Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkiko ‘Zikomeje’ Gutesha Agaciro Iby’Indishyi Zisabwa N’Abavuga Ko Bangirijwe Na FLN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Inkiko ‘Zikomeje’ Gutesha Agaciro Iby’Indishyi Zisabwa N’Abavuga Ko Bangirijwe Na FLN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2022 9:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’ubujurire rwaraye rutesheje agaciro ikirego mu bujurire cyatanzwe n’abantu 22 bavuga ko bangirijwe ibyabo n’abarwanyi ba FLN. Uku kugitesha agaciro gukozwe nyuma y’uko n’Urukiko rukuru narwo rwagitesheje agaciro rukavuga ko ‘nta bimenyetso bifatika’ batanga.

Abashaka guhabwa indishyi ni abantu 22 bo mu Murenge wa Nyabimata baregera indishyi mu rubanza Paul Rusesabagina aregwamo n’abandi barwanyi 22 bakoranaga nawe mu mutwe wa MRCD-FLN wagabye ibitero mu Murenge imwe y’Akarere ka Nyaruguru na Nyamagabe ikica abantu ikangiza n’imitungo yabo.

Abagize Inteko iburanisha y’Urukiko rw’Ubujurire bateze amatwi birambuye bamwe mu baruregeye basaba indishyi z’akababaro kubera imitungo yabo bavuga ko yangijwe n’abarwanyi ba FLN.

Nyuma yo kuvuga ib’ikirego cyabo, ubunganira yavuze ko impamvu urukiko rukuru rwanze ubujurire bwabo ari uko ‘nta bimenyetso’ bagaragaje bijyanye n’imitungo baregera.

Ikindi gitangaje ni uko abo baregera indishyi batagaragara no kuri raporo ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyabimata bwagejeje ku rukiko, ikaba ari raporo yerekanaga abanjirijwe na bariya barwanyi.

Umwunganizi w’abaregera indishyi yabanje kunenga icyemezo cy’urukiko rukuru cyo kudaha agaciro ikirego cy’indishyi cy’abakiliya be ndetse asaba abagize inteko iburanisha mu rw’ubujurire kusuzumana ubushishozi kiriya kirego.

Yasabye ko n’iriya raporo yiganwa ubwitonzi.

Aha ariko hari bamwe mu baregera ziriya ndishyi bavuze ko kubera imiterere y’uburyo biriya bitero byagabwe, bigoye ko ababirokotse babona ibimenyetso urukiko rukuru rwabasabye.

Bavuga ko nk’amatungo yasahurwaga, imyaka batwaraga ndetse n’ibikoresho byo mu rugo bitandukanye benshi babyikorezwaga n’aba barwanyi ba FLN k’uburyo kubifatira amafoto byari kuba bigoye.

Ngo icyari ingenzi muri kiriya gihe kwari ugukiza amagara yabo.

No mu bujurire bisa n’ibyatewe utwatsi…

Kubera ko nta kosa abagize Inteko iburanisha mu rw’ubujurire babonye muri raporo yakozwe n’Umurenge wa Nyabimata, ikaba ari nayo yashingiweho n’urukiko rukuru mu gufata umwanzuro, abacamanza bo mu Urukiko rw’ubujurire nabo basanze nta kosa urukiko rukuru rwakoze.

Byatumye nabo badaha ishingiro ikirego cy’indishyi za bariya bantu 22.

Aha uwunganira aba baregera indishyi  ntiyanyuzwe, ahubwo yasabye urukiko kuzasuzuma iyi mitungo yangijwe neza, abaregera indishyi ari nabo aburanira bakazahabwa ubutabera.

Urubanza rwasubitswe nta mwanzuro ufashwe kuri iyo ngingo, bikaba biteganyijwe ko ruzakomeza ku wa Mbere.

 

TAGGED:featuredFLNIndishyiNyabimataRusesabaginaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Wa Gatatu Ku Isi Yakize Sida
Next Article Putin Ari Kugerageza Ukwihangana Kw’Abashyigikiye Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?