Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Impinduka Mu Miyoborere y’Uturere Mbere y’Itorwa Rya Ba Meya Bashya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Impinduka Mu Miyoborere y’Uturere Mbere y’Itorwa Rya Ba Meya Bashya

admin
Last updated: 30 September 2021 11:47 am
admin
Share
SHARE

Umutwe w’Abadepite watoye umushinga w’Itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere y’Akarere, wakozwemo amavugurura arimo uburyo abagize inama Njyanama babonekamo, ari nabo batorwamo Komite Nyobozi y’Akarere.

Ni umushinga wemejwe nyuma y’uko mu igazeti ya Leta yo ku wa 27 Nzeri, hasohotsemo Iteka rya Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu ryemeza ngo amatora “yari yarasubitswe kubera inzitizi ntarengwa y’ubukana bw’icyorezo cya COVID-19 arasubukuwe”.

Hazaba hatorwa abayobozi b’inzego z’ibanze guhera ku Umudugudu, Akagari, Umurenge n’Akarere na Komite Nyobozi z’Inama y’Igihugu y’Abagore, Inama y’Igihugu y’Urubyiruko n’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga.

Ibintu bishya bigaragara mu mushinga w’Itegeko ni uko mbere ryakomatanyaga imiyoborere y’uturere twose harimo n’utw’Umujyi wa Kigali, ubu byatandukanyijwe kuko Umujyi wa Kigali uheruka gushyirirwaho itegeko ryihariye.

Mu itegeko rishya hashyizwemo ingingo zihariye ziteganya ibyerekeye Uturere dufatwa nk’Imijyi yunganira umurwa mukuru n’Imijyi ikura vuba.

Biteganywa ko mu rwego rwo gushyigikira iterambere ryihuse ry’imijyi mu nzego z’ibanze, Akarere gashobora gushyirwa mu cyiciro cy’Akarere karimo Umujyi munini cyangwa Umujyi ukura vuba. Icyo gihe Iteka rya Perezida rigena utwo turere n’imikorere n’imiterere yihariye yatwo.

Muri iryo tegeko hanateganyijwemo inzira z’amategeko igenga imikorere n’imikoranire hagati y’Inzego za Leta zo hejuru n’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage.

Byitezweho kuba igisubizo cyo kumenya inshingano z’urwego rukuru iyo rukorana n’urwego rw’ibanze ndetse n’inshingano z’urwego rw’ibanze iyo rukorana n’urwego rukuru, n’aho buri rwego rugarukira muri iyo mikoranire.

Muri izo mpinduka kandi umubare w’abajyanama b’uturere wasubiwemo, ku buryo Inama Njyanama y’Akarere izaba igizwe n’Abajyanama 17.

Ni icyemezo cyafashwe hagamijwe gutuma umubare wabo ugabanuka, nk’uburyo buzatuma “mu nama Njyanama habamo abantu bake kandi bafite ubumenyi butandukanye, bwatuma batanga ibitekerezo bigamije kubaka iterambere ry’Akarere.”

Ni amavugurura yaherukaga gukorwa ku buryo abagize Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali bashyirwaho.

Inama njyanama izaba irimo Abajyanama rusange 8 batorwa ku rwego rw’Akarere; Abajyanama 5 b’abagore bangana na 30% by’abajyanama bose; Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko, uw’Inama y’Igihugu y’abagore, uw’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga ku rwego rw’Akarere na Perezida w’abikorera mu Karere.

Ubusanzwe yari igizwe n’Abajyanama rusange batowe ku rwego rw’Imirenge; Abagize biro y’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ku rwego rw’Akarere; Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Akarere; Abajyanama b’abagore bangana nibura na 30% y’abagomba kugira Inama Njyanama; Umuhuzabikowa w’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga ku rwego rw’Akarere na Perezida w’abikorera mu Karere.

Abadepite bamwe ariko bagaragaje impungenge z’uko kuba mu bagize inama njyanama z’uturere habamo abakozi bahembwa n’akarere, kandi mu nshingano zabo harimo kugenzura Komite Nyobozi ibafiteho ububasha mu kazi ka buri munsi bakora.

Ibyo ngo byakunze gutuma hari ubwo abajyanama bifata, ngo batiteranya n’abayobozi, maze bikabangamira imiyoborere y’akarere.

Gusa mu bitekerezo byatanzwe, byagaragaye ko abakozi bahembwa n’akarere ari benshi nk’abarimu, abaganga n’abakora mu bindi bigo, ku buryo batemerewe kujya mu nama njyanama hari ibitekerezo byaba bitakaye.

Byongeye, ngo hari na ba rwiyemezamirimo usanga bagaragaza impungenge ko iyo ugiye muri njyanama hari ibintu bimwe na bimwe ubura, kandi wenda byari bigufitiye umumaro nk’umucuruzi.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yavuze ko abatemerewe kujya mu nama Njyanama ari abakozi bwite b’akarere, ni ukuvuga abakorera ku Karere, ku Mirenge cyangwa Utugali.

Ariko abakora mu bindi bigo biri mu nshingano z’Akarere ngo ntibabuzwa amahirwe, cyane ko bafite ubushobozi bwo gutanga ibitekerezo nubwo byaba bihanda ku muyobozi, ariko byubaka.

Ati “Dukwiye kubaka abo bantu bafite ibitekerezo kandi bakabitanga mu nyungu z’abaturage, mu bwisanzure busesuye bwo kugaragaza icyo umuntu atekereza.”

Yatanze urugero ku muntu wabaye umudepite agasoza manda akajya gukora mu bitaro runaka, ko atatinya gutanga ibitekerezo ngo ni uko akorera munsi y’Akarere, atinya ko wenda Meya cyangwa abamwungirije bamubangamira.

Abagize Komite Nyobozi y’Akarere batorerwa manda y’imyaka 5 ishobora kongerwa. Gusa ntibashobora kurenza manda ebyiri zikurikirana.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora igaragaza ko hari imyanya 340,000 igomba kuzatorerwa mu nzego z’ibanze guhera ku Mudugudu kugeza ku Karere, uvanyemo Umujyi wa Kigali.

Ni amatora ateganyijwe guhera mu cyumweru cya nyuma cy’Ukwakira 2021 kugeza hagati mu Ugushyingo.

Biteganywa ko uwiyamamaza agomba kuba ari Umunyarwanda w’inyangamugayo, ariko buri muntu agatanga kandidatire ku giti cye. 

Agomba kandi kuba atarahamijwe icyaha n’inkiko ngo akatirwe igihe kirenze amezi atandatu.

Abayobozi mu rwego rw’Umuduudu bagomba kuba bafite imyaka guhera kuri 21, imyaka 25 ku rwego rw’Akagali n’Umurenge n’imyaka 35 ku rwego rwa ba Meya.

Imirimo y’Umutwe w’Abadepite ibera mu ikoranabuhanga
TAGGED:AbadepiteAmatorafeaturedGatabazi JMVInzego z'IbanzeMeya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bwongereza Bugiye Gukuraho Icyemezo Gikumira Abakingiriwe COVID-19 Mu Bihugu Birimo u Rwanda
Next Article Idamange Yakatiwe Imyaka 15 Y’Igifungo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?