora Ikigo Cy’Igihugu Gishinzwe Ubwikorezi
Next Article Minisitiri W’Intebe W’Igihugu Cyo Muri Aziya Arwariye Mu Bitaro Kubera Impiswi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?