Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama Ni Uko Abanyarwanda Batanywa Inzoga Na Nkeya- Min Nsanzimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inama Ni Uko Abanyarwanda Batanywa Inzoga Na Nkeya- Min Nsanzimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2023 2:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko uburyo bwiza bwo kutagirwaho ingaruka n’inzoga ari ukutanywa na nkeya. Yabivugiye mu gikorwa cyo kurangiza ukwezi inzego z’ubuzima na Polisi y’u Rwanda bafatanyijemo mu bukangurambaga ku isuku, umutekano no kurwanya igwingira mu bana.

Dr. Sabin Nsanzimana wari umushyitsi mukuru mu kurangiza uko kwezi mu bikorwa byakorewe mu Mujyi wa Kigali yavuze ko ikibazo cy’inzoga kitagarukira mu gutuma inyama z’umubiri w’umuntu zirwara gusa, ahubwo bituma n’ubukungu bw’umunywi budindira.

Yavuze ko uretse za cancers zifata umwijima, igifu n’ibindi bibazo by’ubuzima, ikindi kibazo kigendana no kunywa cyane kandi kenshi ari ugusesagura amafaranga yagombye kuzatabara umuntu ejo hazaza.

Ku rundi ruhande ariko, Minisitiri Nsanzimana avuga ko hari ibipimo mpuzamahanga bya OMS bivuga ko umugore unyweye inzoga mu rugero anywa icupa rimwe cy’inzoga ku munsi rifite sentilitiro 33.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umugabo we ngo ashobora kunywa amacupa abiri buri rimwe rifite ziriya sentilitiro ku munsi.

Icyakora Minisitiri w’ubuzima avuga ko ikibazo gikunze kubaho ari uko buri muntu usanzwe anywa inzoga, avuga ko ari we ugena igipimo atarenza.

Aha ngo niho hava ikibazo cyo kumenya igipimo nyacyo abantu muri rusange batagomba kurenza.

Nka Minisitiri w’ubuzima, atanga inama y’uko mu rwego rwo kwirinda ibibazo ibyo ari byo byose inzoga zitera, ibyiza ari uko abantu bareka kunywa na gake.

Ati: “ Nsanga icyaba cyiza ari uko abantu batanywa na gake”.

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissionner of Police (CP) John Bosco Kabera yabwiye itangazamakuru ko iyo Polisi ibuza abantu kunywa inzoga iba itagamije ko abazabirengaho bazafungwa ahubwo ko ari uburyo bwo kubarindira ubuzima.

Ati: “ Icyo Polisi ivuga ni uko abantu batagomba kurenza urugero. Inzoga si iz’abato ariko n’abakuru ntibakwiye kurenza urugero”.

Ku byerekeye ubukangurambaga Polisi y’u Rwanda yakoranaga n’inzego z’ubuzima, CP Kabera yavuze ko babikoze mu rwego rw’ubufatanye bugamije imibereho myiza y’Abanyarwanda muri rusange n’iy’abana by’umwihariko.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye nawe yashimye ubufatanye bw’inzego zose muri buriya bukangurambaga.

Ati: “ Ubu bufatanye bwabaye intangarugero mu kubungabunga umutekano no guharanira imibereho myiza y’abaturage”.

IGP Namuhoranye avuga ko inzoga zidakwiye guhabwa intebe mu mibereho y’Abanyarwanda

Nawe yagarutse ku kibazo cy’ubusinzi kimaze iminsi kivugwa ndetse giherutse kugarukwaho na Perezida wa Repubulika.

Yasabye abayobozi bari aho gukomeza kurwanya ubusinzi mu rubyiruko kandi ‘buri wese akaba ijisho rya mugenzi we’.

TAGGED:featuredInzogaKaberaNsanzimanaPolisiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Arashaka Guha Ukraine Intwaro Z’Ubumara Zibujijwe Henshi Ku Isi
Next Article Kicukiro: Umugore Ukekwaho Kwica Umwana Akamuta Mu Ngunguru Yasabiwe Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?