Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inkingo 500 000 Za COVID Twakiriye Zatumye Dukingira 3% By’Abanyarwanda- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Inkingo 500 000 Za COVID Twakiriye Zatumye Dukingira 3% By’Abanyarwanda- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 June 2021 5:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abandi bayobozi mu nama yasuzumaga uko inkingo za COVID-19 zitangwa muri gahunda ya COVAX ko u Rwanda rwahawe inkingo 500 000 za kiriya cyorezo kandi ko rumaze gukingira 3% by’abarutuye.

Intego yarwo ni uko bitarenze Nyakanga 2022 ruzaba rwakingiye abarenga 60%.

Perezida Kagame yashimye abagira uruhare mu gukwirakwiza ziriya nkingo mu bihugu bikennye ariko avuga ko hakiri akazi kenshi kuko hakiri abandi baturage batarakingirwa kandi babikeneye.

Avuga ko Afurika ari yo ifite ikibazo kinini cyo kutabona ziriya nkingo.

Yasabye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi, abagize ihuriro rya GAVI n’abandi bari mu mugambi wo gufasha Afurika kubona inganda zikora inkingo, kubishyiramo ingufu.

Ati: “ Tugomba kongera imbaraga dushyira mu gutuma Afurika ibona uruganda rwayo rukora inkingo muri rusange n’inkingo za COVID-19 by’umwihariko . Hagati aho tugomba gushaka ahantu henshi twakura inkingo zo gutanga muri gahunda ya COVAX, ibi bikajyanirana no gushaka uko ruriya ruganda rwakubakwa vuba.”

Iriya nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ikaba yari yitabiriwe n’abandi banyacyubahiro barimo Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani Yoshihide Suga n’abandi.

Abanyarwanda bari guhabwa dose ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19…

Mu minsi mike ishize Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yakiriye inkingo 247.000 za AstraZeneca, zizatangira gutangwa kuri uyu wa Gatandatu w’Icyumweru gishize haherewe ku bahawe urukingo rwa mbere rwa COVID-19, bari bategereje urwa kabiri.

Mu itangazo Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC icyo gihe, cyavuze ko ziriya nkingo zabonetse binyuze mu bufatanye bw’ibihugu bugamije gukwirakwiza inkingo za COVID-19, COVAX, harimo izigera ku 117.600 zatanzwe n’u Bufaransa.

Perezida w’icyo gihugu aherutse mu Rwanda, akaba yatangaje ko yaje mu Rwanda  azitwaje.

Perezida Paul Kagame yahise anamishimira ku bw’iriya mpano.

 

Inkingo za AstraZenica nizo zimaze guhabwa abantu benshi ku isi no mu Rwanda by’umwihariko
TAGGED:AfurikaCOVAXCOVID-19featuredKagameRwandaUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yoherereje Ubutumwa Perezida Suluhu Wa Tanzania
Next Article Nigeria ‘Ishobora’ Guhindura Izina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?