Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Uganda Zarasanye N’Iza DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Uganda Zarasanye N’Iza DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2024 2:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Habayeho kurasana mu buryo butunguranye
SHARE

Abasirikare bane ba DRC n’umwe wa Uganda bakomereye mu kurasana kwabaye mu mpera z’Icyumweru gishize ubwo basakiraniraga ahitwa Irumu muri Ituri. Ku mpamvu zitaramenyekana, iryo rasana ryabaye ubwo impande zombi zahuriraga mu bikorwa byo kurwanya inyeshyamba za ADF.

Hari ubufatanye mu bikorwa bya gisirikare busanzwe hagati ya DRC na Uganda bwiswe Usujaa bugamije kurimbura abarwanyi ba ADF bamaze igihe barigaruriye ibice binini bya Ituri.

Radio Okapi, ku ruhande rwayo, ivuga ko iryo rasana ryatewe no kwitiranya umwanzi n’abo ku rundi ruhande, kandi ngo ryatumye abatuye muri ibyo bice bakangarana.

Iryo rasana  ryabaye ubwo abasirikare bo ku ruhande rwa DRC batungurwaga babonye abantu bafite intwaro babasanze aho bari bahagarikiye ibikorwa by’abaturage umuntu yagereranya n’umuganda.

Muri DRC babyita Salongo.

Abo bantu bari baturutse mu ishyamba bari abasirikare ba Uganda bari kumwe n’abandi ba DRC, bose bakaba bari bavuye mu bikorwa byo kugenzura niba nta barwanyi ba ADF basirisimba muri ibyo bice.

Mu kubitiranya n’abarwanyi ba ADF, abasirikare bari aho bahise babarasa, umuntu umwe arapfa abandi barakomereka.

Abo muri Sosiyete sivile bavuga ko uwapfuye ari umusivili wafashwe n’isasu mu buryo bw’impanuka.

Abasirikare bane ba DRC barakomeretse ndetse umwe mu ba Uganda nawe akomereka cyane.

Umuvugizi w’ingabo zihuriye ku gikorwa cyo guhiga ADF witwa Colonel Mak Hazukay yabwiye Radio Okapi ko hari ikiganiro ari butange kuri iki kibazo, ariko ntiyavuga igihe n’ahantu kizatangirwa.

TAGGED:ADFCongoIngaboKurasanaUgandaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Ibyo RRA Isaba Abifuza Icyemezo Cy’Ubudakemwa Mu Gutanga Imisoro
Next Article Ibishorobwa Byagaragaye Mu Mirima Y’Icyayi Cya Kitabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?