Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indege Yari Itwaye Perezida Wa Iran Iravugwaho Gukora Impanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indege Yari Itwaye Perezida Wa Iran Iravugwaho Gukora Impanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2024 3:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ataremeranywaho mu buryo budasubirwaho aravuga ko indege Perezida wa Iran yari arimo yakoreye impanuka ahantu bigoye kugera kugira ngo abari bayirimo batabarwe. Ku rundi ruhande, Ibiro Ntaramakuru muri Iran bivuga ko  Perezida Ebrahim Raisi yavuye muri iyi ndege amahoro.

Bivugwa ko yakoze iyo mpanuka agiye mu gace ka Iran gaturanye n’igihugu cya Azerbaijan gutaha urugomero ruherutse kuhuzura.

Nta makuru y’abandi bantu bari bari kumwe aratangazwa ariko bivugwa ko agace yari agiye gusura ari akitwa Jolfa kari mu bilometero 600 uturutse mu murwa mukuru, Tehran.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari buhahurire na mugenzi we uyobora Azerbaijan witwa Ilham Aliyev bagataha urugomero rwubatswe ku mugezi wa Aras ukora ku bihugu byombi.

Perezida Raisi afite imyaka 63 y’amavuko kandi yari asanzwe ari umuntu w’ingenzi ku muyobozi w’ikirenga wa Iran witwa  Ayatollah Ali Khamenei ndetse byanavugwaga ko ari we uzamusimbura ku buyobozi bukuru bwa Iran.

Ikinyamakuru cyo muri Iran kitwa Fars News Agency gitangaza ko ntacyo Perezida Raisi yabaye.

Umucyo kuri iyi nkuru uragenda uboneka uko amasaha yicuma…

Iran ni igihugu gifite ijambo rikomeye mu bindi by’Abisilamu ndetse muri iyi minsi cyavugwaga mu mwiryane ukomeye na Israel kubera inzika bamaranye igihe kirekire ariko cyane cyane intambara Yeruzalemu imaze iminsi itangije muri Gaza ngo ihirukane burundu Hamas.

TAGGED:featuredImpanukaIndegeIranIsraelRaisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igisirikare Cya DRC Cyemeje Ko Hari Coup d’Etat Yaburijwemo
Next Article Abanyeshuri Barohamye Mu Kiyaga Cya Kivu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?