Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inka Israel Yahaye Umunyarwandakazi W’I Gisagara Yahise Ibyara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Inka Israel Yahaye Umunyarwandakazi W’I Gisagara Yahise Ibyara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2021 7:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko abaturage ba Israel bagabiye inka abo mu Karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Kane Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yahaye abatuye Gisagara inka zo kubafasha kwikenura. Umwe muri bo iyo yahawe yahise ibyara, isanga nawe afite uruhinja rumaze amasaha make ruvutse

Abaturage bahawe inka ni abo mu Murenge wa Musha.

Bishimiye ko inshuti z’u Rwanda zo muri Israel zabagabiye inka, kandi bavuga ko ziriya nka zizabafasha mu kwikenura, bakabona ifumbire ihagije yo gufumbira imyaka yabo.

Muhoza Eugenie, umubyeyi w’abana babiri, ni umwe mu baturage borojwe. Yavuze ko yashimishijwe no guhabwa inka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati:”Umutima wanjye uyu munsi uranezerewe. Sinzongera kwifuza amata yo guha abana cyangwa ngo imyaka irumbe, kuko ubu nzajya mbona umukamo uhoraho ndetse n’ifumbire. Intego yanjye ubu ni ukwita kuri iyi nka niteze imbere, ndetse noroze abandi batishoboye.”

Ambasaderi Ron Adam nawe wari wishimye yagize ati: “Nka Ambasade ya Isirayeli mu Rwanda twishimiye koroza imiryango 20 yo muri aka Karere ka Gisagara, cyane ko iyi ari gahunda Guverinoma y’u Rwanda isanganywe, yo guharanira ko buri muryango utishoboye mu Rwanda utunga inka ukiteza imbere ndetse udasize n’abaturanyi.”

Avuga ko akamaro k’inka ari kanini kuko itanga ifumbire, amata, amafaranga n’inyama.

Adam avuga ko amata afasha abana gukura neza kandi ifumbire ikazamura umusaruro mu bihingwa.

Mu kwezi kw’Ugushyingo umwaka ushize Ambassade ya Isirayeli mu Rwanda yatanze inka 22.

- Advertisement -

Mu Ukuboza, 2020, hari itsinda ry’abaturage ba Israel bagabiye  inka 22 abatuye Umurenge wa Bushekeri muri Nyamasheke.

Icyo gihe umwe mu baturage bagabiwe  inka witwa Pierre Ntakirutimana akaba atuye mu mudugudu wa Kamina, Akagari ka Mpumbu, mu Murenge wa Bushekeri, mu Karere ka Nyamasheke.

Nawe yavuze ko iriya nka yahawe izamufasha mu kongera umusaruro w’ibyo yezaga kandi akabona amata yo guha abana.

Ikigo cy’abanya Israel gishinzwe iterambere mpuzamahanga kitwa Mashav nicyo kiri gufasha Abanyarwanda muri gahunda ya Girinka.

Mashav ni ikigo cyatangijwe n’umugore wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Israel witwaga Golda Meir.

Agitangiza yari  Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ariko nyuma aza kuba uw’Intebe Madamu Golda Meir.

Yari agamije kuzamura ubufatanye n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere.

Ambasaderi Ron Adam yagabiye umubyeyi wari umaze igihe gito abyaye, iyo nka nayo ihita ibyara
TAGGED:AdamAmbasaderifeaturedIsraelMeirRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hagiye Kubakwa Ikigo Gikomeye Kigisha Ikoranabuhanga
Next Article Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?