Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkingo 500 000 Za COVID Twakiriye Zatumye Dukingira 3% By’Abanyarwanda- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Inkingo 500 000 Za COVID Twakiriye Zatumye Dukingira 3% By’Abanyarwanda- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 5:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abandi bayobozi mu nama yasuzumaga uko inkingo za COVID-19 zitangwa muri gahunda ya COVAX ko u Rwanda rwahawe inkingo 500 000 za kiriya cyorezo kandi ko rumaze gukingira 3% by’abarutuye.

Intego yarwo ni uko bitarenze Nyakanga 2022 ruzaba rwakingiye abarenga 60%.

Perezida Kagame yashimye abagira uruhare mu gukwirakwiza ziriya nkingo mu bihugu bikennye ariko avuga ko hakiri akazi kenshi kuko hakiri abandi baturage batarakingirwa kandi babikeneye.

Avuga ko Afurika ari yo ifite ikibazo kinini cyo kutabona ziriya nkingo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yasabye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi, abagize ihuriro rya GAVI n’abandi bari mu mugambi wo gufasha Afurika kubona inganda zikora inkingo, kubishyiramo ingufu.

Ati: “ Tugomba kongera imbaraga dushyira mu gutuma Afurika ibona uruganda rwayo rukora inkingo muri rusange n’inkingo za COVID-19 by’umwihariko . Hagati aho tugomba gushaka ahantu henshi twakura inkingo zo gutanga muri gahunda ya COVAX, ibi bikajyanirana no gushaka uko ruriya ruganda rwakubakwa vuba.”

Iriya nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ikaba yari yitabiriwe n’abandi banyacyubahiro barimo Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani Yoshihide Suga n’abandi.

Abanyarwanda bari guhabwa dose ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19…

Mu minsi mike ishize Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yakiriye inkingo 247.000 za AstraZeneca, zizatangira gutangwa kuri uyu wa Gatandatu w’Icyumweru gishize haherewe ku bahawe urukingo rwa mbere rwa COVID-19, bari bategereje urwa kabiri.

- Advertisement -

Mu itangazo Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC icyo gihe, cyavuze ko ziriya nkingo zabonetse binyuze mu bufatanye bw’ibihugu bugamije gukwirakwiza inkingo za COVID-19, COVAX, harimo izigera ku 117.600 zatanzwe n’u Bufaransa.

Perezida w’icyo gihugu aherutse mu Rwanda, akaba yatangaje ko yaje mu Rwanda  azitwaje.

Perezida Paul Kagame yahise anamishimira ku bw’iriya mpano.

 

Inkingo za AstraZenica nizo zimaze guhabwa abantu benshi ku isi no mu Rwanda by’umwihariko
TAGGED:AfurikaCOVAXCOVID-19featuredKagameRwandaUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yoherereje Ubutumwa Perezida Suluhu Wa Tanzania
Next Article Nigeria ‘Ishobora’ Guhindura Izina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?