Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impanuka Zatewe n’Ubusinzi Zishe Abantu 69, Zikomeretsa Abarenga 400
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Impanuka Zatewe n’Ubusinzi Zishe Abantu 69, Zikomeretsa Abarenga 400

admin
Last updated: 14 June 2021 10:32 am
admin
Share
Commissioner of Police John Bosco Kabera
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko itazihanganira abantu bakomeje gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, kuko bakomeje guteza impanuka zishe abantu 69 mu mezi atandatu ashize, abandi benshi bagakomereka.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yabivugiye kuri televiziyo y’igihugu kuri iki Cyumweru, mu kiganiro cyagarukaga ku ngamba nshya zo kurwanya COVID-19.

Yavuze ko nubwo utubari dukomeje gufungwa, hari abadukoresha rwihishwa, ndetse hari n’abantu bahindura imodoka zabo utubari.

Yagize ati “Ndagira ngo mbwire abaduteze amatwi ko muri aya mezi atandatu ashize twagize impanuka zarimo abantu banyoye ibisindisha cyangwa zagizwemo uruhare n’abantu banyoye ibisindisha 223.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Twafashe abantu bagera mu 1200 batwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, izi mpanuka zaguyemo abantu bagera muri 69, abagera muri 400 barakomereka bikomeye, n’abandi bakomeretse byoroheje.”

Yavuze ko ibyo bigaragaza ko abantu bakomeje kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, none bigeze n’aho bumva ko ibijyanye n’amategeko ntacyo bibabwiye.

Ati “Ntabwo ibi bintu byemewe. Byumvikane ko rero ibi bintu polisi itazabyihanganira.”

CP Kabera yavuze ko abantu bakwiye kwitwararika, bakumva ko amasaha yo kugera murugo ari saa tatu z’ijoro, aho kuyifata nk’isaha yo guhaguruka aho bakorera.

Yibukije abacuruzi ko isaha ya saa mbili yashyizweho ngo abantu babe bamaze gufunga imirimo yabo batashye, aho kuba iyo gutangira kwishyuza abakiliya.

- Advertisement -

 

TAGGED:COVID-19CP KaberafeaturedImpanukaPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Macron Na Biden Bahoberanye Nta Gapfukamunwa Birakaza Abaturage Babo
Next Article Igitekerezo: Abavuga Ko Nta Demukarasi Iba Mu Rwanda Babiterwa N’Iki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?