Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingabo Za UN Zishe Abasivili
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ingabo Za UN Zishe Abasivili

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 August 2022 11:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye bakorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo baraye barashe abasivili basanze ku mupaka wa Kasindi. Amakuru avuga ko abo basivili babanje kwanga ko abo basirikare binjira mu gihugu cyabo, abandi barabarasa, binjira ku ngufu.

Umupaka wa Kasindi uri muri Kivu y’Amajyaruguru ugahuza DRC na Uganda.

Abantu babiri bahise bahasiga ubuzima abandi 15 barakomereka.

Umuvugizi w’Umunyamabanga mukuru wa UN witwa Farhan Haq yagize ati: “Umunyamabanga Mukuru yarakajwe kandi ashengurwa n’ababuze ubuzima ndetse n’abakomerekejwe muri ubwo bugizi bwa nabi.”

Yihanganishije ababuze ababo kubera ubwicanyi bwakozwe n’Ingabo zoherejwe kugarura amahoro y’abasivili muri DRC.

Iki kibazo kandi cyagarutsweho na Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye.

Yanditse ati:  “Turakurikianira hafi ibirimo kubera muri DRC kandi twamaganye twivuye inyuma ubwicanyi bwakoze ku Cyumweru i Kasindi aho igitero cy’ingabo za MONUSCO cyagize ingaruka ku nzirakarengane nyinshi. Twihanganishije Leta ya Congo n’imiryango yagizweho ingaruka.”

Ukuriye ubutumwa bwa UN muri DRC witwa Bintu Keita yatangaje ko ibyakozwe n’abo basirikare babikoze badatumwe n’Urwego ayoboye.

Ngo bamwe mu babikoze bafashwe barafungwa hatangira n’iperereza kuri iki kibazo.

Minisiteri y’Itumanaho murri DRC yatangaje ko abasirikare ba MONUSCO bakoze biriya  badashobora kuzongera  kwemererwa gukorera muri iki gihugu.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yarekana abasirikare ba  MONUSCO binjira ku ngufu ku mupaka wa Kasindi, nyuma y’impaka ndende.

Barashe amasasu kugira ngo binjire maze abantu bakwira imishwaro.

Ntibyaciriye aho kuko nyuma yo kwinjira, bakomeje kugenda barasa ubwo imodoka zabo zatambukaga mu gasenteri ka Kasindi.

Ibi bibaye hashize igihe gito abaturage b’i Goma bigaragambije basaba ingabo za MONUSCO kuzinga utwazo zikabavira ku butaka.

Ngo ntacyo zabamariye mu gihe cyose zihamaze.

TAGGED:AbaturageDRCfeaturedIngaboMONUSCO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Agahomamunwa: Uko Mu Ruganda Rukora Inzoga Yitwa Huguka Hasa
Next Article Pelosi Arasura Taiwan N’Ubwo u Bushinwa Butabishaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?