Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkiko ‘Zikomeje’ Gutesha Agaciro Iby’Indishyi Zisabwa N’Abavuga Ko Bangirijwe Na FLN
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Inkiko ‘Zikomeje’ Gutesha Agaciro Iby’Indishyi Zisabwa N’Abavuga Ko Bangirijwe Na FLN

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2022 9:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’ubujurire rwaraye rutesheje agaciro ikirego mu bujurire cyatanzwe n’abantu 22 bavuga ko bangirijwe ibyabo n’abarwanyi ba FLN. Uku kugitesha agaciro gukozwe nyuma y’uko n’Urukiko rukuru narwo rwagitesheje agaciro rukavuga ko ‘nta bimenyetso bifatika’ batanga.

Abashaka guhabwa indishyi ni abantu 22 bo mu Murenge wa Nyabimata baregera indishyi mu rubanza Paul Rusesabagina aregwamo n’abandi barwanyi 22 bakoranaga nawe mu mutwe wa MRCD-FLN wagabye ibitero mu Murenge imwe y’Akarere ka Nyaruguru na Nyamagabe ikica abantu ikangiza n’imitungo yabo.

Abagize Inteko iburanisha y’Urukiko rw’Ubujurire bateze amatwi birambuye bamwe mu baruregeye basaba indishyi z’akababaro kubera imitungo yabo bavuga ko yangijwe n’abarwanyi ba FLN.

Nyuma yo kuvuga ib’ikirego cyabo, ubunganira yavuze ko impamvu urukiko rukuru rwanze ubujurire bwabo ari uko ‘nta bimenyetso’ bagaragaje bijyanye n’imitungo baregera.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikindi gitangaje ni uko abo baregera indishyi batagaragara no kuri raporo ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyabimata bwagejeje ku rukiko, ikaba ari raporo yerekanaga abanjirijwe na bariya barwanyi.

Umwunganizi w’abaregera indishyi yabanje kunenga icyemezo cy’urukiko rukuru cyo kudaha agaciro ikirego cy’indishyi cy’abakiliya be ndetse asaba abagize inteko iburanisha mu rw’ubujurire kusuzumana ubushishozi kiriya kirego.

Yasabye ko n’iriya raporo yiganwa ubwitonzi.

Aha ariko hari bamwe mu baregera ziriya ndishyi bavuze ko kubera imiterere y’uburyo biriya bitero byagabwe, bigoye ko ababirokotse babona ibimenyetso urukiko rukuru rwabasabye.

Bavuga ko nk’amatungo yasahurwaga, imyaka batwaraga ndetse n’ibikoresho byo mu rugo bitandukanye benshi babyikorezwaga n’aba barwanyi ba FLN k’uburyo kubifatira amafoto byari kuba bigoye.

- Advertisement -

Ngo icyari ingenzi muri kiriya gihe kwari ugukiza amagara yabo.

No mu bujurire bisa n’ibyatewe utwatsi…

Kubera ko nta kosa abagize Inteko iburanisha mu rw’ubujurire babonye muri raporo yakozwe n’Umurenge wa Nyabimata, ikaba ari nayo yashingiweho n’urukiko rukuru mu gufata umwanzuro, abacamanza bo mu Urukiko rw’ubujurire nabo basanze nta kosa urukiko rukuru rwakoze.

Byatumye nabo badaha ishingiro ikirego cy’indishyi za bariya bantu 22.

Aha uwunganira aba baregera indishyi  ntiyanyuzwe, ahubwo yasabye urukiko kuzasuzuma iyi mitungo yangijwe neza, abaregera indishyi ari nabo aburanira bakazahabwa ubutabera.

Urubanza rwasubitswe nta mwanzuro ufashwe kuri iyo ngingo, bikaba biteganyijwe ko ruzakomeza ku wa Mbere.

 

TAGGED:featuredFLNIndishyiNyabimataRusesabaginaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Wa Gatatu Ku Isi Yakize Sida
Next Article Putin Ari Kugerageza Ukwihangana Kw’Abashyigikiye Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?