Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imyumvire Mibi Iri Mu Bitera Impanuka Zo Mu Muhanda-Polisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Imyumvire Mibi Iri Mu Bitera Impanuka Zo Mu Muhanda-Polisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2023 7:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda buvuga ko imwe mu mpamvu zikomeye zitera impanuka zo mu muhanda ari imyumvire idahwitse igirwa na bamwe mu bakoresha umuhanda.

Abakoresha umuhanda ni abantu bose bawugendamo mu buryo butandukanye.

Hari abawugendamo bakoresheje ibinyabiziga( batwawe cyangwa bitwaye) hakaba n’abawukoresha bawugendeshamo amaguru.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano avuga ko imyumvire mibi ku mikoreshereze y’umuhanda igira uruhare mu burangare n’ubuteganye buke kandi ibi biha  impanuka urwaho.

Abenshi mu bafite ibinyabiziga ntibaramenya kwihanganira abatabifite cyangwa abafite ibinyabiziga bito ku byabo.

Kutihanganirana mu muhanda ngo uwatanze undi kwinjira mu cyerekezo yihanganirwe abanze ahite, undi abone kuza, nabyo biri mu biteza impanuka.

Ikindi kibazo kiriho ni ugutinda gusuzumisha ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyane cyane ibitwara imizigo iremereye n’ibitwara abantu mu buryo bwa rusange.

Mu mezi make ashize hirya no hino mu Rwanda humvikanye impanuka zaterwaga n’amakamyo bita Howo, bivugwa ko yacikaga feri.

Byateje ubwoba mu Banyarwanda, bamwe batangira kwibaza ubuziranenge bw’izi modoka zikorerwa mu Bushinwa.

Umwanzuro waje kuba uw’uko abashoferi bazitwara ari bo bafite ubumenyi buke, umunaniro mwinshi n’ubunararibonye budahagije mu gutwara imodoka zipakira toni nyinshi.

Indi mpamvu itera impanuka kandi ishamikiye ku myumvire mibi ni ugukora amaturu menshi akorwa n’abashoferi batwara imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange n’abatwara amakamyo.

Abatwara ibi binyabiziga bakora amaturu menshi kugira ngo bandikirwe menshi ariko ibi bigira ikiguzi kinini!

Muri uko kwiruka kugira ngo binjize menshi bashimishe ba shebuja, bamwe barananirwa bagasinzira imodoka zikagwa mu manga.

Ku makamyo ajya cyangwa ava hanze y’u Rwanda, hari gahunda imaze iminsi yo kubakira abashoferi aho baruhukira.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo Uwase Patricie aherutse kubyemeranyaho n’ubuyobozi bw’Umuhora wo Hagati ugera i Dar es Salaam kugira ngo kubaka aho abashoferi baruhukira byihutishwe kuko ‘byaganiriweho kenshi’.

Polisi yaraye ibwiye itangazamakuru ko ubufatanye mu kubwira abantu uko bakwirinda ibyateza impanuka, ari umusanzu waryo kandi ufitiye igihugu akamaro.

DIGP Vincent Sano yashimye itangazamakuru ko rikora uko rishoboye rigafasha Polisi mu bukangurambaga ( ku isonga ni Gerayo Amahoro) butandukanye bugamije umutekano ariko abasaba gukomereza muri uwo mujyo.

Hari mu nama nyunguranabitekerezo n’abanyamakuru yateguwe ku bufatanye bw’umuryango witwa Health People Rwanda (HPR) n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (RMC) mu rwego rwo kwizihiza icyumweru mpuzamahanga cyahariwe umutekano wo mu muhanda kizihijwe ku nshuro ya karindwi.

TAGGED:AbaturagefeaturedImpanukaPolisiRwandaSanoUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yaganiriye N’Inzego Z’Umutekano W’u Rwanda
Next Article Hari Abiga Kaminuza Ya UTB Basabwe Kwimenyereza Umwuga Batize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Umunya Iraq Wahoze Ari Impunzi Yatorewe Kuyobora UNHCR

Rusizi: Hafatiwe Uvugwaho Gusiga Yishe Sewabo Wagaba i Rulindo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Tshisekedi Arashaka Ubufasha Bwa Gisirikare Bwa Angola

You Might Also Like

Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?