Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yibukije RDF Kwirinda Ibiyobyabwenge N’isindwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yibukije RDF Kwirinda Ibiyobyabwenge N’isindwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2022 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare barenga 500 baraye barangije amasomo abagira ba  Ofisiye bato bagiriwe inama n’Umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kwitwara neza, bakirinda icyatuma birukanwa mu kazi bidateye kabiri  cyangwa bagahanwa mu bundi buryo bukomeye bazira ibiyobyabwenge, isindwe n’indi mico mibi.

Hari mu muhango waraye ubereye mu kigo cya gisirikare cya Gako kiri mu Karere ka Bugesera.

Perezida Kagame yabwiye bariya basirikare barimo n’umuhungu we Ian Kagame ko ibihe baciyemo batozwa kuba ingabo z’u Rwanda ari iby’agaciro kandi ko bagomba kubizirikana aho bari hose.

Ati: “ …Ndarangiriza ku kintu kijyanye na discipline. Wagira ubumenyi wagira ubushake, wagira ibyo ari byo byose…ntabwo havamo byinshi cyangwa se birambye igihe buri muntu wese ku giti cye ariko noneho ku ngabo muri rusange iyo hatagaragayemo imico, imyifatire myiza ari byo bijyana na discipline.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umugaba w’ikirenga w’iingabo z’u Rwanda yavuze ko hari ibishuko byinshi biba biri hanze cyangwa se bijyana n’umwuga  bityo ko bagomba kubimenya bakabyirinda.

Yababwiye ko kugira ngo bazagire ubuzima bwiza, bagire akazi keza kandi n’igihugu kibone icyo kubatezemo, ari ngombwa ko bagira ikinyabupfura, discipline, imyifatire n’imico myiza.

Ati: “ Hanze aha hari ibishuko byinshi, birimo ibiyobyabwenge, isindwe ndetse n’indwara nyinshi zijyana no kutifata neza zihitana ubuzima bw’abantu. Icyo tubifuriza rero kandi tubatezeho amaso ni uko ibyo mwize, umurimo mukora muwukorana discipline hakavamo ibyo twifuza namwe kandi ubundi ari byo mwifuza cyangwa mukwiye kuba mwifuza.”

Yunzemo ko iryo jambo ababwiye bagomba kurizirikana kuko ngo ntabwo byakumvikana ukuntu baba bamaze igihe kingana kuriya batozwa, biga,  bakanyura mu bikomeye byose, bakaba bageze ubwo bambara impeta za gisirikare, hanyuma bakananirwa n’imico myiza hanyuma ejo hatarashira n’umwaka abantu bakumva ko runaka yirukanwe mu ngabo kandi yarazigiyemo abishaka cyangwa yahanwe mu bundi buryo bukomeye kandi yashoboraga kubyirinda.

Ingabo zahawe ipeti rya Sous- Lieutenant ribagira ba ofisiye bato.

Uretse kubacyebura ngo bazirinde imyitwarire idakwiye ingabo z’u Rwanda, Perezida Kagame yanababwiye ko muri iki gihe, ingabo z’u Rwanda zubakwa mu buryo bw’umwuga no kurinda amajyambere yarwo aho kuba ingabo zishoza intambara.

- Advertisement -

Ngo ni ingabo  ziga ibintu bitandukanye bigamije guteza imbere u Rwanda no kurinda ibyo igihugu cyubaka.

Ku byerekeye kurwana intambara, Perezida Kagame yavuze ko nayo kuyirwana bisaba kugira ubumenyi ariko cyane cyane umutima wo gushaka gutsindira ibyawe ntihagire ubikunyaga.

Mu ijambo rye kandi Perezida Kagame yashimiye ababyeyi bemerera abana babo kujya mu ngabo z’u Rwanda kuko ari umwuga ugirira igihugu akamaro.

TAGGED:featuredIngaboKagameRDFRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Koreya Y’Epfo Irigamba Guhanura Indege Z’Iya Ruguru
Next Article Abamotari B’i Rubavu Baravugwaho Gukorana N’Abanyabyaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?