Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indi Ntambara Ku Isi: Turikiya Igiye Gutera Syria
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indi Ntambara Ku Isi: Turikiya Igiye Gutera Syria

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 May 2022 4:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe ku isi intambara ivugwa cyane ari iri hagati y’u Burusiya na Ukraine, hari indi ntambara ikomeye iri gutegurwa na Turikiya kuri Syria. Perezida wa Turikiya avuga ko iriya ntambara izatangira nta gisibya kandi ngo azayitangiza atiriwe agisha inama Amerika.

Intego y’intambara Erdogan ashaka gutangiza muri Syria agamije guca intege abarwanyi b’Aba Kurdes avuga ko bugarije igihugu cye.

Aho bariya barwanyi baherereye mu Majyaruguru y’igihugu cye ngo babangamiye abaturage be.

Mu migambi ye harimo ko narangiza kubigizayo, abatuye igice cy’amajyaruguru y’igihugu cye bazaba batekanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku rundi ruhande ariko abakurikirana ibye bavuga ko afite undi mugambi wo kongera kwigarurira imitima y’abaturage be bari baragabanyije urukundo bari bamufitiye.

Ikindi Perezida wa Turikiya agamije ni ukugira ngo aho azirukana bariya barwanyi azahatuze impunzi z’Abanya Syria zahunze igihugu cyazo zikaza gutura mu bindi bice bya Turikiya.

Recep Tayyip Erdogan yagize ati: “ Kwihangana kwacu kwageze ku iherezo. Ibitero turabitangiza bidatinze.”

Ikinyamakuru cyo muri Turikiya kitwa Hürriyet nicyo kibitangaza.

Mu myaka yashize, Turikiya nabwo yagabye ibitero muri Syria ifata igice kinini kiyigabanya na Syria.

- Advertisement -

Ni igice kingana kilometero 30 winjira muri Syria ariko gifite umuzenguruko wa Kilometero 870.

Ni igice kigari kuko gikora kuri Syria nyirizina ndetse no kuri Iraq ukagera no ku Nyanja ya

Méditerranée.

Iyi Syria kandi imaze imyaka 11 mu ntambara.

Ni intambara yatangiye ubwo abantu bigaragambyaga bashaka guhirika Perezida Assad ariko bikanga kubera ubufasha yahawe n’u Burusiya.

Agace Turikiya ishaka kwigarurira kayoborwa n’ishyaka PYD iri rikaba ari ishyaka ryatangiye kurwanya Leta ya Ankara guhera mu mwaka wa 1980.

Amerika ntizamenyeshwa kandi irebwa na kiriya kibazo bya hafi…

t Recep Tayyip Erdogan avuga ko azarasa muri Syria atiriwe agisha Amerika inama

Kuba Leta zunze ubumwe z’Amerika zitazamenyeshwa ibya biriya bitero bya Turikiya ngo igire icyo ibivugaho bishobora kuzayirakaza kuko isanzwe ifasha abarwanyi Erdogan ashaka kurasa.

Ibafasha mu rwego rwo kugira ngo nabo bayifashe kurasa abarwanyi ba Al Qaeda bakorera muri kariya gace biyise Daech.

Ni abarwanyi bafasha Amerika kubuza ko Islamic State yakongera kuzura umutwe muri kariya gahuza Syria na Iraq.

Ku rundi ruhande ariko, Erdogan yavuze ko azarasa bariya barwanyi uko byagenda kose.

Ubwo yari akubutse muri Azerbaïdjan yagize ati: “ Ese Amerika atagize icyo ikora mu kurwanya iterabwoba twabigenza gute? Ni ngombwa ko abantu birwanaho.”

Nta taliki iranugwanugwa ubutegetsi bw’i Ankara buzatangirizaho intambara kuri Syria.

TAGGED:AmerikaErdoganfeaturedIntambaraTurikiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Ntiyitabiriye Inama Y’Umuhora Wa Ruguru Yabereye I Kigali
Next Article Kaze Neza: Indirimbo Clarisse Karasira Yasohoye Ivuga Ku Mwana We Utaravuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?