Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Indi Ntambara Ku Isi: Turikiya Igiye Gutera Syria
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Indi Ntambara Ku Isi: Turikiya Igiye Gutera Syria

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 May 2022 4:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe ku isi intambara ivugwa cyane ari iri hagati y’u Burusiya na Ukraine, hari indi ntambara ikomeye iri gutegurwa na Turikiya kuri Syria. Perezida wa Turikiya avuga ko iriya ntambara izatangira nta gisibya kandi ngo azayitangiza atiriwe agisha inama Amerika.

Intego y’intambara Erdogan ashaka gutangiza muri Syria agamije guca intege abarwanyi b’Aba Kurdes avuga ko bugarije igihugu cye.

Aho bariya barwanyi baherereye mu Majyaruguru y’igihugu cye ngo babangamiye abaturage be.

Mu migambi ye harimo ko narangiza kubigizayo, abatuye igice cy’amajyaruguru y’igihugu cye bazaba batekanye.

Ku rundi ruhande ariko abakurikirana ibye bavuga ko afite undi mugambi wo kongera kwigarurira imitima y’abaturage be bari baragabanyije urukundo bari bamufitiye.

Ikindi Perezida wa Turikiya agamije ni ukugira ngo aho azirukana bariya barwanyi azahatuze impunzi z’Abanya Syria zahunze igihugu cyazo zikaza gutura mu bindi bice bya Turikiya.

Recep Tayyip Erdogan yagize ati: “ Kwihangana kwacu kwageze ku iherezo. Ibitero turabitangiza bidatinze.”

Ikinyamakuru cyo muri Turikiya kitwa Hürriyet nicyo kibitangaza.

Mu myaka yashize, Turikiya nabwo yagabye ibitero muri Syria ifata igice kinini kiyigabanya na Syria.

Ni igice kingana kilometero 30 winjira muri Syria ariko gifite umuzenguruko wa Kilometero 870.

Ni igice kigari kuko gikora kuri Syria nyirizina ndetse no kuri Iraq ukagera no ku Nyanja ya

Méditerranée.

Iyi Syria kandi imaze imyaka 11 mu ntambara.

Ni intambara yatangiye ubwo abantu bigaragambyaga bashaka guhirika Perezida Assad ariko bikanga kubera ubufasha yahawe n’u Burusiya.

Agace Turikiya ishaka kwigarurira kayoborwa n’ishyaka PYD iri rikaba ari ishyaka ryatangiye kurwanya Leta ya Ankara guhera mu mwaka wa 1980.

Amerika ntizamenyeshwa kandi irebwa na kiriya kibazo bya hafi…

t Recep Tayyip Erdogan avuga ko azarasa muri Syria atiriwe agisha Amerika inama

Kuba Leta zunze ubumwe z’Amerika zitazamenyeshwa ibya biriya bitero bya Turikiya ngo igire icyo ibivugaho bishobora kuzayirakaza kuko isanzwe ifasha abarwanyi Erdogan ashaka kurasa.

Ibafasha mu rwego rwo kugira ngo nabo bayifashe kurasa abarwanyi ba Al Qaeda bakorera muri kariya gace biyise Daech.

Ni abarwanyi bafasha Amerika kubuza ko Islamic State yakongera kuzura umutwe muri kariya gahuza Syria na Iraq.

Ku rundi ruhande ariko, Erdogan yavuze ko azarasa bariya barwanyi uko byagenda kose.

Ubwo yari akubutse muri Azerbaïdjan yagize ati: “ Ese Amerika atagize icyo ikora mu kurwanya iterabwoba twabigenza gute? Ni ngombwa ko abantu birwanaho.”

Nta taliki iranugwanugwa ubutegetsi bw’i Ankara buzatangirizaho intambara kuri Syria.

TAGGED:AmerikaErdoganfeaturedIntambaraTurikiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Ntiyitabiriye Inama Y’Umuhora Wa Ruguru Yabereye I Kigali
Next Article Kaze Neza: Indirimbo Clarisse Karasira Yasohoye Ivuga Ku Mwana We Utaravuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?