Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indege Za Israel Zateguriwe Gukomeza Ibitero Muri Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Indege Za Israel Zateguriwe Gukomeza Ibitero Muri Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2025 3:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingabo za Israel ziri gutegura ibindi bitero kuri Iran.
SHARE

Abasirikare bakuru ba Israel barimo n’umugaba wabo witwa Gen Eyal Zamir bavuga ko kugeza ubu inzira zo kugaba ibitero byeruye kuri Iran zamaze guharurwa.

Israel ivuga ko zaharuwe guhera mu mwaka wa 2024 ubwo igisirikare cyayo cyasenyaga Hezbollah, kigasenya abarwanyi ba Hamas bakomeye kandi na Syria ya Assad ikaba itagifite imbaraga.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko  Israel muri icyo gihe cyose yasenye ibikorwa remezo byifashisha n’igisirikare cya Iran mu kugenzura indege z’umwanzi, ibyo bikajyanirana no kwica abasirikare bakuru n’abahanga bari basanganywe amabanga akomeye ya Iran mu gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Mu gihe i Yeruzalemu bavuga ibyo, uruhande rwa Iran narwo ruvuga ko rutari kurera amaboko, ahubwo iki kihugu kiri gutegura ibindi bisasu birushijeho gukomera byo kugerera Israel mu gatebo yayigereyemo.

Uko bimeze kose, Iran iri mu mwanya w’umunyantege nke ugereranyije na Israel.

Ubuyobozi bw’ingabo za Israel zirwanira mu kirere buvuga ko ubwo Lebanon yategekwaga na Hezbollah, Syria nayo ikaba mu biganza cya Assad byari bigoye cyane ko Israel irasa muri Iran.

Aho ingoma zihinduriye imirishyo muri ibyo bihugu, Israel ivuga ko inzira yo gukomeza kurasa muri Iran yamaze guharurwa.

Intego ni uko ibigo bitatu bya Iran bitunganya intwaro za kirimbuzi byose bisenywa.

Bibiri byamaze gushegeshwa n’ibisasu bya Israel, ibyo bikaba icya Natanz n’icya Isfahan naho ikindi kitwa Fordow cyo biracyagoranye kuko gikorera munsi y’umusozi muremure cyane.

Ubutegetsi bwa Israel buvuga ko nacyo buzagisenya byatinda byatebuka.

Buvuga ko bubyizeye kuko inshuti ya Israel ari yo Amerika ifite bombe ishobora kuhasenya bise Mother of All Bombes, MAB, ikaba bombe ishobora gusenya umusozi wose kandi Amerika yigeze kuyirasa Abatalibani muri manda ya Trump yo hagati ya 2017 na 2021.

Abarebera hafi ibiri kubera muri kiriya gice cy’isi bavuga ko Israel ishobora kwica n’abandi bayobozi bakuru ba Iran, igasenya aho ari ho hose ishaka kubera ko yamaze gushegesha ikoranabuhanga rya Iran mu buryo bwaryo bwinshi ryakoragamo.

The Jerusalem Post ivuga ko hari amakuru avuga ko mu masaha ari imbere hari ibindi bitero biri bukomeze kugabwa muri Iran.

Hagati aho, Iran irigamba ko ibisasu bya missiles yarashe muri Israel byasenye Minisiteri y’ingabo yubatse i Tel Aviv.

TAGGED:featuredIbiteroIndegeIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Natty Dread Yapfuye Azize Kanseri
Next Article Nta Masezerano Azasinywa Kuri Iki Cyumweru – Nduhungirehe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?