Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Uganda Zagose Ibiro by’Ishyaka Rya Bobi Wine
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Uganda Zagose Ibiro by’Ishyaka Rya Bobi Wine

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2021 11:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe hasigaye amasaha make ngo Perezida Museveni arahirire kungera kuyobora Uganda kuri Manda ya gatandatu, umuhango uzaba kuri uyu wa Gatatu tariki 12, Gicurasi, 2021, Ibiro by’Ishyaka  rw’uwo bari bahanganye Bobi Wine rwagoswe n’ingabo.

Ishyaka National Unity Platform rya Bobi Wine rifite icyicaro ahitwa Kamwokya mu nkengero za Kampala.

Amafoto yatangajwe na Daily Monitor yerekana abaturage bari gufata amafoto y’ibimodoka bya gisirikare bizenguruka inyubako y’ibiro bya NUP.

Abaturage baje kureba iby’ibyo bimodoka birimo ingabo

Nyuma y’amatora y’Umukuru w’igihugu yabaye tariki 14, Mutarama, 2021, urugo rwa Bobi Wine narwo rwaragoswe ndetse byarushijeho gukomera mbere gato y’uko hatangazwa ibyavuye mu matora.

Mu minsi mike yakurikiyeho, ubwo Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika  muri kiriya gihugu yashakaga kujya gusura Bobi Wine yangiwe kuhagera.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12, Gicurasi, 2021 nibwo Perezida Museveni azarahirira ku kibuga kiri ahitwa Kololo mu mujyi wa Kampala.

Video iherutse gushyirwa kuri Twitter n’ikinyamakuru  NTV yerekanye abantu bacicikana bashyira ibintu ku murongo kugira ngo uriya muhango uzabere ahantu hasa neza kandi hatekanye.

Biteganyijwe ko hari Abakuru b’ibihugu birenga 20 bazitabira umuhango w’irahira rya Perezida Museveni.

TAGGED:BobifeaturedIngaboNUPUgandaUnityWine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugwaneza Yashyizwe Muri Komisiyo Ya Leta Ya Texas Yigisha Kuri Jenoside
Next Article Ndayishimiye Ararara Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?