Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Ethiopia Zisubije Ibice Byinshi Byari Byafashwe Na TPLF
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Ethiopia Zisubije Ibice Byinshi Byari Byafashwe Na TPLF

admin
Last updated: 01 December 2021 12:43 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Ethiopia yemeje ko ubu irimo kugenzura ibice byinshi cyane byari bimaze gufatwa n’umutwe w’abarwanyi wa TPLF, mu rugamba ruyobowe na Minisitiri w’Intebe Dr. Abiy Ahmed ubwe.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia byatangaje ko guverinoma yabonye instinzi ikomeye “ku mutwe w’iterabwoba inisubiza ibice byari byinjiwemo na TPLF.”

Yakomeje iti “Ingamba zo guhangana n’uyu mutwe w’iterabwoba zizakomeza kugeza TPLF itakiri ikibazo ku mahoro n’umutekano by’igihugu.”

GoE has achieved decisive military victory over the terrorist group and regained control of areas which were infiltrated by TPLF. Measures against the terrorist group will continue until TPLF no longer becomes a threat to national peace and security. (3/3)

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

 

Kuri uyu wa Gatatu Leta yatangaje ko ubu irimo kugenzura imijyi ya Kasagita, Burqa, Waiima, Chifra, Chiftu, Dire Ruqa, Alele Sulula, yose yari yafashwe n’abarwanyi ba TPLF ku buryo bari batangiye kwitegura gusatira umurwa mukuru Addis Ababa.

Guverinoma yatangaje ko nyuma yo gufata ibyo bice “inzego za Leta zasubijwe inshinano ndetse ibikorwa byo kuhasana byatangiye.”

Yavuze ko nko ku rugamba rwo mu gace ka  Wereillu habohowe imijyi ya Jama Degollo, Wereillu, Genete, Finchoftu, Aqesta; naho ku rugamba rw’ahitwa Gashena habohorwa imijyi ya Arbit, Aqet, Dibiko, Dabo, Gashena yari yigaruriwe na TPLF, ubu irimo kugenzurwa n’ingabo za Ethiopia (ENDF) hamwe n’iza Leta ya Amhara.

Ni mu gihe ku rugamba rubera mu bice bya Shoa hamaze kubohorwa uduce twa Mezezo, Molale, Shoa Robit, Rasa.

New Developments: Kasagita, Burqa, Waiima, Chifra, Chiftu, Dire Ruqa, Alele Sulula towns have been liberates from TPLF fighters; government administration reinstalled and rehabilitation works commenced.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

Muri iki cyumweru byemejwe ko Dr Abiy yasigiye inshingano Demeke Mekonnen Hassen umwungirije, ajya guhangana n’umutwe ushamikiye ku ishyaka Tigray People’s Liberation Front n’abarwanyi bishyize hamwe, bari bakomeje gusumbiriza umurwa mukuru Addis Ababa.

Ni icyemezo yafashe mu gihe abarwanyi bageze mu bilometero 200 uvuye mu murwa mukuru Addis Ababa.

Dr Abiy yabaye umusirikare mukuru mu ngabo Ethiopia mu 1991–2010 avamo afite ipeti rya Lieutenant Colonel.

Nyuma y’iminsi mike yatangaje amashusho ku rukuta rwa Twitter agaragara ari kumwe n’abasirikare benshi bagana imbere, afite telefoni ya gisirikare bigaragara ko arimo kuvugana n’abandi bayobozi b’ingabo.

Yumvikana avuga ati “Icyo mubona inyuma yanjye ni umusozi wari ibirindiro bikomeye by’umwanzi kugeza ejo. Ubu twamaze gusukura ako gace neza. Umuhate w’abasirikare uri ku rwego rwo hejuru. Intambara irimo kugenda neza, ubu twamaze gufata Kasagita. Uyu munsi turafata Chifra na Burqa. Tuzakomeza kugeza ubwigenge bwa Ethiopia bubashije gusugira.”

Muri icyo gihe anavugamo ko bazakomeza guhangana n’umwanzi, bakamushyingura ku rugamba.

Shoa Front Developments:

Mezezo, Molale, Shoa Robit, Rasa areas liberated from TPLF forces.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

New Developments Wereillu Front:

Jama Degollo, Wereillu, Genete, Finchoftu, Aqesta towns have been liberated from TPLF forces.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

New Developments Gashena Front

Arbit, Aqet, Dibiko, Dabo, Gashena towns cleared off TPLF fighters and under ENDF and Amhara forces.

— Office of the Prime Minister – Ethiopia (@PMEthiopia) December 1, 2021

 

 

 

TAGGED:Abiy AhmedEthiopiafeaturedTPLF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisi wa Uganda Yishwe Arashwe
Next Article Ikipe Ya Polisi Y’U Rwanda Ya Handball Yatsinze Iyo Muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?