Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ingengabihe Y’Amashuri Mu Rwanda Yasubiwemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ingengabihe Y’Amashuri Mu Rwanda Yasubiwemo

Last updated: 26 February 2021 2:57 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Uburezi yavuguruye ingengabihe y’amasomo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, nyuma y’uko ayo mu Mujyi wa Kigali aheruka kumara igihe afunzwe, mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Ingengabihe yavuguruwe nyuma yo gusubukura amasomo mu Mujyi wa Kigali. Yari yahagaritswe ku wa 17 Mutarama,2021 kubera ubwiyongere bwa COVID-19.

Mu mavugurura yakozwe, yaba amashuri yo mu Mujyi wa Kigali yasubukuye amasomo ku wa 23 Gashyantare 2021 n’ayo mu Ntara atarigeze ahagarika, yose azasoza igihembwe cya kabiri ku wa 2 Mata, 2021.

Ni yo tariki izasorezwaho ku biga mu cyiciro cyisumbuye, ni ukuvuga mu mwaka wa Gatanu, uwa Gatandatu mu mashuri abanza; mu wa Gatatu, uwa Gatanu, uwa Gatandatu mu Mashuri yisumbuye, Amashuri y’imyuga n’abiga mu nderabarezi; batangiye amasomo ku wa 2 Ugushyingo 2020.

Ni kimwe n’abiga mu cyiciro kibanza, ni ukuvuga mu wa 4 w’amashuri abanza, mu wa Mbere, mu wa Kabiri, no mu wa Kane mu mashuri yisumbuye n’abatangizi mu mashuri y’imyuga n’inderabarezi, batangiye amasomo ku wa 23 Ugushyingo 2020.

Mu gihembwe cya gatatu ayo mashuri noneho azahuza ingengabihe mu gihugu cyose, atangire amasomo ku wa wa 19 Mata, azarangire ku wa 9 Nyakanga 2021.

Ibizamini by’amashuri abanza bizakorwa ku wa 12 -14 Nyakanga 2021, naho iby’ayisumbuye bikorwe ku wa 20 – 30 Nyakanga 2021.

Amashuri y’inshuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza…

Amashuri y’inshuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza, byahawe ingengabihe yihariye nk’uko byatangiye amasomo nyuma y’abandi.

Mu gihe mu Ntara batangiye igihembwe cya mbere ku wa 18 Mutarama kikazarangira ku wa 2 Mata, no mu Mujyi wa Kigali aho cyatangiye ku wa 23 Gashyantare, bazasoreza rimwe ku wa 2 Mata 2021.

Igihembwe cya kabiri bazagendera hamwe, batangire ku wa 19 Mata basoze ku wa 9 Nyakanga 2021, igihembwe cya gatatu kizatangire ku wa 2 Kanama gisozwe ku wa 17 Nzeri 2021.

TAGGED:COVID-19featuredMINEDUC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igitero Cya Mbere Cya Amerika Ku Ngoma Ya Biden, Bamwitege!
Next Article Busingye Yemeje Ko u Rwanda Ari Rwo Rwishyuye Indege Yazanye Rusesabagina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?