Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyishyurire Y’Ingendo Muri Kigali Yavuguruwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Imyishyurire Y’Ingendo Muri Kigali Yavuguruwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2024 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

RURA yatangaje ko guhera ku wa Gatatu tariki 04, Ukuboza, 2024 mu Mujyi wa Kigali hazatangira igeragezwa ry’uburyo umugenzi azajya yishyura urugendo mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange hakurikijwe urugendo yakoze.

Ibyo kwishyura amafaranga ahwanye n’urugendo  rwose(ligne) yakoze bikazavanwa gahoro gahoro.

Itangazo rya RURA rivuga ko umugenzi azajya akoza ikarita y’urugendo ku mashini nk’uko bisanzwe (tap in), ariko nagera aho asohokera yongere akozeho ikarita (tap out) kugira ngo arangize urugendo.

Bizatuma arangiriza urugendo rwe aho asohokeye bityo ntiyishyure urugendo rwa ligne yose kandi yaviriyemo mu nzira.

Kagoyire usanzwe utega ava Kimironko ajya ahitwa ku Gishushu yabwiye Taarifa Rwanda ko iyo mikorere mishya izabafasha umugenzi kugira amafaranga asigarana, yamufasha no mu bindi.

Ati: ” Ndizera ko ubu buryo buzadufasha kudakoresha amafaranga menshi kuko ayo tuzajya twishyura azaba areshya n’urugendo twakoze. Reka dutegereze tuzarebe icyo bizatanga!”.

Minisitiri w’ibikorwa remezo Dr. Jimmy Gasore mu mezi runaka yatambutse, yavuze ko ubu buryo buzorohereza abagenzi mu kwishyura hakoreshekwe ikoranabuhanga.

Hari na gahunda y’uko hari imihanda imwe yo mu Mujyi wa Kigali izajya iharirwa ibinyabiziga bitwara abagenzi mu buryo bwa rusange byonyime bigakorwa mu masaha runaka hagamijwe kugabanya umubyigano mu mihanda.

Izo hamwe n’izindi ngamba ziri mu byo Leta iri gukora ngo ikemure icyo kibazo.

Itangazo rya RURA ku mikorere mishya mu kwishyura bikozwe n’abagenzi muri Kigali rigaragaza n’uko ibiciro biteye hakurikijwe ibilometero umugenzi yakoze.

Ku ntera y’ikilometero kimwe n’ibilometero bibiri ni amafaranga Frw 182 , ku ntera y’ibilometero bitatu ni Frw 205 , amafaranga akazagenda yiyongera bitewe n’uko urugendo na rwo rwiyongera.

Zimwe mu ngero z’uburyo abagenzi bazajya bishyura:

– Downtown – Remera (10km), igiciro kizaba Frw 388 Frw kivuye kuri Frw 307.

– Downtown – Rwandex (6km) igiciro kizaba Frw 274 kivuye kuri Frw 307.

– Downtown – Kanogo (3km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri Frw 307

– Sonatube – Prince House (2km) igiciro kizaba Frw 182 kivuye kuri Frw 307.

– Nyabugogo – kuri 12 (14km) igiciro kizaba 543 Frw kivuye kuri Frw 741.

– Remera – Kuri 12 (3 km) igiciro kizaba 205 Frw kivuye kuri Frw 420.

– Nyabugogo – Kabuga (25km) igiciro kizaba 855Frw kivuye kuri Frw 741.

TAGGED:AbagenzifeaturedIkoranabuhangaimodokaingendoKwishyura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Polisi Yafatanye Umuntu Urumogi Rupima Ibilo 50
Next Article Perezida Wa Angola Yatumiye Kagame Na Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?