Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Uganda Zarasanye N’Iza DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Uganda Zarasanye N’Iza DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2024 2:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Habayeho kurasana mu buryo butunguranye
SHARE

Abasirikare bane ba DRC n’umwe wa Uganda bakomereye mu kurasana kwabaye mu mpera z’Icyumweru gishize ubwo basakiraniraga ahitwa Irumu muri Ituri. Ku mpamvu zitaramenyekana, iryo rasana ryabaye ubwo impande zombi zahuriraga mu bikorwa byo kurwanya inyeshyamba za ADF.

Hari ubufatanye mu bikorwa bya gisirikare busanzwe hagati ya DRC na Uganda bwiswe Usujaa bugamije kurimbura abarwanyi ba ADF bamaze igihe barigaruriye ibice binini bya Ituri.

Radio Okapi, ku ruhande rwayo, ivuga ko iryo rasana ryatewe no kwitiranya umwanzi n’abo ku rundi ruhande, kandi ngo ryatumye abatuye muri ibyo bice bakangarana.

Iryo rasana  ryabaye ubwo abasirikare bo ku ruhande rwa DRC batungurwaga babonye abantu bafite intwaro babasanze aho bari bahagarikiye ibikorwa by’abaturage umuntu yagereranya n’umuganda.

Muri DRC babyita Salongo.

Abo bantu bari baturutse mu ishyamba bari abasirikare ba Uganda bari kumwe n’abandi ba DRC, bose bakaba bari bavuye mu bikorwa byo kugenzura niba nta barwanyi ba ADF basirisimba muri ibyo bice.

Mu kubitiranya n’abarwanyi ba ADF, abasirikare bari aho bahise babarasa, umuntu umwe arapfa abandi barakomereka.

Abo muri Sosiyete sivile bavuga ko uwapfuye ari umusivili wafashwe n’isasu mu buryo bw’impanuka.

Abasirikare bane ba DRC barakomeretse ndetse umwe mu ba Uganda nawe akomereka cyane.

Umuvugizi w’ingabo zihuriye ku gikorwa cyo guhiga ADF witwa Colonel Mak Hazukay yabwiye Radio Okapi ko hari ikiganiro ari butange kuri iki kibazo, ariko ntiyavuga igihe n’ahantu kizatangirwa.

TAGGED:ADFCongoIngaboKurasanaUgandaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Ibyo RRA Isaba Abifuza Icyemezo Cy’Ubudakemwa Mu Gutanga Imisoro
Next Article Ibishorobwa Byagaragaye Mu Mirima Y’Icyayi Cya Kitabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?