Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indege Za Israel Zateguriwe Gukomeza Ibitero Muri Iran
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

Indege Za Israel Zateguriwe Gukomeza Ibitero Muri Iran

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2025 3:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingabo za Israel ziri gutegura ibindi bitero kuri Iran.
SHARE

Abasirikare bakuru ba Israel barimo n’umugaba wabo witwa Gen Eyal Zamir bavuga ko kugeza ubu inzira zo kugaba ibitero byeruye kuri Iran zamaze guharurwa.

Israel ivuga ko zaharuwe guhera mu mwaka wa 2024 ubwo igisirikare cyayo cyasenyaga Hezbollah, kigasenya abarwanyi ba Hamas bakomeye kandi na Syria ya Assad ikaba itagifite imbaraga.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko  Israel muri icyo gihe cyose yasenye ibikorwa remezo byifashisha n’igisirikare cya Iran mu kugenzura indege z’umwanzi, ibyo bikajyanirana no kwica abasirikare bakuru n’abahanga bari basanganywe amabanga akomeye ya Iran mu gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Mu gihe i Yeruzalemu bavuga ibyo, uruhande rwa Iran narwo ruvuga ko rutari kurera amaboko, ahubwo iki kihugu kiri gutegura ibindi bisasu birushijeho gukomera byo kugerera Israel mu gatebo yayigereyemo.

Uko bimeze kose, Iran iri mu mwanya w’umunyantege nke ugereranyije na Israel.

Ubuyobozi bw’ingabo za Israel zirwanira mu kirere buvuga ko ubwo Lebanon yategekwaga na Hezbollah, Syria nayo ikaba mu biganza cya Assad byari bigoye cyane ko Israel irasa muri Iran.

Aho ingoma zihinduriye imirishyo muri ibyo bihugu, Israel ivuga ko inzira yo gukomeza kurasa muri Iran yamaze guharurwa.

Intego ni uko ibigo bitatu bya Iran bitunganya intwaro za kirimbuzi byose bisenywa.

Bibiri byamaze gushegeshwa n’ibisasu bya Israel, ibyo bikaba icya Natanz n’icya Isfahan naho ikindi kitwa Fordow cyo biracyagoranye kuko gikorera munsi y’umusozi muremure cyane.

Ubutegetsi bwa Israel buvuga ko nacyo buzagisenya byatinda byatebuka.

Buvuga ko bubyizeye kuko inshuti ya Israel ari yo Amerika ifite bombe ishobora kuhasenya bise Mother of All Bombes, MAB, ikaba bombe ishobora gusenya umusozi wose kandi Amerika yigeze kuyirasa Abatalibani muri manda ya Trump yo hagati ya 2017 na 2021.

Abarebera hafi ibiri kubera muri kiriya gice cy’isi bavuga ko Israel ishobora kwica n’abandi bayobozi bakuru ba Iran, igasenya aho ari ho hose ishaka kubera ko yamaze gushegesha ikoranabuhanga rya Iran mu buryo bwaryo bwinshi ryakoragamo.

The Jerusalem Post ivuga ko hari amakuru avuga ko mu masaha ari imbere hari ibindi bitero biri bukomeze kugabwa muri Iran.

Hagati aho, Iran irigamba ko ibisasu bya missiles yarashe muri Israel byasenye Minisiteri y’ingabo yubatse i Tel Aviv.

TAGGED:featuredIbiteroIndegeIntambaraIranIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Natty Dread Yapfuye Azize Kanseri
Next Article Nta Masezerano Azasinywa Kuri Iki Cyumweru – Nduhungirehe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?