Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za Uganda Zarasanye N’Iza DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za Uganda Zarasanye N’Iza DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2024 2:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Habayeho kurasana mu buryo butunguranye
SHARE

Abasirikare bane ba DRC n’umwe wa Uganda bakomereye mu kurasana kwabaye mu mpera z’Icyumweru gishize ubwo basakiraniraga ahitwa Irumu muri Ituri. Ku mpamvu zitaramenyekana, iryo rasana ryabaye ubwo impande zombi zahuriraga mu bikorwa byo kurwanya inyeshyamba za ADF.

Hari ubufatanye mu bikorwa bya gisirikare busanzwe hagati ya DRC na Uganda bwiswe Usujaa bugamije kurimbura abarwanyi ba ADF bamaze igihe barigaruriye ibice binini bya Ituri.

Radio Okapi, ku ruhande rwayo, ivuga ko iryo rasana ryatewe no kwitiranya umwanzi n’abo ku rundi ruhande, kandi ngo ryatumye abatuye muri ibyo bice bakangarana.

Iryo rasana  ryabaye ubwo abasirikare bo ku ruhande rwa DRC batungurwaga babonye abantu bafite intwaro babasanze aho bari bahagarikiye ibikorwa by’abaturage umuntu yagereranya n’umuganda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri DRC babyita Salongo.

Abo bantu bari baturutse mu ishyamba bari abasirikare ba Uganda bari kumwe n’abandi ba DRC, bose bakaba bari bavuye mu bikorwa byo kugenzura niba nta barwanyi ba ADF basirisimba muri ibyo bice.

Mu kubitiranya n’abarwanyi ba ADF, abasirikare bari aho bahise babarasa, umuntu umwe arapfa abandi barakomereka.

Abo muri Sosiyete sivile bavuga ko uwapfuye ari umusivili wafashwe n’isasu mu buryo bw’impanuka.

Abasirikare bane ba DRC barakomeretse ndetse umwe mu ba Uganda nawe akomereka cyane.

- Advertisement -

Umuvugizi w’ingabo zihuriye ku gikorwa cyo guhiga ADF witwa Colonel Mak Hazukay yabwiye Radio Okapi ko hari ikiganiro ari butange kuri iki kibazo, ariko ntiyavuga igihe n’ahantu kizatangirwa.

TAGGED:ADFCongoIngaboKurasanaUgandaUPDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Ibyo RRA Isaba Abifuza Icyemezo Cy’Ubudakemwa Mu Gutanga Imisoro
Next Article Ibishorobwa Byagaragaye Mu Mirima Y’Icyayi Cya Kitabi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?